Amakipe ya MAGIC FC yo mu Karere ka Muhanga yihariye ibihembo bikuru mu marushanwa yo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.
Iyo winjiye mu Mujyi wa Muhanga, waba uva i Kigali cyangwa ugana yo, utungurwa n’ubwiza bw’inyubako nshya ya Gare ya Muhanga, ibura amezi abiri ngo itahwe ku mugaragaro.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB kiratangaza ko buri wa gatanu w’icyumweru kizajya gihura n’abashoramari bakorera mu Rwanda, mu rwego rwo guhana amakuru yo kunoza ishoramari.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko atarumva impamvu hari abayobozi biyemeza gukora ibintu runaka biteza imbere igihugu ariko ibyo biyemeje ntibabishyire mu bikorwa.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga rwemeje ko ikirego cya Dr. Niyitegeka Theoneste atari impaka zijyanye no kurangiza imanza nk’uko yari yabiregeye.
Ubushinjacyaha mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga bwasabiye Dr. Leopold Munyakazi igifungo cya burundu y’umwihariko kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bumukurikiranyeho.
Munyanshoza Dieudonné ahamya ko kurokora Abatutsi bari bahungiye i Kabgayi byabasabye iminsi ine, bataruhuka, barwana na Ex FAR.
Uwahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku yarangije amasomo yo mu ishuri ry’imbonezamirire mu Karere ka Muhanga.
Urubanza rwa Dr. Léoprd Munyakazi rwabaye ruhagaritswe nyuma y’uko yanze umucamanza (yihannye) umuburanisha mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga.
Kiliziya gatorika mu Rwanda yavuye ku izima yemerera mu ruhame abihayimana bayo gutobora bakavuga ku ruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hagamijwe gukomeza kubaka ubumwe Abanyarwanda bamaze imyaka baharanira.
Miss Rwanda, Elsa Iradukunda yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi anasura incike za Jenoside yakorewe Abatutsi zituye mu mu Karere ka Muhanga.
Abacitse ku icumu bo mu Murenge wa Kinazi by’umwihariko mu Kagari ka Gisali ahazwi nka Gisali na Kibanda mu yahoze ari Komini Ntongwe, bavuga ko umusozi wa Nyiranduga wabarindaga ibitero by’abicanyi kuva mu 1959 Jenoside itangira kugeragezwa.
Rusagara Alexis warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, uvuka mu Murenge wa Kinazi muri Ruhango yohererejwe ubutumwa bugufi (SMS) buvuga ko we na bagenzi be bazicwa.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Muhanga baravuga ko babangamiwe no gukurwa ku nkunga ya FARG bagashyirwa mu byiciro by’ubudehe.
Nyampinga w’Akagari ka Rukaragata mu Murenge wa Mushishiro muri Muhanga, arifuza guhura na Miss Rwanda kugira ngo bungurane inama.
Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) Prof. Shyaka Anastase, atangaza ko imiyoborere myiza ari cyo gisubizo kirambye cy’iterambere ry’u Rwanda na Afurika.
Abagize AERG/GAERG bahaye inka umukecuru witwa Rose Mukarurinda bamushimira kubera ukuntu yahishe akanonsa uruhinja rw’amezi atatu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida wa Banki y’isi Jim Yong Kim atangaza ko ikoranabuhanga ryo gutwara amaraso hifashishijwe indege ntoya za “Drones” ari ntagereranywa kuko nta handi arabibona ku isi.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rugeramigozi baravuga ko umusaruro wabo ukomeje kwiyongera uko bagenda batunganya igishanga n’inkengero zacyo.
Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC) ruranenga abayobozi bandagaza abanyamakuru mu ruhame kabone nubwo baba bafitanye ikibazo cy’umwihariko n’abanyamakuru.
Imirenge ya Kibangu, Nyabinoni na Rongi niyo yonyine yo mu gice cya Ndiza muri Muhanga itaragezwamo amashanyarazi kandi bahora bayasaba.
Bamwe mu bakuriye isuzuma ry’imihigo banenze imwe mu mihigo ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwashyize mu mihigo, bavuga ko bisanzwe mu nshingano basabwa.
Ikamyo ebyiri zagonganiye ahitwa "Mu Rwabashyashya" mu Karere ka Kamonyi zifatwa n’inkongi y’umuriro zirakongoka.
Izabayo Marie Grace ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’Akagari ka Rukaragata 2017, mu Murenge wa Mushishiro, mu Karere ka Muhanga.
Abaturage bo mu Kagari ka Rukaragata mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga bagiye kongera gutora Miss w’Akagari kabo.
Abatozwa b’impeshakurama za Minisiteri y’ubuzima muri Muhanga barifuza ko itorero ryamanuka rikagera no ku bana b’imyaka 10 kugira ngo bazakurane umuco w’ubutore.
Raporo ya Banki y’Isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bihugu byoroshya ishoramari n’ubucuruzi.
Umuntu umwe yitabye Imana abandi 22 barakomereka mu mpanuka y’imodoka yabereye i Nyarusange mu Karere ka Muhanga.
Bamwe mu bagabo bahohoteraga abagore babo muri Ruhango bavuga ko badindiye mu iterambere kubera kudakorera hamwe n’abo bashakanye, aho babihagarikiye, batangira kuzamuka.
Uwanyirigira Consolée wo mu Karere ka Muhanga yatangaje ko yigiye ku muco wa Perezida Kagame wo gusangira n’abana Noheli n’Ubunani, akabitangiza muri Muhanga.