Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yatangaje ko umwe mu bakekwaho kwica umumotari bakamwambura moto mu Karere ka Muhanga uzwi ku izina rya Munyu yarashwe agapfa agerageza gucika inzego z’umutekano.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko kuri uyu wa Mbere tariki 27 Nyakanga 2020, rwerekana abantu batanu bakekwaho kwica umumotari bakanamutwara moto ye mu Karere ka Muhanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko nubwo hari ibibazo bikigoranye mu kubaka ibyumba by’amashuri, ukwezi kwa Nzeri 2020 kuzagera ibyo byumba byuzuye.
Umugenzuzi Mukuru w’Ubushinjacya Marius Jules Ntete, aratangaza ko hari ibyaha bikorwa ariko bikitwa amakosa, ndetse ugasanga ababikoze bagarutse inshuro zirenze imwe muri raporo z’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, ariko ntibakurikiranwe.
Miniteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko hakiri kare ngo abafite ibikorwa by’utubari bemererwe gufungura kuko byatuma ubwandu bwa COVID-19 burushaho gukwirakwira.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, aravuga ko hari gukorwa iperereza ngo hamenyekane aho imyenda igaragara ko ari iy’umupolisi w’u Rwanda w’ipeti ry’inyenyeri ebyiri, (Inspector of Police) yaba yaraturutse ngo igere ku mujura uherutse gufatwa ayambaye.
Star times irageza ku Banyarwanda n’isi muri rusange imikino ya ½ cya FA Cup kuri Stade ya Wemble muri iyi weekenda. Yashyize igorora abakunzi b’umupira w’amaguru by’umwihariko abakunda shampiyona y’u Bwongereza ndetse na FA CUP aho amakipe yo mu Bwongereza ahatanira igikombe gitangwa n’Umwamikazi Elizabeth.
Polisi mu Karere ka Kirehe yataye muri yombi Nsengiyumva Abass w’imyaka 19, nyuma yo gufatwa n’abaturage bo mu Murenge wa Nyamugali yagiye kwiba yambaye imyenda ya Polisi y’u Rwanda iriho n’amapeti ya Polisi.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe byahagaritse by’agateganyo serivizi z’abarwayi babiganaga bivuza bataha.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yize ku cyorezo cya Coronavirus yanzura ko insengero zemerewe gukora ariko uburenganzira bwo gufungura bugatangwa n’inzego z’ibanze zimaze kugenzura niba zubahirije amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Shyaka Anastase yasabye abayobozi b’uturere tw’Intara y’Amajyepfo kuyoboka Guverineri mushya wagiye kuri uwo mwanya yari asanzwe ayobora akarere nka mugenzi wabo, anaboneraho kwibutsa Guverineri mushya ko atashyiriweho kuza gusimbura abayobozi b’uturere mu nshingano.
Nsabimana Callixte ukurikiranywe n’ubushinjacyaba bw’u Rwanda ku byaha yakoze ubwo yari umuvugizi w’umutwe w’iterabwoba wa FLN, yaburanye yemera ibyaha yakoze ubwo yari muri uwo mutwe ariko ahakana ko akiga no muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) yari icyigomeke.
Urukiko Rukuru, urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruherereye i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo kuri uyu wa 13 Nyakaga 2020 rwasubukuye urubanza ubushinjacyaha buregamo Nsabimana Callixte.
Abikorera bo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke baratangaza ko guhabwa uburenganzira nk’abandi Banyarwanda byatumye bafungurirwa amarembo na bo barakora biteza imbere.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Musenyeri John Rucyahana asaba Abanyarwanda baba mu mahanga gukomeza kuzirikana Ubunyarwanda aho kwiyumvamo abanyamahanga.
Abatishoboye basenyewe n’ibiza batujwe mu Kagari ka Kabugondo mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, barasaba ubufasha kuko ibiza byabasize iheruheru kandi bakaba badafite imirimo bakuraho amafaranga ngo biteze imbere.
Kwizera Christelle wakoze umushinga wo kugeza amazi meza ku baturage akoresheje ikoranabuhanga bise ‘Inuma’ aratangaza ko ageze ku gishoro cya Miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.
Miliyari hafi 20frw ni zo zizakoreshwa n’Akarere ka Muhanga mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021 nk’uko yemejwe n’inama njyanama y’Akarere ka Muhanga.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) Prof. Jean Bosco Harerimana aratangaza ko buri mudugudu ugiye kugira ikigo cyinjiza inyungu binyuze muri za koperative mu rwego rwo gushyira mu bikorwa intego za gahunda ya Leta y’imyaka irindwi mu kuzahura ubukungu.
Abahinzi ba kawa bibumbiye muri Koperative Duterane Inkunga Sholi mu Karere ka Muhanga barashishikariza Abanyarwanda gukunda umurimo kugira ngo bubake u Rwanda bifuza.
Niringiyimana Emmanuel wo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi uzwiho kuba yarahanze umuhanda w’ibirometero birindwi wenyine aratangaza ko amafaranga amaze kumushirana ku buryo kurangiza kwagura uwo muhanda ku buryo imodoka ziwucamo bitamworoheye.
Uturere tugize Intara y’Iburengerazuba twashyize imbaraga mu kubakira imiryango itari ifite amacumbi no kubegereza ibikorwa remezo by’amazi n’amashanyarazi mu rwego rwo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’umuturage.
Niringiyimana Emmanuel wo mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Murambi wavuzweho kuba yarahanze umuhanda w’ibirometero birindwi wenyine, yishyuriye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) abantu 160 bakomoka mu miryango 30 muri ako karere.
Abantu bane bo mu Karere ka Rutsiro bapfiriye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro, abandi batatu barakomereka ubwo bari mu bikorwa byo gucukura binyuranyije n’amategeko kuko ikirombe bacukuragamo cyari gifunzwe, nk’uko ubuyobozi bubivuga.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo baravuga ko biyemeje gufatanya n’inzego zitandukanye kugira ngo bitarenze ukwezi kwa Nzeri 2020 ibyumba by’amashuri bizabe byuzuye.
Inzego z’ubutabera mu Rwanda zitangaza ko gukurikirana ibyaha by’ingebitekerezo n’ibifitanye isano na yo bigira uruhare mu gushimangira ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.
Abasora bacururiza mu isoko rya Muhanga barasaba kugabanyirizwa imisoro n’ubukode bw’ibibanza bakoreramo kuko bakoze iminsi mike y’ukwezi ugereranyije n’iyo bakoraga mu bihe bisanzwe.
Sosiyete y’itumanaho MTN ishami rya Mobile Money (MOMO) rishinzwe kwishyurana amafaranga hakoreshejwe telefone zigendanwa, iratangaza ko nta mugenzi ukwiye gukatwa amafaranga igihe yishyuye urugendo akoresheje (MOMO) kuko iyo serivisi ari ubuntu.
Urugereko rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka mu karere ka Nyanza rwasubitse urubanza ruregwamo Callixte Nsabimana ku byaha bitandukanye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda yakoreye mu Rwanda no mu mahanga.
Abamotari bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bishimira gusubukura akazi ariko ko abagabo bari kubagora kuko bibagirwa kuza bitwaje udutambaro two kwambara imbere y’ingofero y’ubwirinzi (casque).