• Ukekwaho ubujura yafungiranywe mu nzu bayimushakiyemo baramubura

    Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Barija B, Akagari ka Barija, Umurenge wa Nyagatare, baribaza niba umuntu bikekwa ko yari umujura agakingiranwa mu nzu, niba yari umuntu nyawe cyangwa igini kuko inzego z’umutekano zahageze zikamushakira mu nzu zigaheba, ntihaboneka n’aho yaciye agenda mu gihe n’inzu yari igoswe.



  • Ndagijimana yazindutse adoda inkweto nk

    Nyagatare: Hari abizihije ubunani bari mu mirimo isanzwe

    Umunsi Mukuru utangira umwaka wa 2023, bamwe mu baturage ba Nyagatare bahisemo kuwutangirira mu mirimo isanzwe, kuko ngo kuwutangira udakora ari ukwikururira ubunebwe n’ubukene.



  • Kubaka ubwiherero byadindijwe n

    Nyagatare: Umuhigo wo kubaka ubwiherero wadindijwe n’imvura nyinshi

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko bagiye gukoresha imbaraga zishoboka ku buryo bitarenze ukwezi kwa Mutarama 2023, ikibazo cyo kubaka ubwiherero cyadindijwe n’imvura nyinshi kizaba cyarangiye kuko hatangiye kuboneka imicyo.



  • Iburasirazuba: Babiri baguye mu mpanuka zo mu minsi ya Noheli

    Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba iratangaza ko ku munsi ubanziriza Noheri, kuri Noheli no mu rukerera rwayo, mu Turere dutandukanye tugize iyi Ntara, habaye impanuka eshanu harimo iza Moto enye n’imodoka imwe, zihitana ubuzima bw’abantu babiri, batandatu barakomereka abandi batatu bakaba bafunze bazira gutwara (…)



  • Ibiciro bihanitse: Imbogamizi mu kwizihiza Noheli

    Mu gihe mu Rwanda kimwe n’ahandi hirya no hino ku Isi bizihiza iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani, bamwe mu baturage bavuga ko iyi minsi mikuru batarimo kuyizihiza neza kubera ibiciro by’ibiribwa bihanitse.



  • Ababanza ibumoso ni abayobozi ba Nyagatare, abakurikiraho ni aba Tanzania bitabiriye igikorwa cyo guhererekanya izo nka

    U Rwanda rwashyikirije Tanzania inka zari zibweyo

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Ukuboza 2022, ku mupaka wa Rusumo, Akarere ka Nyagatare kashyikirije ubuyobozi bwa Tanzania inka 11 zafatiwe mu Rwanda bikekwa ko zibwe umworozi wo muri Tanzania.



  • Imirimo yo kubaka umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare irarangirana muri Mutarama 2023

    Umuhanda Nyagatare-Rukomo uzaba wuzuye bitarenze Mutarama 2023

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), kivuga ko muri Mutarama 2023, imirimo yo kubaka umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare izaba yarangiye, abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bahahirana n’abo mu Ntara y’Iburasirazuba, cyane Uturere twa Gatsibo na Nyagatare.



  • Basangijwe ubumenyi ku mikorere y

    Ngoma na Gicumbi barigiranaho uko bateza imbere ubuhinzi n’ubworozi

    Akarere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba n’aka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, batangiye kugirana umubano wihariye ugamije kungurana ubumenyi buganisha ku kuzamura umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi.



  • Rwamagana: Umukozi ushinzwe ubutaka afunzwe akekwaho ruswa

    Umukozi w’Umurenge wa Nzige ushinzwe serivisi z’ubutaka, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Nzige, akekwaho kwaka abaturage ruswa kugira ngo abahe serivisi.



  • Bamwe mu bahinga umuceri bavuga ko igiciro ari gito bagereranyije n

    Abahinzi b’umuceri bakiriye bate igiciro fatizo cyashyizweho?

    Bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaje ko batanyuzwe n’igiciro fatizo cy’umuceri udatonoye giherutse gutangazwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda. Ni igiciro inganda zitunganya umuceri zitagomba kujya munsi zigurira umuhinzi umusaruro we.



  • Urubyiruko rwasabwe gukunda Igihugu rutizigamye

    Urubyiruko mu Karere ka Rwamagana rwasabwe gukunda Igihugu rutizigamye, gukora cyane no kwigira ku mateka y’Inkotanyi zabohoye Igihugu bagakora ibibateza imbere ubwabo n’Igihugu muri rusange.



  • Igiciro cy’umuceri udatonoye cyiyongereye

    Ku wa Kabiri tariki ya 20 Ukuboza 2022, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yatangaje ibiciro fatizo bishya by’umuceri udatonoye, aho ku kilo kimwe hiyongereyeho Amafaranga y’u Rwanda ari hasi cyangwa hejuru gato ya 120, ugereranyije n’ibiciro byaherukaga mu gihembwe cy’ihinga 2022 B.



  • Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata

    Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda barasaba Guverinoma gukemura ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata, kuko hari aho aborozi bagihendwa ku giciro cy’amata n’aho ba rwiyemezamirimo bambura aborozi.



  • Kanseri y’inkondo y’umura yihariye 13.7% by’impfu z’iyo ndwara - MINISANTE

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko abarwayi ba kanseri y’inkondo y’umura, bangana na 12.6% naho 13.7% bakaba bahitanwa nayo ugereranyije n’ubundi bwoko bwa kanseri bunyuranye.



  • Ngoma: Babiri bafatanywe amahembe y’inzovu baregewe urukiko

    Ku wa 14 Ukuboza 2022, Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma, bwaregeye Urukiko dosiye y’abagabo babiri bafashwe bacuruza amahembe y’inzovu.



  • Abahawe inzu bashimiye byimazeyo Polisi y

    Ubufatanye bwa Polisi n’abaturage buzana umutekano n’amajyambere - CP Munyambo

    Umuyobozi wa Polisi ushinzwe kuyihuza n’izindi nzego, CP Bruce Munyambo, avuga ko ubufatanye bwa Polisi y’Igihugu n’abaturage buzana umutekano ndetse n’amajyambere y’abaturage.



  • Ngoma: Batatu bakurikiranyweho kwiba no gukomeretsa umumotari

    Ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza 2022, Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma, bwaregeye urukiko dosiye bukurikiranyemo abagabo babiri n’umugore umwe, bafashwe bakekwaho gukubita umumotari ndetse bakanamwi moto.



  • Gutera imiti ku nkuta hanze biri mu birinda abantu kurumwa n

    RBC irashaka uburyo abantu barindwa imibu ibarumira hanze y’inzu

    Umuyobozi wa gahunda yo kurwanya Malariya mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr Aimable Mbituyumuremyi, avuga ko hagiye gushakishwa ubundi buryo bwunganira ubwo gutera imiti yica imibu mu nzu no kuryama mu nzitiramibu, ahanini hagamijwe kurinda abarumwa n’imibu bari hanze y’inzu zabo.



  • Abamaze kubyara bahawe ibikoresho birimo ifu na teremusi

    Ngoma: Kurwanya igwingira birahera ku babyeyi batwite

    Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, avuga ko mu rwego rwo kurwanya igwingira n’imirire mibi mu bana, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa, batangiye guhera ku babyeyi batwite bakabakurikirana kugeza umwana akuze.



  • Amb. Solina Nyirahabimana

    Ruswa ni umwanzi w’Igihugu n’iterambere - Minisitiri Nyirahabimana

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera, Amb Solina Nyirahabimana avuga ko ruswa ari umwanzi w’Igihugu n’Iterambere, agasaba abaturage gutunga agatoki aho bayikeka kugira ngo bakurikiranwe n’ubutabera.



  • Hari abagabo bata ingo zabo bakajya kubaho nk’ingaragu

    Bamwe mu bagabo bavuga ko bahitamo kubaho nk’ingaragu mu bukode kubera gutinya kuvuga ihohoterwa bakorerwa mu miryango. Umugabo wo mu Kagari ka Kanyangese, Umurenge wa Rugarama, amaze umwaka ataye urugo rwe, ajya gukodesha ahandi aho abayeho mu buryo bw’ingaragu kandi yarashakanye n’umugore byemewe n’amategeko.



  • Ntibazongera kuvunwa no kugemura amata kuko umuhanda umeze neza

    Kayonza: Ikorwa ry’umuhanda Mucucu-Kageyo ryorohereje aborozi kugemura amata

    Aborozi b’Akagari ka Mucucu Umurenge wa Murundi muri Kayonza, bavuga ko ikorwa ry’umuhanda Mucucu-Kageyo ryatumye biruhutsa, kuko batabashaga kugemura amata yabo ku ikusanyirizo rito ryabegerejwe ndetse abandi ngo amata yabo akaba yatwarwaga n’abacunda, bageneraga iminsi ibiri mu cyumweru nyiri inka.



  • Minisitiri Gasana yibukije abacungagerereza kurushaho kwita ku burenganzira bw

    Abacungagereza bashya bibukijwe kubahiriza uburenganzira bw’abagororwa

    Minisitiri w’Umutekano, Gasana Alfred, yasaye abasoje amasomo abinjiza mu mwuga w’abacungagereza, kubungabunga uburenganzira bw’abagororwa no kurangwa n’indangagaciro zigenga urwego baje gukoramo.



  • Hatewe ibiti by

    Nyagatare: Abanyarwanda baba mu mahanga bateye ibiti kuri hegitari 15

    Itsinda ry’Abanyarwanda n’inshuti zabo z’Abanyamahanga baturutse mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika, u Burayi, Amerika na Asia, bifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Karangazi, Akagari ka Nyagashanga mu gutera ibiti ku buso bwa hegitari 15.



  • Urubyiruko rusanga ukunda ubuzima atatinya kugura agakingirizo

    Rumwe mu rubyiruko mu Karere ka Nyagatare ruraburira bagenzi babo batinya kujya kugura udukingirizo ngo batitwa abasambanyi, ko ibyo ari ubujiji no kudakunda ubuzima bwabo.



  • Inka bagabiye Umukuru w

    Kirehe: Abarokotse Jenoside bagabiye inka Perezida wa Repubulika

    Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Kirehe, bagabiye Perezida wa Repubulika inka y’ishimwe kubera ko yahagaritse Jenoside akanabarokora.



  • Abana muri rusange bahawe amata hagamijwe kurwanya imirire mibi

    Kirehe: Polisi yahagurukiye gufasha abantu kugira isuku no kurwanya imirire mibi

    Ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi mu Karere ka Kirehe kwahujwe no kwimakaza umuco w’isuku n’isukura ndetse no kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana ariko hanabungwabungwa umutekano.



  • Akanyamuneza kari kose ku bafashije n

    Ngoma: 36 batishoboye bashyikirijwe inzu zo kubamo

    Abaturage 36 batishoboye batagira amacumbi, mu Murenge wa Rukira, bashyikirijwe amazu yo kubamo n’ibiribwa ndetse n’ibikoresho by’isuku hagamijwe kubatuza neza no kuzamura imibereho yabo. Izi nzu zikaba zarubatswe ku bufatanye bw’Akarere, Umurenge ndetse n’uruhare rw’abaturage binyuze mu miganda.



  • Urubyiruko rwakanguriwe kwirinda Virusi itera Sida

    Ibyiciro byihariye nibyo bifite ubwandu bwinshi-ANSP+

    Umuryango Nyarwanda ufasha abagize ibyago byo kwandura Virusi itera Sida, ANSP+, uvuga ko umubare w’abandura virusi itera Sida utiyongera mu bantu basanzwe ahubwo ikibazo kiri ku byiciro byihariye birimo abakora uburaya kuko imibare igaragaza ko bari kuri 4.1% mugihe abasanzwe ubwandu buri kuri 3 %.



  • Abantu bafite ubumuga batatu borojwe inka

    Abafite ubumuga barashishikariza bagenzi babo gukora cyane

    Abafite ubumuga mu Karere ka Nyagatare basaba bagenzi babo gukora bakiteza imbere kuko ubushobozi babufite aho gusabiriza. Bimwe mu bikorwa bishimira bagezeho harimo ubworozi, ubukorikori n’ibindi.



Izindi nkuru: