Perezida wa Repubulika Paul Kagame aranenga uburyo abayobozi bakemura ibibazo by’abaturage ku buryo hari ibyo agezwaho kandi byakabaye byarakemutse kera. Yabitangarije mu ruzinduko aheruka kugirira mu turere dutandukanye tw’Amajyepfo n’Iburengerazuba, akaba yarabigarutseho by’umwihariko ubwo yari mu Karere ka Nyamagabe (...)
Ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kanama 2022, umuganda rusange usoza ukwezi kwa Kanama mu Ntara y’Iburasirazuba, wibanze ku gucukura no gusibura imirwanyasuri hagamijwe ko imirima yabo itangirika.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko uburere ababyeyi baha abana babo butarimo inyigisho z’ubuzima bw’imyororokere, ntacyo bwaba bumaze kuko bidasigana.
Bamwe mu bana basambanyijwe bagaterwa inda, bavuga ko batinye kuvuga ihohoterwa bakorewe kubera gutinya ko ababyeyi babo babirukana bakabaho nabi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet, avuga ko abatazirika ibisenge by’inzu zabo bigatwarwa n’umuyaga, batazajya bafashwa kuko baba bagize uruhare mu gusambuka kwazo.
Bamwe mu bagore mu Mirenge ya Rwimiyaga na Nyagatare bafite abana basambanyijwe bagaterwa inda, bavuga ko bakorerwa ihohoterwa n’abagabo babo bashinjwa kurera nabi nyamara bo bumva kurera byakabaye inshingano yabo bose.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Dr Eng Nsabimana Ernest, avuga ko urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo ruzatangira gutanga amashanyarazi mu mpera z’uyu mwaka wa 2022.
Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF) mu Karere ka Gatsibo, Bishyika Oliva, avuga ko uyu mwaka bihaye umuhigo wo kurandura amakimbirane binyuze muri gahunda ya ‘Ndakumva shenge’, ingo zibanye neza zibyara muri Batisimu izikiri mu makimbirane.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko yajyanywe mu bitaro bya Nyagatare aho yongererwa umwuka, naho umukobwa bararanye yitaba Imana, bikekwa ko bararanye hafi y’imbabura yaka.
Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa ebyiri ziherutse kwibwa bamwe mu bari bitabiriye inama, zabereye muri Convention Center na Marriott Hotel, hafatwa abantu bane bacyekwaho kugira uruhare muri ubwo bujura.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba abaturage kwirinda gutwika ibyatsi haba ibyo mu mirima ndetse n’ahandi, kuko muri iki gihe cy’impeshyi bitera inkongi z’umuriro bigakongeza amashyamba ya Leta n’ay’abaturage.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko, mu Ntara y’Iburasirazuba bakoze umuganda wo gusana no kubakira abatishoboye amazu yo kubamo ndetse banataha ikigo kizafashirizwamo abana b’abakobwa basambanyijwe bagaterwa inda.
Abanyamuryango ba Koperative y’abahinzi b’umuceri ‘COPRORIZ Ntende’ bageze mu zabukuru barenga 360, batangiye guhabwa amafaranga y’izabukuru abafasha mu mibereho, ikaba iyaha abageze ku myaka 65.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, avuga ko uburyo bushya bwo kwandika abana mu gitabo nkoranabuhanga cy’irangamimerere, bwatanze umusaruro ukomeye kuko mu mwaka wa 2021, kwandika abana byageze ku kigereranyo cya 84.2% bavuye kuri 53% mu 2015, bivuze ko habayehoizamuka rya 31.2%.
Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Gatsibo, Sibomana Said, avuga ko hagiye kuba impinduka mu mijyi igize aka Karere haba mu mitangire ya serivisi, imiturire n’uburyo ubucuruzi bukorwa, hagamijwe gukurura abashoramari ariko n’ubwiza bwayo.
Ubuyobozi bwa Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba buvuga ko mu mezi atandatu gusa y’uyu mwaka wa 2022, mu Turere turindwi tugize iyi Ntara hamaze kwibwa Televiziyo 123 na Mudasobwa 133.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko ubuyobozi budashobora kwihanganira ikintu cyose gishobora gukoma mu nkokora iterambere, ndetse n’icyateza amacakubiri mu Banyarwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Solina Nyirahabimana, avuga ko iyo ibibazo by’amakimbirane mu miryango bikemuwe haba harwanyijwe ibindi byinshi biyashamikiyeho nk’igwingira ry’abana, guta ishuri, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ubukene n’ibindi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko gusura ibigize amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu bibubakamo indangagaciro yo kumvira, ubwitange no kwihangana ndetse no gushingira kuri bike bagakora byinshi biganisha umuturage ku iterambere.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana yasabye abayobozi gukora ibishoboka byose ubutaka butabyazwa umusaruro bugakoreshwa hagamijwe kuwongera.
Imiryango 124 kuri 140 yo mu Murenge wa Nyagihanga yasabwe kuzamura amazu igahabwa isakaro, yatangiye kurihabwa nyuma y’igihe kitari gito bari bamaze baritegereje.
Polisi ikorera mu Karere ka Nyagatare yafatanye uwitwa Mukurizehe Damascene litiro 40 za kanyanga naho izindi 98 zifatirwa mu Mirenge ya Matimba na Karama, abari bazizanye bariruka.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Nyakanga 2022, mu muganda usoza ukwezi, mu Ntara y’Iburasirazuba wibanze ku bikorwa byo kurwanya isuri, kubaka irerero no gusukura imijyi.
Perezida wa Sena Dr. Iyamuremye Augustin, yibukije abaturage b’Akarere ka Nyagatare, ko bafite umukoro wo kubaza inshingano abo bitoreye, ndetse byaba ngombwa bakabasanga aho bakorera.
Akarere ka Nyagatare kungutse umufatanyabikorwa mushya witwa Crystal Connect uzafasha abatishoboye ibihumbi icumi (10,000) kubona amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.
Perezida w’Inteko Inshinga Amategeko umutwe wa Sena, Dr Augustin Iyamuremye, avuga ko mu myaka ibiri n’igice basigaje muri manda yabo, bagiye kurushaho gushyira imbaraga mu gusura abatura no kubegera, hagamijwe kumenya uruhare bagira muri gahunda n’ibindi bikorwa bagenerwa, n’ibibazo bahura nabyo kugira ngo babone ibyo (...)
Umuyobozi mukuru ushinzwe Ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iyohereza mu Mahanga ry’Ibikomoka ku buhinzi (NAEB), Sandrine Urujeni, avuga ko 24% by’ibiti bya kawa bikeneye gusazurwa kuko bitagitanga umusaruro ukwiye.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare buvuga ko irushanwa ‘Ubumwe Bwacu’ ari ingirakamaro mu bukangurambaga ku bibazo bibangamiye urubyiruko harimo inda zitateganyijwe ndetse n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS), Shema Maboko Didier, avuga ko amanyanga yakorwaga mu mikino ihuza ibigo by’amashuri arangiranye n’uyu mwaka, ko utaha nta muntu uzajya akinira ishuri kubera ko ifite ikarita yaryo gusa, ahubwo agomba kuba yanditse muri sisiteme muri Minisiteri y’Uburezi.
Imiryango 24 y’abahoze ari abasirikare bakaza gusubizwa mu buzima busanzwe ariko bigaragara ko batishoboye, bahawe inzu zo kubamo basabwa gufatanya n’abandi basanze mu bikorwa bibateza imbere.