Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye kurangiza ikibazo cy’ihohoterwa ry’abana, binyuze mu biganiro n’abaturage bizakorwa biciye mu cyumweru cyahariwe Umujyanama.
Ku wa Kane tariki ya 28 Mata 2022, abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda bashinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu n’ibindi byaha (ASOC), bafashe uwitwa Ndayishimiye Theophile na Murengera Narcisse, bafashwe bacuruza amavuta yangiza uruhu azwi ku izina rya Mukorogo.
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative, avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bagifite intimba ku mutima y’ababo biciwe mu rusengero rwa EAR Paruwasi ya Midiho bataboneka ngo bashyingurwe mu cyubahiro.
Umuyobozi w’Umudugudu wa Mpandu, Akagari ka Karama, Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma, Habihirwe Libere, avuga ko mu rwego rwo gukemura amakimbirane mu miryango no kugirana inama hagati y’ababyeyi, mu nzu y’ibiro by’Umudugudu wabo bashyizemo icyumba kitwa Akarago k’ababyeyi, aho bagira inama umugore wateshutse ku (...)
Mu turere twa Gatsibo na Kayonza hadutse udusimba turya ubwatsi bw’amatungo ndetse n’imyaka, ku buryo umurima tugezemo nta musaruro uba witezweho.
Umukozi w’Akarere ka Kirehe uyobora ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi n’Umutungo kamere Nsengimana Janvier avuga ko kugira umusaruro w’ibigori wujuje ubuzirange byatumye babona abaguzi benshi kuburyo abahinzi batagihendwa n’abamamyi.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu Ntara y’Iburasirazuba rwihaye igihe cy’amezi atatu kuba rwakemuye bimwe mu bibazo bibangamiye imibereho myiza y’umuturage, harimo kurarana n’amatungo ndetse n’imirire mibi mu bana.
Abaturage bakoresha umuhanda uhuza Akarere ka Ngoma na Rwamagana, bavuga ko wahagaritse ubuhahirane bwabo kuko wuzuyemo amazi ahitwa Cyaruhogo, ku buryo abadashoboye kunyura mu mazi batanga amafaranga yo kubaheka mu mugongo.
Abarokotse Jenoside mu Murenge wa Rukumberi, Akarere ka Ngoma, barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside muri Rukumberi bafatwa bagahanwa kuko hari abacyidegembya hanze.
Mu matora y’umukuru w’igihugu cy’u Bufaransa yabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Mata 2022, Emmanuel Macron yongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa ku majwi 58.2% mu gihe uwo bari bahanganye Marine Le Pen yagize amajwi 41.8%.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Mata 2022, ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, ubwo hibukwaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hibutswe abo mu cyiciro cy’abanyantege nke.
Hegitari 34 zihinzeho Soya mu gishanga cya Rwakabanda mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza zarengewe n’amazi biturutse ku mvura nyinshi yaraye iguye, abahinzi bakaba bavuga ko bahombye miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda bari bamaze gushoramo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Mata 2022, kimwe n’ahandi mu Gihugu, mu Turere dutandukanye tw’Intara y’Iburasirazuba hakozwe umuganda ugamije kurwanya isuri, ahacukuwe imirwanyasuri ndetse iyasibye irasiburwa.
Nyuma y’urupfu rw’uwigeze kuba Perezida wa Kenya, Mwai Kibaki, hatangiye iminsi y’icyunamo izarangira ari uko ashyinguwe. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022, Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, yatangaje ko Mwai Kibaki yitabye Imana kandi ko Igihugu cyatangiye icyunamo kugeza ashyinguwe.
Guhera ku wa Kane tariki ya 21 Mata 2022, Munyemana Jean Marie Vianney w’imyaka 31 y’amavuko, ari mu bitaro bya Nyagatare nyuma yo kumenwaho amarike (amazi ashyushe) n’umugore we bashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko mu myaka iri imbere bifuza ko buri Munyarwanda bijyanye n’umwuga yize, yagira igihe gito yigomwa agakora ibikorwa bitagombera igihembo, ahubwo by’inyungu rusange.
Umuyobozi w’Umuryango IBUKA wita ku nyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative, arasaba ko ikibazo cy’ihungabana mu barokotse Jenoside cyakwitabwaho by’umwihariko kuko kigaruka buri mwaka kandi rimwe na rimwe ku bantu bamwe, byongeye kikaba cyatangiye kujya mu rubyiruko.
Abarokotse Jenoside mu Murenge wa Ruramira by’umwihariko abarokokeye ku cyuzi cya Ruramira, barifuza ko hashyirwa ikimenyetso nk’ahiciwe Abatutsi benshi, ndetse bamwe bakajugunywamo.
Nyuma y’igihingwa cya Cheer Seed, ubu mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Mugesera hadutse ikindi gihingwa cyitwa Bitter Melon, gicuruzwa mu bihugu by’i Burayi ariko kikaba kitaramenyekana mu Rwanda, ku buryo n’abakozi bagihinga bakanarinda imirima batinya kuryaho.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative, aramara impungenge abagize uruhare muri Jenoside, bakabegera bakabasaba imbabazi kuko biteguye kuzitanga ahubwo babuze uwo baziha.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative, avuga ko ineza na humura beretswe n’Inkotanyi byabaherekeje na n’uyu munsi bakaba bakibizirikana, n’ubwo ngo hari abadashaka kuyumva birirwa babuza amahwemo abacitse ku icumu, babicira amatungo ndetse no kubabwira amagambo mabi.
Uwonkunda Renilde wo mu Karere ka Kayonza yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Avuga ko biteye agahinda kuba nyuma y’imyaka 28 batarabona ababo ngo bashyingurwe mu cyubahiro. Uwonkunda ashimira cyane Inkotanyi zemeye kwitanga zikarokora abicwaga kuko zasanze barebana n’urupfu.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, arizeza abaturage b’imirenge ya Mugesera na Rukumberi n’abandi bahegereye, ko mu minsi ya vuba icyombo cyabafashaga guhahirana n’abo mu Karere ka Rwamagana kizaba cyatangiye gukora, kandi n’abakigendamo bafite ubwishingizi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera, Ambasaderi Nyirahabimana Soline, arasaba abatarahigwaga kugaragaza aho imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside iri, kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Minisitiri w’Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya, avuga ko iyo umuyobozi adafite intego yo guharanira ibyiza ku bo ashinzwe, n’akamaro ko kubaho kwabo ntacyo biba bimubwiye no kubica yabica.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko kuva ku ya 07 Mata 2022, ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi byatangira, hamaze kugaragara ibikorwa birimo ingengabitekerezo ya Jenoside bitanu, dosiye zikaba zaramaze kugezwa ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).
Abagize umuryango ‘Humura’ ku wa Gatandatu tariki ya 09 Mata 2022, bagiye mu gihugu cya Uganda kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakajugunywa mu migezi, imibiri yabo igakurwa ku nkombe z’ikiyaga cya Victoria, ikaza gushyingurwa mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwa Ggolo mu Karere ka Mpigi (...)
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko iyo hatabaho ubutabazi bwihuse n’umuvuduko udasanzwe w’Inkotanyi, nta mututsi uba wararokotse muri Ngoma, kuko bicwaga n’abaturage bahagarikiwe n’abayobozi harimo ab’Ingabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko hatangiye gukorwa inyigo ku hazandikwa amateka, ahazashyirwa ibimenyetso n’ibizashyirwamo bigaragaza amateka y’ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 muri Komini zahujwe zikabyara Akarere ka Gatsibo.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry ,avuga ko kuva mu mwaka wa 2019 kugera muri aya mezi atatu ya 2022, urwo rwego rwakiriye dosiye 1,215 zijyanye n’ibyaha by’Ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibifitanye isano nayo, ndetse ababifatiwemo bashyikirizwa ubutabera.