Bamwe mu bana basambanyijwe bagaterwa inda bavuga ko kubura amikoro yo kubageza mu Bugenzacyaha no gusubika imanza z’ababahohoteye bituma ababahohoteye badahanwa.
Umuyobozi wa Banki ya Kigali (BK), Dr Diane Karusisi, yemereye abikorera b’i Nyagatare imodoka mu gihe baba bashyize mu bikorwa umushinga mugari bafite wa Laboratwari igendanwa y’ubuvuzi bw’amatungo.
Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi, yasabye abaturage b’Akarere ka Nyagatare kwifashisha amahirwe bahawe bakaka inguzanyo z’ubuhinzi n’ubworozi kuko kuba bari ku kigero cya 0.3% ku nguzanyo zatswe mu Gihugu cyose ari nk’igisebo mu gihe Akarere gakungahaye mu buhinzi n’ubworozi.
Abikorera mu Turere tune tw’Intara y’Iburasirazuba barasaba Banki ya Kigali (BK) kurushaho kubegera kugira ngo barusheho kubyaza umusaruro amahirwe aboneka mu Ntara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buratangaza ko aborozi bagiye gutangira guhabwa imbuto y’ubwatsi bw’amatungo ku buntu, ariko bukanasaba aborozi kubutera ku bwinshi kugira ngo abakeneye imbuto bayibone bitabagoye.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba abakuze gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza no gutoza abakiri bato umuco n’imyitwarire myiza, kugira ngo bazabarage Igihugu cyiza.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) igaragaza ko hari impungenge z’umukamo udahagije uboneka nyamara habura amezi atatu gusa ngo uruganda rutunganya amata y’ifu rutangire gukora.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, arasaba abaturage kuzirikana urugendo rumaze gukorwa mu kongera kubaka ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda, kuzirikana ku byagezweho no kubisigasira.
Abanyamuryango ba Koperative CODUUIGA y’abacuruzi b’imboga, imbuto n’ibitoki mu Murenge wa Gatore Akarere ka Kirehe, bavuga ko bishimye kubona icyuma gikonjesha ibyo bacuruza bigatuma bitangirika nk’uko byari bimeze mbere kuko byabatezaga igihombo.
Bamwe mu bahinzi bashinganisha ibihingwa byabo muri sosiyete z’ubwishingizi muri gahunda ya Tekana Muhinzi-Mworozi urishingiwe, barifuza ko mu gihe bahuye n’ibiza sosiyete z’ubwishingizi zajya zibishyura hakiri kare, kugira ngo bategure uko bazongera guhinga.
Bamwe mu bayobozi b’amakoperative mu Karere ka Gatsibo, biyemeje gukemura bimwe mu bibazo bibangamiye abaturage, birimo kwishyurira abanyamuryango Ejo Heza n’ubwisungane mu kwivuza.
Ihuriro Nyarwanda ry’abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva (RNUD) barifuza ko ururimi rw’amarenga rwakwemerwa nk’ururimi rukoreshwa mu Gihugu ku buryo rwakwigishwa mu mashuri, bityo abafite ubu bumuga bakoroherwa mu guhabwa serivisi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rurasaba abayobozi guha abaturage serivisi zihuse kuko kubasiragiza ari ukubangisha ubuyobozi.
Mu cyumweru kimwe cyahariwe kwimakaza ihame ry’uburiganire mu Ntara y’Iburasirazuba cyasojwe ku itariki ya 25 Nzeri 2022, cyarangiye imiryango 4,290 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko isezeranye kubana akaramata, ndetse n’abana 1,661 bandikwa mu bitabo by’irangamimerere.
Umuganda usoza ukwezi kwa Nzeri 2022, mu Ntara y’Iburasirazuba wibanze ku bikorwa byo gukumira ibiza, ahacukuwe imirwanyasuri izibira amazi kujya mu mirima ndetse abaturage basabwa kuzirika ibisenge by’inzu zabo no gufata amazi azivaho, kwita ku mibereho y’abageze mu zabukuru no kujyana ku ishuri abana bose bagejeje igihe (...)
Mu cyanya cyahariwe inganda mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare, hashize amezi atatu hatangijwe uruganda rukora ifu ya kawunga, ariko kubera kutagira imashini yumisha umusaruro, ntirukora buri munsi.
Abayobozi mu nzego z’ibanze mu Ntara y’Iburasirazuba, basabwe kwisuzuma bakareba ko ibyo abaturage bari babategerejeho babatora babishyira mu bikorwa, ariko bakanarushaho gushyira hamwe mu kubakemurira ibibazo.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba ababyeyi n’abandi bantu bose kugira uruhare rufatika mu kurera neza abana, hagamijwe kubarinda ihohoterwa.
Amakoperative abiri y’abahinzi b’umuceri n’ibigori yahuye n’ibiza kubera imvura nyinshi yaguye imyaka yabo ikarengerwa n’umwuzure, yashumbushijwe Miliyoni 12 n’ibihumbi 700Frw muri gahunda ya Tekana Muhinzi-Mworozi Urishingiwe kugira ngo abahinzi bazongere kubona ibishoro mu buhinzi.
Urugaga rw’Abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda Network) rurifuza ko habaho itegeko rigenga umwuga wabo rikanateganya ibihano bikomeye ku bamamyi babeshya abantu ko bavura indwara runaka kandi batabifitiye ubushobozi.
Umujyanama mu Nama Njyanama y’Akarere ka Nyagatare, Umurerwa Aisha, arasaba Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge igize Akarere, gufatira urugero ku Murenge wa Mukama bakegera abafatanyabikorwa bakorera mu Mirenge yabo, kuko bafasha mu gukemura bimwe mu bibazo bikibangamiye abaturage.
Abakorerabushake b’umushinga Uburezi Iwacu 363 mu Mujyi wa Kigali n’Intara y’Iburasirazuba ni bo bagenewe amagare azaborohereza ingendo mu gukurikirana amarerero y’abana ndetse n’ahandi hantu hari amasomero yagenewe abantu bakuru kugira ngo babashishikarize gusoma.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe bwashyizeho igihembo cy’ikimasa kizahabwa abazesa umuhigo wa Mituweli, icyo kimasa kikaba cyarariwe n’abaturage b’Umurenge wa Mpanga tariki 13 Nzeri 2022 kuko besheje uyu muhigo ku kigero cya 92.48%.
Bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze mu Karere ka Kayonza iyo umugabo yabagezagaho ikibazo cy’ihohoterwa yakorewe, ngo bamusabaga kuriceceke kuko kurivuga byaba ari ukwisebya mu bandi bagabo, ariko nyuma yo guhugurwa biyemeje guhindura imyumvire.
Abahinzi mu Karere ka Gatsibo barasabwa gukorera mu makoperative no gushaka ubwishingizi bw’ubuhinzi bwabo, kugira ngo nibahura n’ibiza bagobokwe.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko ari inshingano z’ubuyobozi mu byiciro bitandukanye, gutanga serivisi nziza kandi ku gihe ndetse bikaba n’uburenganzira bw’umuturage kuyihabwa nta yandi mananiza.
Bamwe mu bahinzi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bashobora kurara ihinga cyangwa bakarikerererwa kubera kubura imbuto y’ibigori ndetse n’ifumbire kuko bitaboneka neza.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 07 Nzeli 2022, inka enye z’amajigija zo mu Mudugudu wa Nshuli, Akagari ka Rutare, Umurenge wa Rwempasha, zakubiswe n’inkuba zihita zipfa, bikaba byabaye mu mvura yaguye ahagana saa kumi n’imwe n’igice z’igitondo.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Karama bavuga ko imikino yahuzaga Utugari mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, yarinze urubyiruko ingeso mbi harimo n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, arasaba abaturage kugira amakenga ku bintu bagura byarakoze, batabikuye ku isoko ryemewe.