Pierre Tuyizere w’imyaka 30 wo mu kagari ka Buranga mu murenge wa Nemba mu karere ka Gakenke kuri ubu ari mu maboko ya Police akurikiranweho gufata ku ngufu umucecuru w’imyaka 65 witwa Reniya Nyanzira nawe wo mu kagari ka Buranga muri uyu murenge wa Nemba.
Niyonsenga Jean Damascene na Uwimana Fransoise batuyemudugudu wa Taba akagari ka Shangi, umurenge wa shangi mu karere ka Nyamasheke, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruharambuga, bashinjwa guteka umutwe kuri mukuru wabo bakamurya amafaranga bamubwira ko bazamujyana mu bacunga umutekano bazwi nka Dasso.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera, hafungiye abasore babiri aribo; Musemakweri David w’imyaka 25 y’amavuko na Nkurunziza Jean Marie w’imyaka 23 y’amavuko, nyuma yo gufatanwa ibikoresho bitandukanye byagiye byibwa mu mazu y’abaturage.
Ahishakiye Anaclet w’imyaka 22 y’amavuko uvuka mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga yafashwe n’abashinzwe umutekano mu rukerera rwo ku wa 19/12/2014 yiba insinga z’amashanyarazi mu Mujyi wa Nyanza, babiri bari kumwe nawe baracika.
Umugabo witwa Munguyiko utuye mu muduGudu wa Rumamfu mu Kagari ka Nyakabingo mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke yakubise umugore we Vuguziga agafuni mu mutwe ntiyahita apfa.
Mu mukwabo wakozwe ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze na Polisi mu rukerera rwo kuwa 19/12/2014, mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke hafashwe ibintu bitandukanye harimo n’imyambaro ya gisirikare na polisi.
Imodoka nini ya rukururana yo mu bwoko bwa Scania ifite nomero ziyiranga RL KBP 385Q yari itwawe na Wayidaka Alfred w’imyaka 30 yaguye mu gitondo cyo kuwa gatanu tariki ya 19/12/2014 abari bayirimo barakomereka.
Umukecuru witwa Julienne Nyirabanguka w’imyaka 59 wari utuye mu kagari ka Kacyangugu mu murenge wa Kamembe ho mu karere ka Rusizi yanigiwe mu nzu ye mu gitondo cyo ku wa 18/12/2014, n’abagizi ba nabi bataramenyekana basiga bibye nibyo yari atunze.
Nyuma yaho mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi hafatiwe imbunda yari imaze iminsi ikoreshwa mu kwambura abaturage ibyabo ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasaba abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze guhangana n’abashaka guhungabanya umuteno w’abaturage n’igihugu muri rusange.
Umuturage wo mu Murenge wa Ngoma wo mu Karere ka Rulindo yatawe muri yombi azira kuba yarahinganye urumogi n’indi myaka.
Abagabo bane bo mu Mirenge ya Nkanka na Gihundwe yo mu Karere ka Rusizi bafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa Kalashnikov bakoreshaga mu bujura ku wa 16/12/2014, ubwo bayirashishaga bagiye kwambura abarobyi imitego ya kaningini.
Umukwabu utunguranye Polisi ikorera mu Karere ka Kayonza yakoreye mu Mirenge ibiri y’ako karere wafashe ibiyobyabwenge birimo Kanyanga n’urumogi.
Umusore witwa Twagiramungu Athanase uvuka mu karere ka Nyamagabe wabaga mu mujyi wa Nyanza ahashakishiriza imibereho yafashwe yiba ibishyimbo mu murima nyirabyo amufashe aramwihanira amutema intoki mu gitondo cyo ku wa 17/12/2014.
Umwana w’imyaka 4 yitabye Imana abandi bantu batatu bajyanwa mu bitaro nyuma y’inkuba yakubise mu mudugudu wa murambi mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro tariki 16/12/2014.
Umugabo witwa Singiranumwe Samuel w’imyaka 29 wo mu Kagari ka Rugasa mu Murenge wa Ruhango ho mu Karere ka Rutsiro yatemye umugore bigeze kubana kuwa kabiri tariki ya 16/12/2014, ahita apfa.
Mu karere ka Nyanza mu Murenge wa Muyira, Akagali ka Nyundo, Umudugudu wa Muyira, umwana w’imyaka itandatu witwa Sindambiwe Vénutse yitabye Imana naho abitwa Mushimiyimana Jeannette w’imyaka 28 na Uwimbabazi Valerie w’imyaka 10 bajyanwa mu bitaro bya Nyanza ari indembe, nyuma yo gutekesha ibiryo umuti wica udukoko mu (…)
Umupagasi w’imyaka 28 ukomoka mu Karere ka Gatsibo afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rukara mu Karere ka Kayonza, akurikiranyweho icyaha cyo gutema mu mutwe no ku kuboko mugenzi we w’imyaka 22 ukomoka mu Karere ka Ngoma bapfa amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri.
Umukecuru Mukandori Donatille w’imyaka 57 n’umwana we Nsengiyumva w’imyaka 5 baturikanywe n’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade kibakomeretsa byoroheje.
Umusore witwa Muhirwa wo mu Kagari ka Rurembo mu Murenge wa Mukarange wo mu Karere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mulindi akurikiranyweho icyaha cyo gutera icyuma umusore mugenzi we amuziza umukobwa w’inshuti ye.
Mu rugabaniro rw’Imirenge ya Karambo, Nemba na Gakenke, mu kiraro kirekire gihari, hatoraguwe umurambo w’umukuru w’Umudugudu wa Bukweto mu Kagari ka Kirebe mu Murenge wa Karambo witwa Aimable Ngendahimana.
Abasore batatu bava inda imwe bo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi bafungiye kuri sitatiyo ya polisi ya Byumba bakekwaho kwica nyina witwa Bantegeye Espérance.
Umurundi witwa Ngabeshengera Jean Paul n’Umunyarwanda witwa Uwihoreye Emmanuel bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa binjiza impu z’amatungo mu Rwanda mu buryo bwa magendu.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi baratungwa agatoki kuba badafata iya mbere ngo bahangane n’ibiyobyabwenge bihakorerwa nka Kanyanga n’izindi nzoga zitemewe, bagategereza ko inzego z’umutekano arizo zibirwanya.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke n’abaturanyi babo bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu barinubira ubujura buhakorerwa n’insoresore bavuga ko zirirwa zinywa inzoga n’ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi, ubundi byamara kubarenga bakagenda banura ibyo babonye kugeza naho badatinya kuzitura (…)
Umukanguramba w’amashyamba Muyumbu Augustin wo mu murenge wa Nyabirasi ho mu karere ka Rutsiro afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kivumu akekwaho ubwambuzi bushukana yakoreye aborozi bo mu ishyamba rya Gishwati.
Abasore batatu n’umusaza umwe bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe nyuma yo gufatanwa urumogi kuwa gatandatu tariki 13/12/2014, bose bakaba basaba imbabazi bemeza ko batazabisubira.
Abanyarwanda icyenda bari mu modoka imwe bava mu birori bya mugenzi wabo wari warangije amashuri muri Amerika bakoze impanuka ikomeye, umwe ahita ashiramo umwuka abandi umunani barakomereka cyane, ubu bari mu bitaro by’indembe ahitwa Fort Worth muri Texas.
Umugabo witwa Rwamucyo Jean utuye mu mudugudu wa Kabagabo mu kagari ka Mubumbano mu murenge wa Kagano yafatiwe mu cyuho ubwo yagerageza gutanga ruswa y’ibihumbi 50 ayiha umupolisi amusaba kudakurikirana umuntu w’inshuti ye.
Inama y’umutekano yaguye y’intara y’amajyaruguru yateranye tariki 12/12/2014 yagaragaje ko muri uyu mwaka mu ntara hose hamaze gukorwa ibyaha 2460 muri byo akarere ka Gicumbi gafite 650 kagakurikirwa na Burera ifite ibyaha 548.
Ahitwa kuri Kayumbu mu Mudugudu wa Wimana, Akagari ka Kivumu, mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi hatoraguwe umurambo w’umusore utamenyekanye uri mu kigero cy’imyaka 35.