Imyitozo yiswe Shared Accord 2018 yahawe bamwe mu bakomoka mu bihugu bifite ingabo zibungabunga amahoro muri Centre Africa ngo yitezweho umusaruro ugaragara.
Polisi y’igihugu yashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afurika no ku mwanya wa 13 ku rwego rw’isi mu kunoza akazi kayo no kugirirwa icyizere mu baturage.
Mu mudugudu wa Gafuku, Akagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu, ingabo z’ u Rwanda zihataburuye ibisasu 58 byasizwe n’ingabo zatsinzwe zari zihafite ibirindiro.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’ Uburengerazuba ifatanije n’abaturage yafatanye abagabo bane ibiro birenga 40 by’urumogi mu turere twa Rubavu na Rusizi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Isaac Munyakazi, avuga ko abavuga ko Nyaruguru ari agace kafashwe n’abarwanya u Rwanda atari byo.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 Nyakanga 2018, mu Kagari ka Shyembe mu Murenge wa Maraba harasiwe abajura babiri bahita bapfa, ubwo bageragezaga kurwanya inzego z’umutekano zari zibatesheje aho bibaga.
Imiryango umunani itishoboye yo mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Nyagatare, Akagari ka Barija, ifite impungenge z’umutekano, nyuma yo gutuzwa mu nzu zituzuye, bakaba batangiye guterwa n’abajura.
Mu ijoro ku wa kabiri tariki ya 10 Nyakanga abantu bataramenyekana bivugwa ko babarirwa mu 10 bitwaje intwaro gakondo, batemye abantu bane mu Murenge wa Shyogwe mu Kagari ka Ruri mu Mudugudu wa Murambi, barabakomeretsa bidakabije.
Polisi yamaganiye kure amakuru y’uko inkengero z’ishyamba rya Nyungwe nta mutekano urimo kubera ibitero by’umutwe mushya witwaje intwaro urwanya Leta y’u Rwanda.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Mirenge imwe n’imwe y’i Gisagara, Huye na Nyaruguru, ngo ntibatewe ishema no kuba abajura batabarusha ubwinshi babahungabanyiriza umutekano, ntibanabafate.
Abashinzwe umuteno baturuka mu bihugu icyenda by’Afurika bari mu Rwanda, aho biga uburyo bushya barindira abaturage umutekano banabashakira imibereho myiza.
Polisi y’igihugu mu Karere ka Nyarugenge icumbikiye umugabo w’imyaka 23 ukekwaho gushaka kwinjiza urumogi muri Gereza ya Mageragere.
Umwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kibeho, yishwe azize inkoni akubiswe n’abaturage bamushinjaga kubibira umucanga.
Kuri uyu wa 27 Kamena 2018,ku nshuro ya mbere Polisi y’igihugu yohereje itsinda rigizwe n’abapolisi 160 harimo 85 b’igitsina gore mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo,
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Marie Rose Mureshyankwano, yasezeranije Abatuye Intara y’Amajyepfo ko ntaho abagizi ba nabi bazongera kumenera ngo bahungabanye umutekano.
Polisi y’igihugu itangaza ko ubuyobozi bwahise bukorana inama n’abaturage yo kubahumuriza, nyuma y’igitero cy’ubugizi bwa nabi kibasiye Umurenge wa Nyabimata uherereye mu Karere ka Nyaruguru.
Abatuye Akarere ka Nyaruguru batunguwe n’igitero simusiga cy’abantu bataramenyekana bahitanye abaturage babiri banatwika imodoka y’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabimata.
Polisi y’Igihugu irizeza imidugudu itazagaragaramo icyaha, ko igomba kugenerwa ibihembo birimo kubakirwa ibiro no guhabwa ibikoresho bikenewe.
Umushinjacyaha mukuru, Jean Bosco Mutangana avuga ko abacuruza n’abatwara ibiyobyabwenge bagiye kujya bahanwa kurusha ababinywa kuko ari bo babigeza kuri benshi.
Mu ijoro ryakeye ku wa 10 Kamena 2018, mu mudugudu wa Kinamba mu kagari ka Pera mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi, abasore babiri barashwe n’abantu bataramenyekana bahita bapfa.
Ahagana mu ma saa tatu zirengaho iminota mike z’iri joro ryo ku wa 10 rishyira ku wa 11 Kamena 2018, mu kagari ka Pera mu Murenge wa Bugarama abantu bataramenyekana barashe abantu babiri umwe ahita yitaba Imana undi ajyanwa mu bitaro.
Iyaturemye Aime Umuyobozi w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Nyagatare avuga ko abana batewe inda zitateganijwe bahabwa akato mu nsengero z’abaporotesitani.
Sembagare Samuel wahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Burera yatawe muri yombi, akurikiranyweho kunyereza umutungo Leta n’ibindi byaha.
Ibigo bicunga umutekano byo mu Rwanda n’ibyo mu Budage basinyanye amasezerano y’imikoranire mu guhana imyitozo, igikorwa kitezweho kuzamura ubunararibonye bw’ayo mu Rwanda.
Polisi y’igihugu ivuga ko mu kwezi izamara mu bikorwa yahariye abaturage, igomba gufatanya n’inzego z’ibanze kurandura ibyaha mu midugudu.
Umuvugizi w’ ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Jean Marie Vianney Ndushabandi, atangaza ko kuva mu ntangiriro za 2018, abantu 138 bapfuye, naho 246 bagakomereka bikomeye bazira impanuka zo mu muhanda.
Mu Ntara y’Amajyepfo harabarurwa impanuka 250 zahitanye abantu barenga 50,zinakomeretsa abagera 180,kuva muri Mutarama kugeza muri Mata 2018.
Abagore babiri batuye mu Murenge wa Gihundwe mu kagali ka Kagara mu Mudugudu wa Rubenga I, barwanye bapfa umugabo umwe ahasiga ubuzima.
Bamwe mu borozi bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko abakiragira mu kigo cya gisirikare cya Gabiro bakwiye guhanwa nk’abanzi b’igihugu.
Ibihugu bya Afurika bikomeje inzira yo kwishakamo ibisubizo mu kwicungira umutekano no guhosha amakimbirane hagati yabyo, bitegura igisirikare gifite ubumenyi buhanitse mu gucunga umutekano wa Afurika.