Mu myaka mirongo itatu n’umwe ishize, u Rwanda rwariyubatse rwateye intambwe ishimishije mu ikoranabuhanga, ku buryo iminsi mikuru imwe n’imwe isigaye yizihirizwa ku mbuga nkoranyambaga kandi abantu bakaryoherwa, bakumva baguwe neza.
Bavandimwe, ko iyo umuntu azi ko amashuri yegereje atangira kureba aho yakura ubushobozi kugira ngo igihe nikigera azabone icyo abwira Diregiteri, ko iyo umuntu afite ubukwe mu mezi atatu, ane ari imbere atangira agatumira, agakoresha inama z’ubukwe kugira ngo arebe uburyo ibirori bizagenda neza..., ko iyo imvura imanutse (…)
Nyakubahwa Minisitiri, nako izina ni irikujije, Nyakubahwa Munyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ushinzwe ibikorwa remezo, duherukana ugenzura niba bimeze neza muri gare zihuriramo benshi mu mujyi wa Kigali.
Abanyarwanda baciye umugani ngo ‘mu nda ni kure’, ndetse barongera bati ‘nta muzindutsi wa kare wigeze ashobora gutaha ku mutima, abandi nabo bise umwana wabo “Hishamunda”.
Muri iki gihe cy’imbuga nkoranyambaga, umubare w’abanyamakuru mu Rwanda wariyongereye cyane, uva ku banyamwuga magana, ugera ku batangazamakuru bisanzuye kandi baduha inkuru batazuyaje, bakabakaba Miliyoni icumi.
Inama ya Afurika na Madagascar y’Abasenyeri ba Kiriziya Gatolika SECAM yo mu mwaka wa 2022 yateraniye muri Ghana, yasanze uyu mugabane dutuye n’u Rwanda by’umwihariko turi kurwana n’ibikomere ndetse n’ibisare COVID-19 yaduteye, ikagenda itwaye inshuti n’abavandimwe kuri bamwe, abandi igatwara akazi, ubucuruzi n’ibindi byari (…)
Diplomasi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatsinze igitego cy’umutwe ubwo yageraga ku ntego yari yihaye y’ubuhuza hagati ya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo(DRC) n’u Rwanda. Amasezerano y’amahoro yasinywe biturutse kuri ubu buhuza, ni inkingi ya mwamba mu rubuga rwa politiki y’aka karere dore ko agamije kuzana ituze (…)
Buri munyarwanda wese ukunda u Rwanda yifuza igihugu gifite iterambere rirambye, gifite imihanda myiza, amashanyarazi ahagije, amazi meza kuri bose, serivisi z’ubuzima zinoze n’ibindi byinshi.
Hari amatsinda ya WhatsApp menshi mbarizwamo y’abo twiganye, twaturanye, twasenganye, cyangwa twagendanye hano na hariya, ibyo ni ibisanzwe.
Mu mwaka w’ibihumbi bibiri na rimwe ntawari uziko umuntu ashobora gukorera mu rugo kandi akazi kagakorwa neza.
Abakristu ba ADEPR Masizi mu Karere ka Nyamagabe bamaze iminsi bambuka Mwogo, baciye ku Rutare rw’Imbaragasa, bakajya gusengera I Rwankuba ya Kabagari mu karere ka Ruhango, kuko urusengero rwabo rufunze.
Mu cyumweru gishize, ikipe imwe yo mu cyiciro cya mbere muri shampiyona y’u Rwanda, yandikiye ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA iyigaragariza impungenge yari ifite ku misifurire y’umupira wari uteganyijwe muri weekend n’indi isigaye ngo uwatsinze aterure igikombe.
Ifatwa ry’umujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ibyaro biwukikije biracyaduhishiye ibiteye amatsiko (surprises) byinshi.
Mu cyumweru gishize umuryango wanjye wagize ibyago, maze dutangira guhanahana amakuru, dukora utunama twa hato na hato, cyane cyane tureba uburyo tuzajya gutabara.
Mu mpera za Mutarama uyu mwaka, hari intwaro zarebeshejwe mu Rwanda, zirasa abatuye mu mujyi wa Rubavu mu Burengerazuba bw’u Rwanda zica abasivili bagera kuri 16 b’inzirakarengane, hakomereka benshi.
Bahereye hambere akijya mu bitaro, maze bumvise ngo ararembye, batangira kutwibutsa imihango ikurikizwa, abandi batangira gukora urutonde rw’uzamusimbura.
Hari imvugo nakuze numva abantu bavuga ngo “dusangiye perezida ariko ntidusangiye ijambo”, bashaka kuvuga ko n’ubwo muri mu gihugu kimwe, muhagarariwe n’umuyobozi umwe, ibyo avuze mutabyemeranyaho.
Hari inkuru yari imaze igihe izwi n’abantu bacye bakicecekera, ariko kubera imyitwarire idahwitse y’uvugwa mu mwandiko, ejobundi yagiye ku karubanda buri wese arayumva.
Ibiruhuko by’igihembwe cya kabiri biragana ku musozo. Kera mu gihe cyanjye, twabyitaga ibiruhuko bya Pasika, ariko nyine ni kera, mu myaka isaga mirongo itatu ishize.
Ubushize nasabye Meya w’Umujyi wa Kigali ngo natwe batwibuke ku bijyanye n’ibyapa biyobora abantu ku mihanda n’amakaritsiye dutuyemo, kandi ndabizi ko abayobozi b’umujyi wacu na bo bazi ibitubereye.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda ucyuye Igihe Wang Xuekun, asanga nta kure habaho ku nshuti yawe, iyo muri inshuti nyazo koko ahereye ku mubano mwiza w’u Rwanda n’Ubushinwa, ibihugu byombi bikaba biri ku ntera ndende ariko bitabibujije kubana neza.
Nyamara wabona gutsinda intambara biduhamye. Mureke duhere ku ntambara za vuba aha twarwanye, kandi tukazitsinda ku kiguzi icyo ari cyo cyose, maze turebe niba koko tuzakomeza tukambarira urugamba, cyangwa se niba hari aho tuzagera tukamanika amaboko(ntibikabe).
Abanyamateka bavuga imvano cyangwa inkomoko y’u Rwanda, bavuga ko iki gihugu tugikesha Gihanga wahanze u Rwanda.
Mu Rwanda, kujya kureba umupira w’amaguru ni ibintu bikundwa na benshi cyane cyane urubyiruko, abasore n’inkumi, abagabo n’abagore n’ubwo hari n’abasaza batahatangwa by’umwihariko ababyirutse bawuconga.
Ubu ni ubugira gatatu. Ubwa mbere baraje, badutoza ishuri na Gatigisimu no kumenya nyir’ibiremwa, kandi kugera aho, ntacyo byari bitwaye.
Kubera akarere nkomokamo ko mu ntara y’Amajyepfo, mu 1994 nahunze u Rwanda numva amasasu mu misozi yo hakurya y’iwacu gusa.
Babyeyi, Banyarwanda, Banyarwandakazi, saa 03h57 z’igitondo nari maze akanya mu buriri nabuze ibitotsi, ndabyuka nicara muri salon, ndavuga nti reka nandike ibimbabaje.
Abagore bacu, bashiki bacu, ndetse n’abo dukorana cyangwa tujyana ku kazi, dusengana, twigana mukomeze kugira ibihe byiza mwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore.
Ndibuka mu myaka mirongo itatu ishize nikoreye agafuka karimo amateke cyangwa imyumbati tugiye guteka no kurungisha amamesa twivaniye mu ngazi, tukabirya nta munyu urimo, tugira ngo turengere amagara.
Ururimi rw’Ikinyarwanda ni inkingi ya mwamba ibumbatiye Umuco Nyarwanda, kubera uko ruhuza Abanyarwanda, aho bava bakagera, bagashobora kwumvikane neza bidasabye ko habaho umuhuza.