Hari bamwe mu bapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bataheranwe n’agahinda, bakora imishinga y’ubucuruzi ibinjiriza amafaranga abafasha kubaho n’imiryango basigaranye.
Perezida Kagame yasabye abikorera mu Rwanda kongera ubuziranenge bw’ibyo bashyira ku isoko, kugira ngo bashoboye guhangana n’ibiva hanze byinjizwa mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda yakiriye miliyoni 95 z’amadolari y’Amerika nk’inguzanyo ya Banki y’Isi yo kubaka ibikorwaremezo mu mijyi itandatu yunganira Kigali.
Abakongomani batuye mu Karere ka Rusizi bakorera ubucuruzi mu Rwanda baravuga ko bishimira umutekano bafite utuma bakora akazi kabo neza.
Sacco Tea Shagasha y’abahinzi b’icyayi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ibarizwa mu Murenge wa Giheke yabaye ikinze nyuma yo guhomba miliyoni 20.
Ubuyobozi bwa Atlasmara bwaguze Banki y’Abaturage n’igice cya banki y’iterambere BRD butangaza ko bagiye gufasha ishomari n’imishinga mito mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative (NCCR) butegereje raporo igaragaza umubare w’amakoperative ya baringa mu Rwanda, igomba gutangwa n’Ikigo gishinzwe amakoperative (RCA).
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bamaze gutera imbere babikesha ingorofani bifashisha batwara imizigo muri Congo.
Banki ya COGEBANQUE yafunguye ishami rya 23 mu Karere ka Ruhango, itangaza ko ifite gahunda yo guhanga n’ikibazo cy’abatobona inguzanyo.
Abacukuzi b’ubumucanga muri Rubavu bavuga ko urugendo rwa Perezida Kagame rwatumye ubucuruzi bw’umucanga muri DR Congo bwari bwarahagaze busubukurwa.
Leta y’u Rwanda yagaragarije abashoramari mpuzamahanga mu by’amabanki n’ibigo by’ubwishingizi, amahirwe yo kuza gukorera mu Rwanda ndetse n’imishinga y’iterambere.
Guhera Ku wa 29 Werurwe 2016, ikigo cy’imari icirirtse “CAF Isonga” cyafunze imiryango mu mashami yacyo ane mu Karere ka Ruhango na Muhanga.
Abadozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba basanga kwishyira hamwe kwabo bizatuma batera imbere ndetse n’umwuga wabo ukarushaho kugira agaciro.
Ubushakashatsi bw’Ikigo gisesengura gahunda za Leta (IPAR) bwashojwe muri 2015, buvuga ko abacuruzi muri Nyabugogo batewe impungege n’imyuzure ihaba buri mwaka.
Mu kiganiro cy’amasaha atatu Perezida Kagame yagiranye n’abavuga rikijyana mu Karere ka Rubavu, yongeye kunenga abayobozi badindiza gahunda z’iterambere.
Perezida Kagame asaba Abanyarwanda kwirinda ibibatandukanya, ahubwo bagashyira hamwe bakoresheje aho baturuka nibyo batekereza.
Ishami ry’ikigega nyafurika gishinzwe iterambere, FAGACE ryafunguwe i Kigali (mu nyubako ya RSSB) mu rwego rwo kujya gitanga inguzanyo ku bafite imishinga y’iterambere.
Ababoshyi b’uduseke bo mu Karere ka Ruhango barasaba kuvuganirwa ku mushoramari ubagurira uduseke kuko ngo hashize amezi atandatu batishyurwa.
Abacuruzi bo mu Rwanda kugira ngo bajyane ibicuruzwa byabo hanze baba bagomba kubigurira ibibiranga (barcodes) bikabahenda ntibabone inyugu ihagije.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bavuga ko kutagira ibikorwa remezo nk’imihanda n’amashanyarazi bibangamiye iterambere ryabo.
Umugore witwa Nyenyeri Evangeline utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yarangije amashuri yisumbuye, yihangira umurimo wo kogosha.
Umuryango mpuzamahanga Care, uravuga ko wishimira uburyo kwibumbira mu matsinda kw’abagore bimaze kubateza imbere ku buryo bushimishije.
Abaguzi b’ibicuruzwa n’ababigurisha barasabwa kwaka no gutanga inyemezabuguzi itangwa n’imashini y’ikoranabuhanga ya EBM, kugira ngo uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu rugaragare.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kivuga ko ikoranabuhanga riza imbere mu byazamutse nk’uko umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) w’umwaka wa 2015 ubigaragaza.
Abagore 32 bibumbiye muri “Koperative Ingoro Ihuje Ababyeyi” bo mu Karere ka Huye, biyemeje kubumba amatafari mu buryo bw’umwuga, birabatunga.
Bamwe mu bagore bagize amatsinda yo kubitsa no kugurizanya mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko abagabo batakibahohotera babaziza aya matsinda.
Akarere ka Gakenke kavuga ko kifuza ko abafatanyabikorwa bagafasha kugaragaza ibyuho mu mihigo kihaye, aho kwirebera izindi gahunda zabo gusa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abitabiriye inama Nyafurika yiga ku bukungu, guhindura imitekerereze y’abantu n’uburyo umutungo ukoreshwa.
Umugabo witwa Ntawizera Claude wo mu Karere ka Burera atangaza ko agiye kwiyuzuriza inzu y’ibyumba bitatu n’uruganiririro, abikesha akazi ke ko gutwara imizigo ku ngorofani.
Mu irushanwa ngarukamwaka ry’abanyeshuri biga ubumeyi (Sciences), aberekanye imishinga bakoze bifuza ko yazaterwa inkunga igashyirwa mu bikorwa kuko yagirira abantu akamaro.