Abahinzi b’umuceri bo mu mirenge ya Kilimbi na Macuba mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko bugarijwe n’imisundwe kubera ko bahingisha ibirenge batikingiye.
Nyuma y’imyaka itatu bahinga umuceri mu gishanga cya Mushimba, bahamya ko umusaruro bakuramo ufite agaciro kurusha ibyo bagihingagamo mbere.
Mu gice cyagenewe inganda i Sovu mu Karere ka Huye, hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda ruzajya rutunganya ibiryo by’amatungo.
Abaturage bo muri Bisate mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze baravuga ko batakirya ibirayi kubera uburyo bisigaye bihenze.
Abashinzwe ubuhinzi mu Karere ka Rubavu bavuga ko ikibazo cy’ubuhinzi n’imyumvire bibangamira gahunda yo gukoresha inyongeramusaruro n’imbuto z’indobanure.
Habumugisha Augustin avuga ko mu myaka icyenda amaze akora ubuhinzi bw’ibinyomoro bwamuhaye ubuzima bwiza amashuri yize ya kaminuza atari kuzamuha.
Ikigega cy’Ubuhahirane cy’Abanyakoreya (KOICA) kiri gukora isuzuma ry’imibereho myiza ku batuye mu murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru.
Abakora imirimo ijyanye no kongera umusaruro w’ubuhinzi bashyizeho ishyirahamwe bazahurizamo imbaraga mu kurwanya ibura ry’imbuto rikunze kugaragara mu Rwanda.
Imiryango 77 itishoboye yo mu Murenge wa Gishyita, Akarere ka Karongi yahawe inka mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Abahinzi bo mu Karere ka Ngoma baravuga ko biteze umusaruro mwinshi binyuze mu mushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari zirenga 300 u Rwanda rufatanyamo n’Ubuyapani.
Urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi rwahuguwe uburyo bwo kororamo inzuki mu buryo bwa kijyambere kugira ngo bizarufashe kwiteza imbere.
Amakoperative y’abahinzi b’ibigori mu Karere ka Gatsibo arasaba Leta kuyashakira isoko kuko ngo arimo kugurirwa umusaruro w’ibigori ku giciro gito.
Bamwe mu baturage b’Intara y’Iburasirazuba kugeza ubu ntibakozwa ibyo guhinga ibihingwa byatoranyijwe nk’uko biteganywa na gahunda ya Leta yo guhuza ubutaka.
Mu gihembwe cy’ihinga cya 2016 A ibipimo by’ifumbire mvaruganda ikoreshwa mu karere ka Gakenke, byagabanutseho hafi ½ cy’iyari isanzwe ikoreshwa.
Abahinzi ba kawa mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa kwita mbere na mbere ku yo bafite kurusha gushaka kongera ubuso ihinzeho.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irakangurira abaturage bo mu karere ka Rulindo kubyaza umusaruro amaterasi y’indinganire mu kongera umusaruro w’ubuhinzi bwabo.
Ku bufatanye bw’Akarere ka Ruhango na Minisiteri y’inganda n’ubucururizi, mu cyumweru kimwe gusa hafunzwe inganda zitunganya umuceri ku buryo butemewe n’amategeko.
Raporo ya EICV ya gatatu igaragaza ko ubukene bwagabanutseho 23% mu Karere ka Muhanga, bigatuma n’inzara igabanuka.
Aborozi bo mu murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi babangamiwe n’ikusanyirizo bubakiwe rimaze imyaka 2 ridakora.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB, kiravuga ko kigiye gutumiza indi mbuto y’imyumbati mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.
Imbuto ya pomme isigaye ihingwa mu Karere ka Rulindo, mu gihe mbere yajyaga iboneka ari uko itumijwe hanze y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba buravuga ko umusaruro wabonetse mu gihembwe cy’ihinga gishize ushimishije n’ubwo izuba ryibasiye ibice bimwe by’iyo ntara.
Abatuye Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bizeye ko imvura yaguye nabi ikabagiraho ingaruka itazababuza kubona umusaruro.
Mu cyumweru cyahariwe gahunda ya “Gira inka” mu karere ka Rusizi, abaturage basaba ko umuco wa Ruswa wagiye uyirangwamo wacika.
Abahinzi bibumbiye mu itsinda “Twizerane” ryo mu murenge wa Musenyi mu Karere Bugesera, baravuga ko kuva ku buhinzi bw’akajagari, byatumye umusaruro wikuba inshuro enye.
Abaturage 43 bo mu Karere ka Nyabihu bahawe inka muri gahunda ya Gira inka, hagamijwe kubafasha kwikura mu bukene.
Umuhinzi w’intangarugero Mugemana Venuste avuga ko urutoki rwe rugiye kujya rumwinjiriza nibura ibihumbi 500 buri kwezi mu gihe cy’umwaka.
Kuva umwaka wa 2015 watangira MINAGRI yashyize imbaraga mu kuzamura umusaruro w’ibihingwa, ariko mu mpera zawo haza ibiza byangiza imyaka ahenshi.
Abatuye Akarere ka Kirehe barashima Leta y’u Rwanda kuri gahunda ya Gira inka, kuko ifasha abakene mu iterambere no mu mibereho myiza.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Karongi bavuga ko bahawe imbuto z’insina bazi ko ari ubwoko bwa Fiya, nyuma bamwe basanga ari Poyo.