Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Nyanza basabwe gutanga 3.000Frw yiswe aya “Mitiweri y’amatungo” bavuga ko batigeze bazihabwa, ntibanamenya irengero ryazo.
Abaturage batuye imirenge ya Musebeya na Buruhukiro muri Nyamagabe batunguwe n’umusaruro wavuye mu materasi y’indinganire, nyamara barayahinze batabishaka.
Nkurunziza Athanase wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru, aravuga ko yabaye umuhinzi ntangarugero abikesha kwiga guhinga kijyambere.
Abahinzi ba soya mu Karere ka Gatsibo barvuga ko kuba imashini zuhira zikiri nkeya bibateye impunene ko bashobora kuzagwa mu bihombo.
Ikigo gifasha abahinzi muri Afurika, Karayibe na Pasifika (CTA) cyitabiriye inama ya FARA, kiravuga ko utudege tutagira abapirote ‘drones’ twateza imbere ubuhinzi.
Ministiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana, yamenyesheje Ihuriro Nyafurika ry’Abashakashatsi mu buhinzi FARA, ko ryitezweho gutanga ubunararibonye bwunganira ibyo u Rwanda rwagezeho.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi watangije Inama y’Ihuriro nyafurika y’ubushakashatsi ku buhinzi FARA, yasabye gushakisha uburyo haboneka ibirkbwa bihagije Afurika.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi bo mu Karere ka Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’ibirayi rwa Nyabihu Potatoes Company rutarongera gukora kuva rufunguwe.
Aborozi b’inkoko by’umwihariko abo mu Ntara y’Amajyaruguru baravuga ko batazongera gutumiza imishwi mu mahanga, nyuma yo kubona umushoramari uzajya uyibazanira.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Kanyonyomba mu Karere ka Gatsibo barasabwa kongera ingufu mu mikoreshereze y’ifumbire kandi bakirinda kuvangavanga imyaka, kugira ngo umusaruro wiyongere.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Twitezimbere ikorera mu Murenge wa Kabarore muri Gatsibo, baratunga agatoki abayobozi ba koperative kunyereza umutungo wabo.
Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, Michael Ryan, yishimiye umusaruro w’ubuhinzi yasanze mu Karere ka Rubavu, avuga ko ugaragaza iterambere ry’u Rwanda.
Habimana Felix utuye mu Murenge wa Murundi Akarere ka Karongi, ageze ku rwego rwo kweza ibilo 60 by’imyumbati ku giti kimwe.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Kilimbi bahoze mu bukene bukabije, bahaye ingurube bagenzi babo bakiri abakene.
Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bategetswe kubangurira ina zabo hakoreshejwe kuziteza intanga ariko ntizipfa gufata.
Aborozi bo mu Murenge wa Kigeyo muri Rutsiro, ikusanyirizo ry’amata ryuzuye ariko ntirikore rituma babura aho bagemura amata yabo akabapfana.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bavuga ko ibishyimbo bise “Kiryumukwe” babyubaha cyane, kubera uburyo bibinjiriza amafaranga menshi kurusha ibisanzwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buravuga ko icyumweru cyahariwe gahunda ya Girinka kizarangira, byibura abaturage bakabakaba 58 bamaze kugabirwa.
Abahinzi b’unuceri mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bamaze imyaka itatu batabona umusaruro mwiza, bagasaba hashakwa ikibitera.
Inka zisaga 22.000 mu Karere ka Ruhango zatangiye gukingirwa indwara y’igifuruta n’ubutaka mu gikorwa kizamara ibyumweru bibiri.
Mu kubahiriza amabwiriza y’igihugu ajyanye n’imicungire mishya y’amazi yo mu bishanga, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe na RAB basinyanye amasezerano n’abahagarariye abakoresha amazi mu buhinzi.
Abahinzi bo mu Rwanda bashyiriweho uburyo buzajya bubafasha kumenya imihindagurikire y’ikirere, kugira ngo bibafashe gukoresha ubutaka birinda ibihombo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ishami rya Karama mu Bugesera, kimaze imyaka isaga itatu gikora ubushakashatsi ku bworozi bw’ingamiya.
Ikaragiro ry’amata rya Burera rikunze kubura amata, ntirikore uko bikwiye kubera ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata kiri muri ako karere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yibukije arahamagarira urubyiruko kudapfusha ubusa amahirwe rwahawe yo kwiga ahubwo akarufasha mu iterambere.
Abatuye Akarere ka Nyabihu bavuga ko bamaze gusobanukirwa akamaro k’ibiti bivangwa n’imyaka mu kurwanya isuri no gutanga ifumbire.
Bamwe mu baranguza inyongeramusaruro muri Ngororero bavuga ko abacuruzi bazo ari bo bahenda abaturage, kuko amafaranga babagabanyirizaho batayubahiriza ngo nabo bayagabanyirize abaturage.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyahembye abajyanama mu by’ubuhinzi bakorera mu Murenge wa Kabaya muri Ngororero telefoni zo kwifashisha mu kazi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe barinubira ko ubuyobozi bubasaba amafaranga kugira ngo bashyirwe ku rutonde rw’ababazahabwa inka muri gahunda ya “Gira inka.”
Inganda zikora ibiryo by’amatungo ziri kubakwa mu Rwanda ngo ziratanga icyizere ko mu gihe kiri imbere ibyo biryo bitazongera kubura.