Abaturage bo mu mirenge irwaje kirabiranya mu Karere ka Muhanga baravuga ko kudasobanukirwa n’uburwayi bw’urutoki byatumye iyo ndwara yiyongera.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yagaye abafite ubuhinzi mu nshingano mu Karere ka Karongi kudahana amakuru.
Umuryango Restore Rwanda Ministries (RRM) urasaba abaturage bo mu Karere ka Kirehe guhinga igiti cyitwa JATROPHA (Jaturofa) kibyara mazutu hagamijwe kubungabunga ibidukikije.
Umuryango w’ibihugu by’ibiyaga bigari CEPGL, by’u Rwanda, u Burundi na Congo wakoze umushinga wo kubyaza umusaruro ikibaya cya Rusizi.
Nyuma y’umwaka yararagije inka yahawe muri gahunda ya “Gira inka’, ubuyobozi bwayimwatse bumushinja kuyigurisha, ariko we akavuga ko arenganye kuko yayiragije bubizi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuhinzi muri MKinisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yatangaje ko abashakashatsi mu buhinzi bagiye kongera ingufu mu mikoranire hagati yabo.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe bimuwe mu byabo bizezwa urugomero rubafasha kuhira imyaka none amaso yaheze mu kirere.
Umuyobozi w’Ikigega cyita ku Iterambere ry’Ubuhinzi (IFAD), avuga ko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu gukoresha neza inkunga barutera mu buhinzi.
Bamwe mu bagabiwe inka muri Gisagara baravuga ko bafite icyizere ko zizabahindurira imibereho mu gihe bemeza ko bari babayeho nabi.
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko nkongwa yibasira ibigori yabaciye intege zo kubihinga kuko barumbya.
Abatuye mu Murenge wa Kigembe muri Gisagara baremeza ko umusaruro wabo wa Kawa wiyongereye, nyuma yo kwitabira gukoresha ifumbire, bikanatuma inganda zabo zibona umusaruro.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Meshimana Gerardine yasabye imiryango 50 yahawe inka n’Uruganda rw’icyayi rwa Sorwathe kuzorora bagakamira abana amata.
Abaturage bo mu Murenge wa Kiyumba baravuga ko imbuto y’imyumbati bahinze yabarumbiye, bitewe n’impamvu bataramenya.
Abaturage b’Akarere ka Rwamagana bamaze kwitabira ubuhinzi bwa kijyambere, bavuga ko ubuso buto bw’ubutaka butakiri imbogamizi mu kubona umusaruro mwinshi, mu gihe babukoresheje neza.
Abahinzi bo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango baravuga ko bagiye kwibumbira hawme kugira ngo babashe gukodesha imashini zihinga.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Nyarubaka muri Kamonyi bashoboye kubona inguzanyo z’amatungo babikesha kwishyira hamwe mu matsinda agamije kubateza imbere.
Urugaga Nyarwanda rw’Abavuzi b’Amatungo (RCVD) rwahagurukiye gukurikirana imyitwarire ya bamwe mu bavuzi b’amatungo babahesha isura mbi.
Nyuma y’imyaka ibiri imyumbati igaragayemo uburwayi igahagarikwa guhingwa, abahinzi barimo guhabwa imbuto nshya yo mu bwoko bwa NASE 14.
Abagize Koperative “Isuka Irakiza” mu murenge wa Muhazi w’Akarere ka Rwamagana, baravuga ko bageze ku iterambere batarotaga kugeraho batarishyira hamwe.
Nubwo abenshi batunzwe n’ubuhinzi mu Karere ka Karongi, hari abagaragaza ko batazi gahunda ya “Twigire Muhinzi”, Leta yashyizeho mu kubafasha.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi kiritana ba mwana n’abahinzi b’imyumbati bo mu Ntara y’Amajyepfo ku kibazo cy’imbuto y’imyumbati yabahombeye.
Abahinzi bo mu Karere ka Ruhango bavuga ko bifuza gukoresha imashini zuhira imirima ariko bakagira impungenge zo kutabasha kuzigurira.
Abahinzi b’ingano mu Karere ka Nyamagabe baremeza kuba bamenye ubwoko bw’imbuto y’ingano inganda zifuza, bizongera umusaruro wazo bakabasha guhaza amasoko.
Igishanga cya Rwangingo gihuriweho n’Akarere ka Gatsibo ndetse na Nyagatare, kigiye gutangira kubyazwa umusaruro nyuma y’igihe gihingwa mu kajagari.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ihamagarira abahinzi kongera umusaruro w’ubuhinzi ariko bakanateganya ko ikirere kizahinduka umusaruro ukagabanuka.
Aborozi bo mu nkengero z’ishyamba rya Gisirikare rya Gako mu Bugesera bahawe hegitari 600 z’urwuri rwo kororeramo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buri mu rugamba rwo guhangana n’abatubahiriza gahunda yo guhuza ubutaka bagahinga amasaka ahagenewe guhingwa ibihingwa byatoranyijwe.
Abahinzi bo mu Karere ka Gatsibo ntibasobanukiwe n’ingaruka zo gutwikira ibisigazwa by’imyaka mu mirima, aho babikora batekereza ko byongera kweza.
Mu gihembwe cy’ihinga 2016 B kigiye gutangira, abahinzi bo mu Karere ka Kirehe basabwe kwibanda ku kuhinga soya n’ibishyimbo.
Abatuye Umurenge wa Muganza muri Gisagara bavuga ko batangiye guhinga ku materasi bashidikanya ariko ubu bari kubona inyungu yabyo mu musaruro.