Nyuma y’amezi arenga atanu ashize indirimbo “Indoro” ikunzwe cyane, abahanzi Charly na Nina biteze byinshi ku ndirimbo ije iyikurikiye bise “Agatege.”
Abahanzi bagize itsinda Trezzor bateguye igitaramo kimenyekanisha indirimbo yabo nshya bise “Mpore Mpore” kuri uyu wa 7 Gicurasi 2016 kuri The Mirror Hotel.
Kigali Fashion Week na Kabana Club bateguye igitaramo cyo kwibuka umuririmbyi Whitney Houston kizaba ku wa 13 Gicurasi 2016.
Filime “Ca inkoni izamba” ihuriwemo n’abakinnyi bakomeye mu Rwanda ndetse no mu Burundi, ishobora gusohoka muri Kamena 2016.
Umuririmbyi w’Umunyekongo wamamaye cyane, Papa Wemba w’imyaka 66 y’amavuko, yitabye Imana kuri iki Cyumweru, tariki 24 Mata 2016 aguye ku rubyiniro i Abidjan muri Côte d’Ivoire.
Abahanzi batandukanye bemeza ko bizeye ko federasiyo y’abahanzi mu Rwanda bishyiriyeho izabafasha gukemura ibibazo by’umuziki mu Rwanda byari byaranze gukemuka.
Nyuma yo guhumuriza abafana ko P Square igiye gusubirana, Peter yagaragaye akora igitaramo cya wenyine i Dubai.
Umuhanzi Karangwa Lionel uzwi nka Lil G yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo yise ese ujya unkumbura agaragaza ibyamubayeho.
Ubuyobozi bwa Bralirwa bufatanyije na EAP bajyanye abahanzi 10 bahatana mu irushanwa rya Guma Guma Primus Super Star 6, mu Karere ka Kayonza, aho basuye bakanagabira incike za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuhanzi Munyanshoza Dieudonne wamenyekanye nka Mibirizi arasaba abahanzi bavutse nyuma ya Jenoside kwanga amacakubiri n’ikibi kuko ejo hazaza ari ahabo.
Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hacicikana amafoto, aho Lil G yagaragaye aca amafaranga, ayandi akayambara umubiri wose nk’umwambaro.
Umuhanzi Justin Bieber yatangaje ko Taylor Swift ari we wabaye kidobya yo kudasubirana na Selena Gomez bahoze bakundana.
Nyuma y’imyaka umunani Beyonce na Jay Z bakoze ubukwe hagaragajwe bimwe mu bintu bitari bizwi byabaye ku munsi w’ubukwe bwabo.
Umuhanzi wamamaye mu kuririmba indirimbo zihimbaza Imana mu Itorero rya Zion Temple na Eglise Vivante, Sam Murenzi, yashinze ishuri ry’umuziki.
Umuhanzi Ruremire Focus yasheje umuhigo yahize ubwo yasabaga Imana ko nimufasha agakora muzika akanamenyekana, azayiririmbira.
Umuhanzi Gasigwa Pierre avuga ko yahimbye indirimbo itaka ubwiza bw’umuhanda wa “Kivu Belt” ashimira ngo ashimire Perezida Kagame wakuye abaturage mu bwigunge.
Teta Diana arasaba abafana be kumushyigikira ku cyemezo cyo gusezera mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 6 kuko ngo yabitekerejeho.
Umuhanzi Paul Maurix wamenyekanye muri Maurix Music Studio, yatangaje agiye kuririmba indirimbo z’ibihe byose, zirimo ubutumwa bukora ku mutima ya benshi.
Innocet Buregeye usanzwe amenyerewe mu bugeni Nyarwanda ari gutegura imurika rifite insanganyamatsiko yo gufasha abantu gutekerezanya umutima nama.
Cindy Sanyu araye mu Rwanda aho yaje gufasha umuhanzi Kid Gaju kumurika alubumu yitiriye indirimbo bakoranye bise “Gahunda”.
Umuhanzikazi Teta Diana ari gukorwaho inkuru mu mashusho(Magazine Documentaire) n’ikigo cy’Itangazamakuru gikomeye ku isi cya CNN (The Cable News Network) cy’Abanyamerika.
Umunyamakuru Erneste Ugeziwe uzwi nka “Ernesto” kuri Televiziyo y’u Rwanda, yerekeje muri Amerika kwiga mu gihe cy’imyaka ibiri ariko akazanakomerezayo akazi.
Miss Sharifa asanga impano ye y’ubugeni igiye kumenyekana no gutera imbere kubera ko kuba nyampinga bizamufasha guhura n’ababifitemo uburambe bazamufasha.
Davis D na Sat B babinyujije mu ndirimbo bise “Umwana wo mu mujyi”, batatse Kigali na Bujumbura imigi baturukamo banaririmbiramo.
Mutesi Jolly ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, asimbuye Kundwa Doriane wari ufite irya 2015.
Mu gihe hasigaye amasaha atarenga 24 kugira ngo amarushanwa yo gutoranya Nyaminga w’u Rwanda wa 2016 abe, twabateguriye amafoto abibutsa abahatanira iri kamba uko ari 15.
Nyampinga w’u Rwanda wa 2015, Kundwa Doriane, mu minsi ibiri aratanga ikamba yari amaranye umwaka, ariko ibikorwa yakwukozemo ntibivugwaho rumwe.
Umuhanzi Ruremire Focus uririmba mu njyana gakondo agiye kwerekeza i Dar-Es-Salam gukorerayo indirimbo abifashijwemo n’uwitwa Kabano usanzwe amukorera.
Nyampinga Utamuliza Rusaro Carine yagerageje kuba umunyamideli biranga kuko yaje kwisanga atari ibintu bye nk’uko yabitekerezaga ahitamo amarushanwa y’ubwiza.
Angelique Kidjo, umuhanzikazi wo muri Benin, yongeye gutsindira igihembo cya Grammy Awards, agitura abahanzi bagenzi be bo muri Afurika.