Guhera tariki ya 9 kugeza ku ya 10 Ukuboza 2016, muri Kigali City Tower hateganyijwe imurikagurisha ryiswe Rwanda Wedding Expo, rizahuriramo abafite ibikorwa bifite aho bihuriye no gutegura ubukwe.
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye igiye kongera gutora Nyampinga uhiga abandi mu bwiza no mu buhanga nyuma y’imyaka itatu idakora icyo gikorwa.
Igitaramo cyo kumurika album “Adam & Eva” ya Urban Boys cyagombaga kubera mu Mujyi wa Huye muri Hotel Credo kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Ukuboza 2016 cyasubitswe.
Umuririmbyi Tom Close atangaza ko indirimbo yise “Ferrari” yashyize hanze, ayiririmba agira inama abakundana kutagendera ku mafaranga cyangwa ubutunzi.
Mastola, ukora akazi ko gutunganya umuziki avuga ko afite inzozi zo guhindura imikorere y’umuziki wo mu Rwanda ukagera ku rundi rwego.
Umuhanzi Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko atangaza ko adatewe ipfunwe no kuba agize imyaka 38 y’amavuko atarashaka umugore.
Abitabiriye itangizwa ry’iserukiramuco ry’imbyino n’ubugeni (Festival d’Arts et de Musiques Contemporains) batangaza ko rizatuma abazaryitabira barushaho gutekereza ku bworoherane.
Umuryango wa Knowless na Ishimwe Clement wamaze kwibaruka umwana wabo w’imfura w’umukobwa ku wa kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2016.
Umuhanzikazi Cecile Kayirebwa yizihije imyaka 70 y’amavuko, ataramana n’abakunzi be mu gitaramo cyisanzuye kandi cyahaye ijambo uwifuzaga gutarama wese.
Umuraperi Danny Nanone atangaza ko umukobwa yifuza wazamubera umutima w’urugo ari umukobwa w’umutima aho kuba asa n’inzobe cyangwa igikara gusa.
Bobo Bonfils atangaza ko agiye kumurika umuzingo w’indirimbo ze (Album) ku buntu mu rwego rwo gutura igitambo ashimira Imana.
Umuhanzi Danny Vumbi atangaza ko yishimira ko zimwe mu ndirimbo yandikira abahanzi batandukanye bo mu Rwanda zikundwa bigatuma n’abandi bahanzi bamwitabaza.
Bimenyerewe ko abahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda, bakorera ibitaramo mu Mujyi wa Kigali. Bamwe bavuga ko abafana b’umuziki wabo benshi baba i Kigali, abandi bakavuga ko mu zindi ntara bigoye kubona ahantu hakwakira ibitaramo hisanzuye.
Umuhanzi Senderi International Hit avuga ko yahisemo kuririmbira mu masoko nyuma yo kubona ko indirimbo ze zitagicurangwa ku maradio.
Umutesi Aisha niwe wambitswe ikamba rya Nyampinga w’Akarere ka Ruhango nyuma yo gutsinda abo bari bahanganye, tariki ya 30 Ukwakira 2016.
Bamwe mu bahanzi batabashije kwitabira umuganda udasanzwe w’abahanzi wabereye i Nyanza, batangaza ko kuba batarawitabiriye bahombye byinshi.
Uwase Annick yegukanye ikamba rya Nyampinga w’ishuri ryisumbuye ry’imyuga rya IPRC Kigali TSS riherereye mu mujyi wa Kigali.
Loise Lihanda wegukanye ikamba rya Nyampinga w’abafite ubumuga bw’uruhu muri Kenya avuga ko akivuka hari abifuje ko apfa kuko bamufataga nk’umuvumo w’umuryango.
Abiga ibijyanye na filime mu ishuri rikuru rya NSPA ry’i Huye, bavuga ko iserukiramuco rya filime z’i Burayi ryabatinyuye.
Itsinda rya Sauti Sol niryo ryegukanye intsinzi ku mwanya w’itsinda rihiga ayandi muri Afurika mu bihembo bya MTV AMAs 2016.
Abahanzi Charly na Nina batangaza ko Meddy atanga icyizere gikomeye cy’iterambere ry’umuziki nyarwanda nyuma yo kujya mu bahatanira ibihembo bya MTV AMAs.
Kuri uyu wa gatunu tariki ya 14 Ukwakira 2016, Abanyamideli b’abanyarwanda barerekana ubwiza bw’ibihangano bya Kinyarwanda bakora.
Umuhanzikazi Grace Abayizera uzwi nka Young Grace agiye gusubukura guhanga imideli no kwigisha urubyiruko rubyifuza kudoda.
Ihuriro ry’abafana ba Riderman bibumbiye mu muryango bise RFC (Riderman Fan Club) batanze ubwisungane mu kwivuza ku bantu130 bibumbiye mu miryango 28.
Abakora ibijyanye na filime mu Rwanda ngo bazigira byinshi mu iserukiramuco rya filime z’i Burayi rigiye kubera bwa mbere mu Rwanda.
Studio Ingenzi yatangije gahunda y’ibitaramo ku bahanzi bakorana nayo mu rwego rwo kubafasha kurushaho kumenyekana no kwiyegereza abakunzi babo.
Umuhanzi Nyarwanda, Ngabo Medard uzwi nka "Meddy" ari mu bahatanira ibihembo bya MTV Africa Music Awards (AMA), bihabwa abahanzi bahize abandi muri Afurika.
Butera Knowless yizihije isabukuru ya nyuma y’amavuko, ya mbere y’uko yibaruka imfura ye.
Mu Rwanda hagiye kubera iserukiramuco Mpuzamahanga rya Sinema rizahuriramo ibihugu by’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi, rizatangirwamo amahugurwa ku bakinnyi ba Filime Nyarwanda.