The Ben, umuririmbyi w’umunyarwanda ariko uba muri Amerika (USA) yakoze igitaramo cyashimishije abatari bake kuburyo cyarangiye bamwe batabyifuza.
Biteganyijwe ko guhitamo abahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2017, bizatangirira mu mujyi wa Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, tariki ya 14 Mutarama 2017.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Congo (DRC), Koffi Olomide yamaze kugera i Kigali aho aje mu gitaramo gisoza umwaka kizaba ku wa Gatandatu tariki ya 31 Ukuboza 2016.
Umuhanzi w’icyamamare w’umunye congo Koffi Olomide, ari mu nzira agana i Kigali aho ategerejwe mu gitaramo gisoza umwaka kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Ukuboza 2016.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko kuba akunze kugaragaza amarangamutima akarira ari ibintu bimubaho atabishaka.
Abaririmbyi bo mu Rwanda, Charly na Nina, bageze i Bujumbura mu Burundi aho bagiye gutaramira Abarundi ku munsi mukuru wa Noheli.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yageze i Kigali aho aje mu gitaramo cya "East African Party".
Korali Ijuru ibarizwa kuri Katedarali Gatolika ya Butare i Huye, iri gutegura igitaramo kigizwe n’indirimbo za Noheli kizafasha abanyahuye kuryoherwa n’uwo munsi mukuru.
Umuhanzi Mani Martin yateguye igitaramo cyo guha impano ya Noheli abana n’ababyeyi, abacurangira umuziki w’imbona nkumve (Live).
Ubuyobozi bwa Chorale de Kigali butangaza ko hari byinshi byiza bari gutegura, bahishiye abazitabira igitaramo cyayo kizaba tariki 18 Ukuboza 2016.
Umucuranzi wa Piano wo mu Bubiligi, Jef Neve atangaza ko atatunguwe no kubona igitaramo cye na Kayirebwa Cecile gishimisha abakitabiriye.
Abarangije mu ishuri ry’umuziki rya Nyundo batangaza ko biteguye kwerekana ubudasa mu muziki bityo muzika nyarwanda ikagera ku yindi ntera.
Umuhanzi wo mu Rwanda Cecile Kayirebwa na Jef Neve w’Umubiligi biteguye guha abari bwitabire igitaramo cyabo umuziki uyunguruye uhuza imico yombi.
Guhera tariki ya 9 kugeza ku ya 10 Ukuboza 2016, muri Kigali City Tower hateganyijwe imurikagurisha ryiswe Rwanda Wedding Expo, rizahuriramo abafite ibikorwa bifite aho bihuriye no gutegura ubukwe.
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye igiye kongera gutora Nyampinga uhiga abandi mu bwiza no mu buhanga nyuma y’imyaka itatu idakora icyo gikorwa.
Igitaramo cyo kumurika album “Adam & Eva” ya Urban Boys cyagombaga kubera mu Mujyi wa Huye muri Hotel Credo kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Ukuboza 2016 cyasubitswe.
Umuririmbyi Tom Close atangaza ko indirimbo yise “Ferrari” yashyize hanze, ayiririmba agira inama abakundana kutagendera ku mafaranga cyangwa ubutunzi.
Mastola, ukora akazi ko gutunganya umuziki avuga ko afite inzozi zo guhindura imikorere y’umuziki wo mu Rwanda ukagera ku rundi rwego.
Umuhanzi Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko atangaza ko adatewe ipfunwe no kuba agize imyaka 38 y’amavuko atarashaka umugore.
Abitabiriye itangizwa ry’iserukiramuco ry’imbyino n’ubugeni (Festival d’Arts et de Musiques Contemporains) batangaza ko rizatuma abazaryitabira barushaho gutekereza ku bworoherane.
Umuryango wa Knowless na Ishimwe Clement wamaze kwibaruka umwana wabo w’imfura w’umukobwa ku wa kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2016.
Umuhanzikazi Cecile Kayirebwa yizihije imyaka 70 y’amavuko, ataramana n’abakunzi be mu gitaramo cyisanzuye kandi cyahaye ijambo uwifuzaga gutarama wese.
Umuraperi Danny Nanone atangaza ko umukobwa yifuza wazamubera umutima w’urugo ari umukobwa w’umutima aho kuba asa n’inzobe cyangwa igikara gusa.
Bobo Bonfils atangaza ko agiye kumurika umuzingo w’indirimbo ze (Album) ku buntu mu rwego rwo gutura igitambo ashimira Imana.
Umuhanzi Danny Vumbi atangaza ko yishimira ko zimwe mu ndirimbo yandikira abahanzi batandukanye bo mu Rwanda zikundwa bigatuma n’abandi bahanzi bamwitabaza.
Bimenyerewe ko abahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda, bakorera ibitaramo mu Mujyi wa Kigali. Bamwe bavuga ko abafana b’umuziki wabo benshi baba i Kigali, abandi bakavuga ko mu zindi ntara bigoye kubona ahantu hakwakira ibitaramo hisanzuye.
Umuhanzi Senderi International Hit avuga ko yahisemo kuririmbira mu masoko nyuma yo kubona ko indirimbo ze zitagicurangwa ku maradio.
Umutesi Aisha niwe wambitswe ikamba rya Nyampinga w’Akarere ka Ruhango nyuma yo gutsinda abo bari bahanganye, tariki ya 30 Ukwakira 2016.
Bamwe mu bahanzi batabashije kwitabira umuganda udasanzwe w’abahanzi wabereye i Nyanza, batangaza ko kuba batarawitabiriye bahombye byinshi.
Uwase Annick yegukanye ikamba rya Nyampinga w’ishuri ryisumbuye ry’imyuga rya IPRC Kigali TSS riherereye mu mujyi wa Kigali.