Umuhanzi Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko atangaza ko atazasubira gushyingura no mu rusengero kuko iyo agiyeyo arangaza abantu.
Abaririmbyi n’abandi bakora ibijyanye na muzika mu Rwanda bahamya ko igitaramo Sauti Sol yakoreye mu Rwanda cyabasigiye isomo bazagenderaho.
Abahanzi b’Abanyakenya bagize itsinda rya Sauti Sol batangaza ko nubwo baririmbiye Perezida Barack Obama bajyaga bamwoherereza indirimbo ntazumve.
Igitaramo cy’itsinda ry’abahanzi bo mu gihugu cya Kenya bazwi nka Sauti Sol, baje gutaramira i Kigali cyahinduriwe aho cyagombaga kubera habura amasaha make.
Mani Martin aratangaza ko agarukanye imbaraga nyinshi muri muzika, nyuma y’igihe yari amaze atagaragara .
Dorcas Dienda, wiyamamariza kuba Miss RD Congo, akomeje kwibasirwa n’Abanyekongo nyuma yo gutangaza ko abazungu barusha ubwenge abirabura.
Amapantaro y’amakoboyi acikaguritse azwi nka “Déchiré” yambarwa n’abantu batandukanye mu Rwanda, nyamara abenshi batanazi inkomoko yayo n’impamvu aba acikaguritse.
Umukinnyi wa Filime, Dwayne Johnson, aza ku isonga mu bakinnyi bose ba Filime binjije amafaranga menshi mu mwaka wa 2015-2016.
Umuhanzi w’Umunyanijeriya Wizkid yaguze ibihangano bibiri bifite agaciro ka mliyoni 1,6Frw, mu gikorwa cyo gukusanya amafaranga yo kwita ku Ngagi.
Jennifer Lopez, umuririmbyi n’umukinnyi wa filime wo muri Amerika yatandukanye n’umukunzi we, Casper Smart, bari bamaranye imyaka itanu.
Byamaze gutangazwa ko Muneza Christopher umwe mu bahanzi bakunzwe hano mu Rwanda yamaze gusezera muri Kina Music.
Abaririmbyi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko kuba badatera imbere ngo bamenyekane mu Rwanda hose babiterwa n’amikoro make.
Umuhanzi Wizkid ukomoka muri Nigeria yemeje iby’urugendo rwe mu gihugu cy’imisozi igihumbi aho azataramira abakunzi ba muzika mu gitaramo ngarukamwaka cya Mitzing BeerFest.
Irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya gatandatu ryari rimaze amezi atatu rihatanirwa n’abahanzi 10 b’Abanyarwanda, ryashyize rigera ku musozo, aho ryegukanywe n’itsinda ‘Urban Boys’ kuri uyu wa Gatandatu, tariki 13 Kanama 2016.
Itsinda rya Urban Boys ryegukanye Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya gatandatu rihabwa miliyoni 24Frw z’ibihembo.
Abahanzi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyaruguru bibaza aho ibihembo bya “REMO Awards” byagiye kandi ari byo bari bitezeho kumenyekana bagatungwa n’ubuhanzi.
Umuhanzikazi Butera Jeanne Knowless amaze gusezerana kubana akaramata na Producer Ishimwe Clement, umuhango ubereye mu Murenge wa Remera mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki 31 Nyakanga 2016.
Nyuma yo gukubita umwe mu babyinnyikazi be akirukanwa shishi itabona muri Kenya, umuhanzi w’icyamamare, Koffi Olomide, yatawe muri yombi na Polisi ya Kinshasa.
Abahanzi Nyarwanda bazaririmba mu Iserukiramuco rya Muzika Kigali Up bishimiye kuzaririmbana n’ibyamamare mpuzamahanga bizaryitabira kuri iyi nshuro yaryo ya gatandatu.
Kansiime Anne umwe mu banyarwenya bakunzwe mu Rwanda yagarutse gususurutsa abakunzi be mu cyiswe “Arthur and Kansiime Live.”
Umukino wagaragaje ivanguramoko “Apartheid” muri Afurika y’Epfo ni wo wababaje benshi mu bitabiriye Ubumuntu Arts Festival kuri uyu wa 15 Nyakanga 2016.
Hateguwe igitaramo muri Kigali cyo kwibuka ibyamamare mu muziki Michael Jackson na Papa Wemba kubera ibikorwa byabaranze.
Beyonce na Jay Z ni byo byamamare bikundana (Couple), byinjije Amafaranga menshi ku isi mu mwaka ushize wa 2015-2016.
Umutare Gaby ntiyemeranya na Young Grace watangaje ko uburanga bwe buhebuje aribwo bwamuteye kumushyira mu mashusho y’indirimbo ye “Ataha he”.
Umuhanzi Maurix aratangaza ko nyuma yo kugaragara mu mashusho y’indirimbo “Tera imbuto y’urukundo” arenganura umuntu mu rurukiko, bamwe mu bakunzi be batangiye kumwiyambaza ngo abunganire mu manza.
Serivisi mbi, avuga ko zirimo gutunganyirizwa nabi indirimbo no kuzitindana, zatumye umuhanzi Lil G ashinga iye studio.
Umuhanzi Kavutse Olivier na Amanda Fung bakoze urubuga rw’ibijyanye n’ubukwe bwabo buzaba kuwa gatandatu utaha tariki 9 Nyakanga 2016.
Indirimbo Papa Wemba, umuhanzi wafatwaga nk’Umwami wa Lumba, yasize akoranye na Diamond bise “Chacun pour soi” yagiye hanze kuri uyu wa 24 Kamena 2016.
Senderi International Hit, umuhanzi nyarwanda ukunze kwitwa amazina menshi ajyanye n’ibihe runaka ndetse harimo n’irya Harvard, imwe muri Kaminuza ikomeye ku isi, ngo "koko yayinyuzemo".