Nyuma y’amasaha make ashyize hanze indirimbo yakoreye Amavubi n’Abanyarwanda kubera CHAN, Danny Nanone yashimishijwe no gukabya inzozi Amavubi agatsinda.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa umugabo wa Celine Dion, Réné Angelil, yishwe na kanseri, musaza we, Daniel Dion, na we yitabye Imana azize iyi ndwara.
Abakobwa bane muri barindwi bahataniraga itike yo guhagararira Intara y’Amajyepfo mu marushanwa ya Miss Rwanda 2016, baraye batambutse kuri uyu wa 16 Mutarama 2016.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne atangaza ko muri uyu mwaka inyubako z’imyidagaduro ziziyongera n’abashoramari bagashishikarizwa gushora imari mu myidagaduro.
Abahanzi bafatwa n’ibihangange mu karere k’Ikinyaga banegukanye Kinyaga Award, kuri uyu wa 09 Mutarama 2015 barataramira i Nyamasheke muri Café de l’Ouest.
Abareba filime Nyarwanda bavuga ko ari ngombwa ko abazikora bongera ubunyamwuga kugira ngo zibashe guhangana n’inyamahanga.
Umuhanzi Danny Nanone yinjiye muri business, aho yakoze amakaye yamwitiriwe azajya anyuzamo ubutumwa bunyuranye bugenewe urubyiruko cyane cyane abanyeshuri.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa amashusho y’indirimbo “Velo” ya Teta Diana asohotse, amaze kurebwa inshuro zirenga 8407, ibintu bitaba ku ndirimbo nyinshi
Umukobwa wa Senderi w’imyaka 8 yamaze kwinjira mu muziki akaba arimo gukora indirimbo yise “Icyizere” izasohoka tariki 15 Mutarama 2016.
Tariki 30/12/2015, abanyeshuri biga umuziki ku Nyundo bagejeje ku banyehuye umuziki wihuse(live). Igitaramo cyitabiriwe n’abantu bake, ariko abaje cyarabashimishije.
Umuhanzi Konshens yemeza ko itangazamakuru ryo mu Burengerazuba bw’isi ridaha u Rwanda isura nyayo, kandi rwarashoboye kwiteza imbere mu gihe gito nyuma ya Jenoside.
Umuhanzi w’umunya-Jamaica Garfield Spence uzwi cyane nka Konshens yageze mu Rwanda muri iri joro aje gutaramira Abanyarwanda k’ubunani.
Minisitiri Uwacu Julienne atangaza ko kwidagadura bikwiriye gukorwa n’uwabihisemo gusa ariko bigakorwa ku buryo bitabangamira undi udafite aho ahuriye nabyo.
Harerimana Olivier uzwi nka Pusher ni we waraye wegukanye irushanwa rikomeye Kinyaga Award 2 rihuza abahanzi ba Nyamasheke na Rusizi.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Ukuboza 2015, Korari Ijuru ya Paruwasi Katedarari ya Butare yasusurukije Abanyehuye mu gitaramo cy’urunyurane rw’indirimbo za Noheri.
Ku bufatanye na Cogebank habaye inama itegura Miss Rwanda 2016, ku gikorwa gitegurwa Rwanda Inspiration Back Up cyatangijwe ku mugaragaro.
Umwaka wa 2015 waranzwe n’ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro mu Rwanda birimo ibitaramo by’ibyamamare isi yose ihora yifuza kubona.
Umuhanzi Kid Gaju asanga uburyo Album ye ikomeye atayimurikira mu kabyiniro kandi ngo ntiyayimurika Radio na Weasel badahari ngo anabashimire.
Umuhanzi w’Umunyarwandakazi Princess Priscilla arahakana amakuru avugwa ko yaba akundana n’umuhanzi The Ben.
Runyange Dan umuhanzi Nyarwanda uhanga indirimbo z’Imana, ari mu bikorwa by’ibitaramo bishishikariza urubyiruko kwitandukanya n’ibiyobyabwenge abanyujije mu ndirimo zihimbaza Imana.
Karangwa Lionel wamenyekanye cyane nka Lil G, watangiye umuziki ku myaka 13 akaba amaze kuri 21 agiye gushyira hanze alubumu ye ya kabiry yise “Ese ujya unkumbura?”
Umuhanzi Mariya Yohana ahamya ko mu muco Nyarwanda bitemewe kubyinana igisabo kuko iyo bibaye bityo kiba cyabaye igicuma.
Itorero Intayoberana rigeze kure imyiteguro y’igitaramo cyo guha urubuga no kugaragaza agaciro k’umwana, kikazaba kuri uyu wa gatatu tariki 23.12.2015.
Itorero ry’Igihugu Urukerereza ryateguye igitaramo Ndangamuco bise “Indamutso” kikaba ari igitaramo kizaba tariki 20 Ukuboza 2015 muri Kigali Serena Hotel.
Groove Awards yatanzwe ibihembo ku bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana bakoze cyane kurusha abandi mu 2015 mu Rwanda.
Mucyo Shaffy utegura “Rwandan Fashion Show” arakangurira urubyiruko bagenzi be gutinyuka nabo bakaba bakabya inzozi zabo nk’uko nawe byamugendekeye.
Umunya-Jamaica, Konshens, w’icyamamare muri muzika ku wa 1 Mutarama 2016 saa 4.00PM azataramira Abanyarwanda muri "East African Party".
Umuhanzikazi Knowless Butera yashyize ahagaragara amashusho ya "Te amo " yakoranye n’Umunyazambia Roberto, nyuma y’ibizazane yahuye na byo kuri video ya mbere.
Umuhanzi Alpha Rwirangira, yasoje amasomo y’icyikiro cya kabiri cya kaminuza mu bucuruzi ariko yiyemeza ko atazigera areka umuziki.