“The Rock” ku isonga mu binjiza iritubutse muri filime

Umukinnyi wa Filime, Dwayne Johnson, aza ku isonga mu bakinnyi bose ba Filime binjije amafaranga menshi mu mwaka wa 2015-2016.

Uyu Dwayne Johnson ni we winjiza menshi ku isi mu bakinnyi ba filime.
Uyu Dwayne Johnson ni we winjiza menshi ku isi mu bakinnyi ba filime.

Igitangazamakuru Forbes kivuga ko uyu Munyamerika, Dwayne uzwi cyane ku izina rya “The Rock” yinjije miliyoni 64.5$, zibarirwa muri miliyari 50FRW. Yayinjije guhera muri Kamena 2015 kugeza muri Kamena 2016.

Iyi mari ayikesha gukina muri filime zakunzwe nka “Fast & Furious”, “San Andreas”, “Central Intelligence” akinanamo na Kevin Hart, muri filime y’uruhererekane yitwa “Ballers” ndetse n’andi mafaranga yahembwe akina filime zitarasohoka nka “Baywatch” na “Fast 8”.

Mu mwaka wa 2014-2015, yari yaje ku mwanya wa 11 mu bakinnyi ba Filime binjije amafaranga menshi. Yari yinjije miliyoni 31$, zibarirwa muri miliyari 24FRW.

Jackie Chan ku mwanya wa kabiri mu kwinjiza iritubutse muri filime.
Jackie Chan ku mwanya wa kabiri mu kwinjiza iritubutse muri filime.

Ku mwanya wa kabiri haza Umushinwa, Jackie Chan, winjije miliyoni 61$, zibarirwa muri miliyari 48FRw. Yinjije ayo mafaranga abikesha filime zitandukanye yakinnye zakunzwe mu Bushinwa n’ahandi ku isi.

Ku mwanya wa gatatu haza umukinnyi Matt Damon, winjije miliyoni 55$, zibarirwa muri miliyari 44FRw. Yiynjije abikesha filime yakinnyemo yakunzwe zirimo iyitwa “The Martian” n’iyitwa “Jason Bourne”.

Hakurikiraho Tom Cruise winjije miliyoni 53$, zibarirwa muri miliyari 42FRW. Johnny Depp ni we uza ku mwanya wa gatanu n’imari ingana na miliyoni 48$, zibarirwa muri miliyari 38FRW.

Ku mwanya wa gatandu haza Ben Affleck winjijije miliyoni 43$, zibarirwa muri miliyari 34FRw, agakurikirwa na Vin Diesel winjije miliyoni 35$, zibarirwa muri miliyari 28FRW.

Vin Diesel aza ku mwanya wa karindwi mu binjiza menshi muri filime.
Vin Diesel aza ku mwanya wa karindwi mu binjiza menshi muri filime.

Ku mwanya wa munani haza Shah Rukh Khan, umukinnyi wa filime wo mu Buhinde. Yinjije ziliyoni 33$, zibarirwa muri miliyari 26FRW. Asangiye umwanya na Robert Downey Jr, wo muri Amerika.

Ku mwanya wa 10 haza Akshay Kumar winjije miliyoni 31.5$, zibarirwa muri Miliyari 25FRW, umwanya asangiye na Brad Pitt.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

"Ku mwanya wa munani haza Shah Rukh Khan, umukinnyi wa filime wo mu Buhinde. Yinjije ziliyoni 33$"

Yinjije ZILIYONI ????????

xxx yanditse ku itariki ya: 9-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka