Umushinga wo kurwanya imirire mibi mu bana wa Miss Rwanda Liliane iradukunda, wabaye umwe mu mishinga myiza izatoranywamo umushinga wa mbere wa miss world mu by’ubwiza bufite intego (beauty with purpose).
Umwe mu mwanya wagaragayemo amarangamutima menshi mu gitaramo cya Buravan ni aho yashimiye ise mu ruhame, yemeza ko inganzo ye ari we ayikuraho.
Umuhanzi Yvan Burabyo wamenyekanye ku izina rya Buravan, yamuritse Album ye ya mbere, ku wa Gatandatu tariki 1 Ukuboza 2018.
Ku gicamunzi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 1 Ukuboza 2018, ni bwo umuhanzi Yvan Buravan uherutse kwegukana igihembo Prix Decouverte yagaragarije abanyarwanda ko koko yagitwaye agikwiye, maze amurika album ye ya mbere mu gitaramo yise Love Lab.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burezi siyansi n’umuco, ryashyize umiziki wa Reggae mu mirage y’isi ikwiye kubungabungwa ngo itazimira.
Isi y’ikoranabuhanga, yatumye havumburwa ubundi buryo bwo kwamamara, kabone n’iyo waba ntacyo ukora.
Iradukunda Liliane ntiyahiriwe n’irushanwa rya mbere ryo kurimba neza no kwiyerekana mu mideli (Miss World Top Model) mu marushanwa yo gutoranya Nyampinga w’ Isi ari kubera mu mujyi wa Sanya mu gihugu cy’ Ubushinwa.
Ikirezi Annaïs Déborah ni umwana w’umuhanzi Massamba Intore, umwe mu bahanzi baririmba injyana gakondo, akagira ijwi rinyura benshi. Massamba Intore akomora inganzo kuri Se umubyara ari we Sentore Athanase, wabaye umukirigitananga w’icyogere.
Kuva tariki 21 kugeza 23 Ugushyingo 2018, i Kigali hazaba hateraniye inama y’abakora mu bijyanye na filime, inama izaba ibaye ku nshuro ya mbere mu karere u Rwanda ruherereyemo.
Kuri uyu wa kane tariki 15 Ugushyingo, Miss Iradukunda Liliane uhagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Nyampinga w’Isi (Miss World) hamwe n’abandi banyampinga 119 bava mu bindi bihugu, basuye pariki y’umujyi wa Sanya ari nawo aya marushanwa ya Miss World 2018 ari kuberamo.
Umuhanzi Andy Bumuntu, aravuga ko ateganya gusohora umuzingo (album) we wa mbere ahagana mu kwezi kwa karindwi umwaka utaha wa 2019, izaba iriho indirimbo zishobora no kugera kuri 12.
Miss Rwanda 2018, iradukunda Liliane na bagenzi be bagera ku 119, bari guhatanira ikamba rya nyampinga w’isi, bahawe ikaze mu Mujyi wa Sanya uri kuberamo iri rushanwa.
Sonia Rolland Umunyarwandakazi wabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu mwaka wa 2000, yaryohewe cyane no kureba ibyiza by’u Rwanda ari muri kajugujugu’ ikigo cya Akagera Aviation.
Anita Pendo, umunyamakuru akaba umu DJ ndetse n’umushyushyarugamba wamenyekanye cyane mu Rwanda, agira inama bagenzi be b’igitsiba gore ko batagomba gucibwa intege n’ibibakomerera mu nzira ibaganisha ku byo bifuza ngo kuko ntawugira icyo ageraho atavunitse.
Icakanzu Francoise Contente ni umwe mu bakobwa bagize itorero ry’igihugu Urukerereza, akaba umubyinnyi ndetse n’umutoza w’itorero Inyamibwa rya AERG ya Kaminuza y’u Rwanda.
Mu minsi ishize, iyi nteruro (#UrbanBoysCollaboChallenge) yasakaye ku mbuga nkoranyambaga z’abahanzi bo mu Rwanda, iherekejwe n’amashusho y’abahanzi baririmba batazwi.
Yvan Buravan umuhanzi nyarwanda umenyerewe cyane mu Njyana ya R&B, ahigitse by’Abahanzi b’abanyafurika, yegukana irushanwa rya Prix Decouverte ritegurwa na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ya RFI.
Hamble Jizzo umwe mu bagize itsinda Urban Boys yatunguye benshi mu ndirimbo "Mon Amour" bafatanyijemo n’umuhanzi Tresor ndetse na Ziggy 55, aririmb mu njyana atamenyerewemo ya Rumba.
Muyoboke Alex yasabye imbabazi abakunzi b’Umuziki Nyarwanda, nyuma yo kugura indirimbo muri Studio itunganya umuziki ya Monster Records bagasanga yaribwe.
Umukinnyi wa filime ukomeye muri Hollywood Tyler Perry ni umwe mu bazatanga ikiganiro hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwa videwo (Video conference) ku bijyanye no kwiyubakamo icyizere n’ubushobozi mu byo kuyobora abantu (Leadership).
Imyitwarire itari ya gitore imaze iminsi igaragara ku muhanzi Oda Paccy, yatumye ubuyobozi bw’Itorero ry’igihugu bwambura izina ry’Ubutore uwo muhanzi.
Jules Sentore umuhanzi umenyerewe mu njyana Gakondo, yemeje ko abahanzi Nyarwanda barusha ubuhanga abo mu bihugu baturanye, ariko bakarushwa kumenyekanisha ibikorwa byabo.
Umushinga wa ArtRwanda-Ubuhanzi ni igitekerezo cya Minisiteri y’Urubyiruko na Minisiteri ya Siporo n’Umuco, ushyirwa mu bikorwa n’Umuryango Imbuto Foundation.
Umuryango Christian Communication irategura igitaramo yise “Rabagirana Worship Festival”, kigamije kwibutsa abanyempano ko bidahagije kuba ufite impano cyangwa ufite imirimo myinshi ukorera Imana, ahubwo umuntu aba akwiye kongeraho kwerera imbuto bagenzi be.
"Gushishura" ni imvugo ikunze gukoreshwa ku bahanzi bigana ibihangano by’abandi, ugasanga yaba amagambo ndetse n’injyana ntacyo bahinduye, usibye wenda ururimi indirimbo ihinduyemo.
Hashize imyaka 20, Isimbi Laura Karengera agaragaye mu mashusho y’indirimbo ya Kayirebwa “Tarihinda” yakunzwe cyane mu Rwanda no hanze.
Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco(RALC) irasaba abahanzi b’umuziki, filimi, imbyino, ubugeni n’abandi, kubyaza inyungu ibyo bakora kugira ngo bikure urubyiruko mu bushomeri.
Uwamahoro Vanessa ni we watsindiye ikamba rya Nyampinga Scandinavia, nyuma y’amarushanwa yari amaze ukwezi mu Karere ka Rubavu.
Nyirimbabazi Flora uzwi cyane nka Dj Princess Flor, Umunyarwandakazi wabaye icyamamare mu kuvangavanga umuziki, araganira n’abakunzi ba muzika kuri KT Radio, guhera Saa kumi z’umugoroba (5 PM).
Umwe mu bahanzi bari kubaka izina muri muzika nyarwanda, Alyn Sano, avuga ko akunda guteretwa cyane n’abazungu akenshi bashaka ko aryamana nabo.