Anita Pendo, umunyamakuru akaba umu DJ ndetse n’umushyushyarugamba wamenyekanye cyane mu Rwanda, agira inama bagenzi be b’igitsiba gore ko batagomba gucibwa intege n’ibibakomerera mu nzira ibaganisha ku byo bifuza ngo kuko ntawugira icyo ageraho atavunitse.
Icakanzu Francoise Contente ni umwe mu bakobwa bagize itorero ry’igihugu Urukerereza, akaba umubyinnyi ndetse n’umutoza w’itorero Inyamibwa rya AERG ya Kaminuza y’u Rwanda.
Mu minsi ishize, iyi nteruro (#UrbanBoysCollaboChallenge) yasakaye ku mbuga nkoranyambaga z’abahanzi bo mu Rwanda, iherekejwe n’amashusho y’abahanzi baririmba batazwi.
Yvan Buravan umuhanzi nyarwanda umenyerewe cyane mu Njyana ya R&B, ahigitse by’Abahanzi b’abanyafurika, yegukana irushanwa rya Prix Decouverte ritegurwa na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ya RFI.
Hamble Jizzo umwe mu bagize itsinda Urban Boys yatunguye benshi mu ndirimbo "Mon Amour" bafatanyijemo n’umuhanzi Tresor ndetse na Ziggy 55, aririmb mu njyana atamenyerewemo ya Rumba.
Muyoboke Alex yasabye imbabazi abakunzi b’Umuziki Nyarwanda, nyuma yo kugura indirimbo muri Studio itunganya umuziki ya Monster Records bagasanga yaribwe.
Umukinnyi wa filime ukomeye muri Hollywood Tyler Perry ni umwe mu bazatanga ikiganiro hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwa videwo (Video conference) ku bijyanye no kwiyubakamo icyizere n’ubushobozi mu byo kuyobora abantu (Leadership).
Imyitwarire itari ya gitore imaze iminsi igaragara ku muhanzi Oda Paccy, yatumye ubuyobozi bw’Itorero ry’igihugu bwambura izina ry’Ubutore uwo muhanzi.
Jules Sentore umuhanzi umenyerewe mu njyana Gakondo, yemeje ko abahanzi Nyarwanda barusha ubuhanga abo mu bihugu baturanye, ariko bakarushwa kumenyekanisha ibikorwa byabo.
Umushinga wa ArtRwanda-Ubuhanzi ni igitekerezo cya Minisiteri y’Urubyiruko na Minisiteri ya Siporo n’Umuco, ushyirwa mu bikorwa n’Umuryango Imbuto Foundation.
Umuryango Christian Communication irategura igitaramo yise “Rabagirana Worship Festival”, kigamije kwibutsa abanyempano ko bidahagije kuba ufite impano cyangwa ufite imirimo myinshi ukorera Imana, ahubwo umuntu aba akwiye kongeraho kwerera imbuto bagenzi be.
"Gushishura" ni imvugo ikunze gukoreshwa ku bahanzi bigana ibihangano by’abandi, ugasanga yaba amagambo ndetse n’injyana ntacyo bahinduye, usibye wenda ururimi indirimbo ihinduyemo.
Hashize imyaka 20, Isimbi Laura Karengera agaragaye mu mashusho y’indirimbo ya Kayirebwa “Tarihinda” yakunzwe cyane mu Rwanda no hanze.
Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco(RALC) irasaba abahanzi b’umuziki, filimi, imbyino, ubugeni n’abandi, kubyaza inyungu ibyo bakora kugira ngo bikure urubyiruko mu bushomeri.
Uwamahoro Vanessa ni we watsindiye ikamba rya Nyampinga Scandinavia, nyuma y’amarushanwa yari amaze ukwezi mu Karere ka Rubavu.
Nyirimbabazi Flora uzwi cyane nka Dj Princess Flor, Umunyarwandakazi wabaye icyamamare mu kuvangavanga umuziki, araganira n’abakunzi ba muzika kuri KT Radio, guhera Saa kumi z’umugoroba (5 PM).
Umwe mu bahanzi bari kubaka izina muri muzika nyarwanda, Alyn Sano, avuga ko akunda guteretwa cyane n’abazungu akenshi bashaka ko aryamana nabo.
Mu Rwanda haje irindi rushanwa ryitwa CRWA Entetainment Award rishaka na ryo kujya rihemba abahanzi, ryateguwe na kampani yitwa Muhi’s Ltd.
Perezida Paul Kagame yemereye abahanzi Nyarwanda ko rimwe na rimwe bajya bakoresha inyubako ya FPR Inkotanyi izwi nka Intare Conference Arena, igihe bateguye ibitaramo.
Ngarukiye Daniel ni umuhanzi wamamaye mu Rwanda mu Njyana gakondo, aho azwiho ubuhanga mu gucuranga inanga, akomora kuri Sentore Athanase witabye Imana.
Alpha Blondy umuhanzi w’igihanganjye mu njyana ya Reggae, witabiriye Iserukiramuco Ngarukamwaka rya Kigali Up, yatangaje ko yitabiriye iri serukiramuco azaniye Abanyarwanda umusanzu we mu kwimakaza ibyishimo n’umunezero, nyuma y’ibihe bibi bya Jenoside yakorewe Abatutsi bahuye nabyo.
Mu gihe yitegura igitaramo gikomeye kuri uyu wa 28 Nyakanga 2018 azakorana n’Icyamamare Yvonne Chaka Chaka, yakoze akantu kavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga.
Mutamuriza Anonciata wamenyekanye cyane nka Kamaliza mu ndirimbo zikundwa na benshi kugeza magingo aya, ni umwe mu bahanzi bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu. KT Radio mu kiganiro Ni muntu ki?, yabateguriye icyegeranyo kibagezaho byinshi mutamenye kuri uwo muhanzi. Iyumvire.
Mu myaka 15 ishize umuziki wo mu Rwanda wazamutse mu buryo budasanzwe ufata indi ntera, ku buryo kuri iki gihe bigoye kumenya umuhanzi wihariye isoko kuko barihuriyeho ari benshi.
Irebere kandi uniyumvire aba basaza ubuhanga bafite mu gucuranga iningiri, baririmba indirimbo y’icyongereza utabakekera ko bazi.
Ntibisanzwe kubona abasore biyegurira gucuranga Umuduri, bakanabigira umwuga ngo bibabesheho. Aba bitwa The Real Singers bakaba bagiye kuducurangira imwe mu ndirimbo bise"Umuyobozi wizewe Kagame Paul"
“Rwanda from the Darkness” filime mbarankuru igiye gushyirwa hanze, mu rwego rwo kwerekana uko u Rwanda ruhagaze nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu maso y’abanyamahanga.
Igifefeko ni imvugo abantu bakoresha bacurika amagambo ku buryo utayimenyereye utabasha kumva ubutumwa buyikubiyemo.
Hatuwezi kurudi nyuma, ni imwe mu ndirimbo nyinshi zateraga imbaraga ingabo za RPF Inkotanyi ku rugamba rwo kubohora igihugu.
Umuhanzi Bonhomme arategura igitaramo cyo gushimira Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zikagarura amahoro mu Banyarwanda, ndetse zikanasubiza icyizere abumvaga ubuzima bwabarangiriyeho bategereje kwicwa.