Bamwe mu babyeyi bafite abana biga umukino njyarugamba (karete) bo mu karere ka Rusizi bavuga ko aho abana babo batangiriye kuyiga hari byinshi byahindutse ku bana babo cyane cyane cyane kugira imyitwarire myiza ku bari barananiranye.
Mu gitaramo gikomeye cyane cyabaye kuri uyu wa 23 Ukuboza 2018 Chorale de Kigali yanejeje abantu mu buhanga bwayo ibaririmbira indirimbo izwi cyane iranga amarushanwa y’amakipe yabaye aya mbere iwabo ku mugabane w’Uburayi.
Byari urugamba rutoroshye gutoranya abakobwa bahagararira intara y’Uburengerazuba muri Miss Rwanda 2019, kubera umubare munini w’abakobwa bitabiriye iri rushanwa.
Mu irushanwa rya Miss Rwanda muri 2015, Umuratwa Eduige uzwi nka Queen Eduige akaba na murumuna wa Young Grace yavuyemo rugikubita, anenzwe uburebure butagera kuri metero 1,7.
Mu mwaka wa 2017, nibwo batangaje ko urukundo rwabo rugeze aho bashobora no kuzabana, none byarangiye basezeranye kubana burundu mu bukwe bwabaye mu ibanga muri iyi wikendi ishize.
Kugirango igikorwa gikomeye gisaba imbaraga za benshi kigere ku ntego, hakenerwa byinshi harimo n’abahanzi n’abashyushyarugamba, ngo bihutishe icengeramatwara mu mitwe y’abantu, babyumve, babikunde ndetse babikore vuba nk’abasiganwa n’igihe.
Mwiseneza Josiane wiyiziye buhoro buhoro n’amaguru, yagenze urugendo rw’iminota 40 ariko ibyuya no kudasirimuka mu maso ya bamwe, kimwe n’abaje mu modoka ntibyamubujije kwemeza abatanga amanota.
Abahembwe mu isozwa ry’ irushanwa ‘Art Rwanda Ubuhanzi’ kuri uyu wa gatandatu tariki 15 Ukuboza 2018, baravuga ko amafaranga bahembwe agiye kubafasha gushyira mu bikorwa imishinga ya bo y’ubuhanzi bari baraburiye uburyo kubera amikoro.
Mu masaha y’ igitondo, i Musanze ahakorerwa amajonjora ya Miss Rwanda, abakobwa bashinguye n’ibiro biringaniye bari urujya n’uruza.
Madame Jeannette Kagame aravuga ko abahanzi bakwiye gushyigikirwa mu buhanzi bwabo, kuko ari bamwe mu bakozi bagira ingorane kenshi zirenze iz’abandi, bitewe n’uko bavunika cyane bahanga kandi ntibacike intege n’ubwo baba batizeye ko ibyo bahanga bizakundwa.
Zizou amaze gukora indirimbo zirindwi zamenyekanye cyane, aritegura kuzihuriza hamwe agakora Mix Tape, ariko nta ndirimbo n’imwe yumvikanamo ijwi rye, n’aho bahamagaye abahanzi ntahakandagira.
Yvan Buravan uherutse kwegukana ibihembo bya Prix Decouverte, yamaze gusinyana amasezerano n’ikigo SACEM( Société des auteurs, compositeurs et éditeurs de musique) gishinzwe kwamamaza ibihangano no gushakisha amafaranga muri ibi bihangano agashyikirizwa ba nyirabyo.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Ministere w’ububanyi n’amahanga Dr Richard Sezibera yagaragaje uburyo yashimishijwe cyane Abanyeshuri biga mu ishuri rya muzika ku Nyundo bahuriye muri Chorale de Nyundo.
Mu mujyi wa Kigali hagiye kubera igitaramo cyo gusetsa n’urwenya, abanyarwenya bemeza ko bagiye guha umwaka mushya muhire na Noheri abanyarwanda.
Umuryango w’umunyarwenya Emmanuel Mugisha uzwi nka “Clapton Kibonke” wibarutse imfura ye nyuma y’amezi abiri gusa ashyingiranywe n’umugore we.
Indirimbo Fall y’umuhanzi wo muri Nigeria Davido, yamaze guca agahigo ko kuba ari yo ndirimbo imaze kurebwa inshuro nyinshi kuri Youtube, aho imaze kurebwa izisaga miliyoni 99.
Filime "Queen Sono" izagaragaramo umunya Africa y’Epfo Pearl Thusi, aho azagaragara nk’intasi. Uyu asanzwe azwi muri filime nka « Quantico, Catching Feelings… »
Kugeza ubu, Miss Mutesi Aurore Kayibanda, ntabwo akiri kuri Instagram, naho umugabo we Egide Mbabazi wakurikiraga umuntu umwe gusa ariwe Aurore, ariko ubu ntabwo akimukurikira, ikindi gitangaje.
Igihe cy’iminsi mikuru cyongeye cyageze aho abantu batandukanye bashaka kwishimisha, baba bifuza ahantu heza cyangwa ibirori byiza byo gusohokeramo.
Nyuma y’icyumweru Safi Madiba yamamaza ibikorwa bye muri Tanzania, yasize atsuye umubano n’inzu ya Wasafi ya Diamond, naho umugore we Judith asubira muri Canada.
Itorero Inyamibwa, ry’Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, AERG, ryateguye gahunda ngarukamwaka yo gutaramira Abanyarwanda riyita Inkera i Rwanda. Inkera i Rwanda y’umwaka wa 2018, iteganyijwe tariki ya 9 Ukwakira 2018, ikaba yarahawe insanganyamatsiko yitwa "Rwimitana". Inyamibwa zirakangurira (…)
Umushinga wo kurwanya imirire mibi mu bana wa Miss Rwanda Liliane iradukunda, wabaye umwe mu mishinga myiza izatoranywamo umushinga wa mbere wa miss world mu by’ubwiza bufite intego (beauty with purpose).
Umwe mu mwanya wagaragayemo amarangamutima menshi mu gitaramo cya Buravan ni aho yashimiye ise mu ruhame, yemeza ko inganzo ye ari we ayikuraho.
Umuhanzi Yvan Burabyo wamenyekanye ku izina rya Buravan, yamuritse Album ye ya mbere, ku wa Gatandatu tariki 1 Ukuboza 2018.
Ku gicamunzi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 1 Ukuboza 2018, ni bwo umuhanzi Yvan Buravan uherutse kwegukana igihembo Prix Decouverte yagaragarije abanyarwanda ko koko yagitwaye agikwiye, maze amurika album ye ya mbere mu gitaramo yise Love Lab.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burezi siyansi n’umuco, ryashyize umiziki wa Reggae mu mirage y’isi ikwiye kubungabungwa ngo itazimira.
Isi y’ikoranabuhanga, yatumye havumburwa ubundi buryo bwo kwamamara, kabone n’iyo waba ntacyo ukora.
Iradukunda Liliane ntiyahiriwe n’irushanwa rya mbere ryo kurimba neza no kwiyerekana mu mideli (Miss World Top Model) mu marushanwa yo gutoranya Nyampinga w’ Isi ari kubera mu mujyi wa Sanya mu gihugu cy’ Ubushinwa.
Ikirezi Annaïs Déborah ni umwana w’umuhanzi Massamba Intore, umwe mu bahanzi baririmba injyana gakondo, akagira ijwi rinyura benshi. Massamba Intore akomora inganzo kuri Se umubyara ari we Sentore Athanase, wabaye umukirigitananga w’icyogere.
Kuva tariki 21 kugeza 23 Ugushyingo 2018, i Kigali hazaba hateraniye inama y’abakora mu bijyanye na filime, inama izaba ibaye ku nshuro ya mbere mu karere u Rwanda ruherereyemo.