Imyaka ibaye 10 isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda, ’Tour du Rwanda’ ribaye mpuzamahanga, aho kugeza ubu ryamaze guhindura icyiciro ribarizwamo.
Kuwa gatanu tariki 15 Ugushyingo 2019, ni bwo habaye ‘Rayon Sport day’, umunsi warimo ibikorwa bitandukanye byateguwe n’ikipe ya Rayon Sport FC.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Ugushyingo 2019 ni bwo bizaba ari ibirori mu mihanda yo mu karere ka Gasabo, aho hazaba hakinwa irushanwa rya nyuma muri shampiyona yo gusiganwa ku ma modoka.
Umukino w’umunsi wa Cyenda wa Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ugomba guhuza Gicumbi Fc na Rayon Sports Fc wimuriwe ku cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo 2019 i Saa Cyenda.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi Tuyisenge Jacques, yashimiye ikipe ya Etincelles yakiniye imyaka ine, ayiha imyambaro ifite agaciro ka Miliyoni hafi eshatu
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda itsindiwe kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo na Cameroun igitego 1-0, bituma ajya ku mwanya wa nyuma mu itsinda
Umunyarwanda Munyaneza Didier ukinira ikipe ya Benediction Excel Energy y’i Rubavu yegukanye Tour du Senegal yasorejwe mu mujyi wa Dakar
Kuva tariki ya 21 kugera tariki ya 29 Ugushyingo 2019 mu Rwanda hazatangira irushanwa Agaciro Basketball Tournament ryateguwe n’Ikigega Agaciro Development Funds, n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda.
Mu birori byiswe Rayon Sports Day, ikipe ya Rayon Sports yamuritse umwambaro mushya inaha numero abakinnyi bazakinana mu mwaka w’imikino 2019/2020
Mu mukino w’umunsi wa mbere wo guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika cya 2021, Amavubi atsindiwe i Maputo na Mozambique ibitego 2-0
Ku mukino ikipe y’u Rwanda na Cameroun zizakinira i Kigali kuri iki cyumweru, hatangajwe ahantu icyenda hazacucurizwa amatike kuri uyu mukino
Myugariro w’Amavubi Emery Bayisenge ntakina umukino Amavubi aza guhuramo na Mozambique ku i Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba uyu munsi
Umunyarwanda Mugisha Samuel ukina umukino w’amagare yamaze gusinya umwaka mu ikipe yo mu Bufaransa
Ikipe y’igihugu ya Mozambique yamaze kubona abaterankunga babiri mbere y’uko ihura n’Amavubi y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 14/11/2019
Abayobozi b’amakipe ya Rayon Sports na Gasogi United bahize ubutwari mbere y’umukino uzabahuza kuri uyu wa Gatanu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoze urugendo rwo kunanura imitsi i Maputo muri Mozambique, mbere y’uko baza gukora imyitozo kuri uyu mugoroba
Masudi Juma wari umaze iminsi ari umutoza wa Bukavu Dawa yo muri RD Congo yamaze kwemezwa nk’umutoza mukuru wa Bugesera FC
Ku cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo 2019 kuri Sitade mpuzamaganga ya Crickek i Gahanga mu karere ka Kicukiro hasojwe shampiyona ya 2019 yegukanwe na Challengers CC itsinze Telugu Royals CC ku manota 135 kuri 6 muri Overs 24.
Umunyarwanda Munyaneza Didier ukinira Benediction Excel Energy yanikiye abandi mu gace ka kabiri ka Tour du Senegal, ahita yambara umupira w’umuhondo
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yamaze kwerekeza i Maputo muri Mozambique, aho agiye gukina umukino wa mbere mu guhatanira itike ya CAN 2021
Kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo 2019, i Athen mu Bugeleki, haberaga Marathon mpuzamahanga aho Umunyarwanda Muhitira Felicien bakunda kwita Magare yaje ku mwanya wa kabiri akurikiye Umunyakenya.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 09 Ugushyingo 2019, i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, habereye inama y’inteko rusange ya Espoir BBC yasize itoye ubuyobozi bushya .
Umutoza Justin Bisengimana amaze kwirukanwa na Bugesera Fc nyuma y’umunsi wa munani wa shampiyona ashinjwa umusaruro muke
Kuri uyu wa Gatanu triki ya 08 Uguehyingo i kipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 87 kuri 65 igera ku mukino wa nyuma wa Legacy Tournament.
Mu mukino wasozaga imikino y’umunsi wa munani wa shampiyona, Kiyovu Sports inganyije na APR FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Kuri uyu wa Kane ku munsi wa kabiri wa’irushanwa “Legacy Tournament” ryateguwe mu rwego rwo kwibuka abagabo babairi bagize uruhare mu guteza imbere umukino wa Basketball mu Rwanda Shampiyona Aimable na Nizeyimana Jean De Dieu , ikipe ya REG yatsinze Espoir BBC amanota 81 kuri 69.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo yo gutegura imikino ibiri izahuramo na Mozambique na Cameroun mu cyumweru gitaha
Shampiyona ya Volleyball umwaka w’imikino wa 2019/2020 iratangira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 09 Ugushyingo 2019, aho imwe mu mikino izabera muri Kigali Arena
Ikipe ya Rayon Sports yongeye kubona amanota atatu imbere ya Marines, mu mukino yayitsindiye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Kuri uyu wa gatatu tariki 06 Ugushyingo 2019 muri Petit Stade na Gymnase ya NPC haratangira irushanwa ryiswe Legacy ritegurwa na United Generation Basketball (UGB) n’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA).