U Rwanda rushobora kwakira imikino ya 1/4 ya Basketball Africa League

Kuva tariki 27-28 Gicurasi 2020, u Rwanda rushobora kwakira imikino ya 1/4 ya Basketball Africa League.

U Rwanda ruramutse rwakiriye iyi mikino, yabera muri Kigali Arena (Photo:Internet)
U Rwanda ruramutse rwakiriye iyi mikino, yabera muri Kigali Arena (Photo:Internet)

U Rwanda ruzakira imikino ya nyuma ya Basketball Africa League tariki ya 29 kugeza 31 Gicurasi, ni bwo hazaba imikino ya nyuma. Amakipe ane akazahurira mu mikino ya 1/2 ndetse hakazakinwa umukino wa nyuma.

Kigali Today yifuje kumenya ukuri kw’aya makuru, ivugisha umwe mu bayobozi b’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda utashatse ko amazina ye atangazwa.

Uwo muyobozi yagize ati “Birashoboka dutegereje ko BAL ibitumenyesha”.

U Rwanda ruhagarariwe n’ikipe ya Patriots BBC mu mikino y’ijonjora rya gatatu.

Amakipe 12 azakina iki cyiciro yagabanyijwe mu byerekezo bibiri

Imyenda amakipe azambara yamaze gukorwa
Imyenda amakipe azambara yamaze gukorwa

Sahara

AS Sale

AS Police

FAP

Rivers Hoopers

GS Petroliers

AS Douanes

Nile

Patriots

Zamalek

GNBC

Ferroviario de Maputo

Petro de Luanda

Monastir

Buri cyerekezo kizakinira mu mijyi itatu. Buri kipe izakina imikino itanu, aho igomba guhura na buri kipe bari mu gice kimwe.

Amakipe ane muri buri cyerekezo azahurira i Kigali yishakemo izakina izegukana igikombe cya Basketball Africa League.

Imikino y’ijonjora rya gatatu rizakinwa mu buryo bwa shampiyona aho izakinirwa mu mijyi itandatu.

Iyo mijyi ni:

Sale: Morocco

Monastir: Tunisia

Cairo: Egypt

Dakar: Senegal

Lagos: Nigeria

Luanda: Angola

Kigali izakira imikino ya 1/2 izahuza amakipe ane ya nyuma.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka