Abakozi ba Kompanyi yitwa CMA CGM y’Abafaransa ikora ubwikorezi (shipping) cyane cyane ku mazi no ku butaka, ndetse n’abandi bafatanyabikorwa bayo, tariki ya 30 Kamena 2023 bitabiriye igikorwa cyo gutanga amaraso cyabereye i Masaka mu Mujyi wa Kigali.
Umuhanzi Adedeji Adeleke uzwi nka Davido arashinjwa guca inyuma umugore we Chioma, agatera inda abakobwa babiri mu bihe bimwe.
Nyuma y’uko kuva muri 2012 abakozi b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), bagiye begeranya amafaranga bakagura inka zo kuremera abarokotse Jenoside batishoboye bo mu Karere ka Huye, batangiye kuzitanga no mu Karere ka Gisagara.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, avuga ko mu rwego rwo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere, ubu moteri 400 zifashishwa mu kuhira imyaka, zimaze guhabwa abaturage mu buryo bwa nkunganire, bakishimira ko basigaye bahinga badakangwa n’impeshyi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rugiye guhabwa ubushobozi bwo gushyingura dosiye ndetse n’ubwo gukora ubuhuza.
Abatuye akagari ka Cyabararika Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, basanga kuba baragize umuco gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari kimwe mu bibafasha guhangana na yo no kuyisobanurira abato.
Ku wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, ikipe ya Rayon Sports yamuritse amatike yo kwinjira kuri stade mu mwaka w’imikino 2023-2024, umuntu ashobora kugurira rimwe umwaka wose. Ni amatike ari mu byiciro bitatu bitewe n’aho umuntu yicara muri stade, ndetse n’ibyo azajya agenerwa bitewe n’itike yaguze byose bijyana n’ubushobozi bwe.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yakiriye mu biro bye Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, tariki 30 Kamena 2023, baganira ku gukomeza guteza imbere umubano usanzwe uranga ibihugu byombi.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rwatangije umushinga w’itegeko rizemerera uru rwego kugira imikorere yihariye, irushoboza gufata imyanzuro ikomeye ku giti cyarwo.
Umunyamideri akaba n’umumurika mideri w’Umwongereza, Naomi Campbell, ari mu byishimo byo kwibaruka umwana wa kabiri ku myaka 53.
Ubushakashatsi ku ndwara zitandura bwamuritswe na Ministeri y’Ubuzima (MINISANTE), ku wa Gatanu tariki ya 30 Kamena 2023, bwagaragaje ko Intara y’Amajyepfo n’iy’Iburasirazuba ziza ku imbere mu kugira abaturage benshi banywa itabi.
Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gahanga, ku wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023 habaye igikorwa cyo kwimura no gushyingura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, iki gikorwa kikaba cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gahanga. Ni igikorwa cyabanjirijwe n’umugoroba wo kwibuka wabereye kuri Paruwasi (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yabwiye Inteko ko Leta y’u Rwanda ikeneye Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyari 400 yo gusana ibyangijwe n’ibiza, byibasiye cyane cyane Intara y’Iburengerazuba mu ntango za Gicurasi 2023.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, Banki ya Kigali yagiranye amasezerano y’ubufatanye n’Umushinga witwa Hinga Wunguke w’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere (USAID), hagamijwe gutanga igishoro n’ubumenyi ku bahinzi n’abongerera agaciro umusaruro.
Mu Rwanda hatangijwe Ihuriro ry’abagore bakora mu bigo bitandukanye by’imari, n’iby’ubwishingizi bikorera mu Rwanda (Women in Finance Rwanda), kugira ngo babone ahantu bahurira bahugurane, banafatanye.
Abanyeshuri 35 baturuka mu bihugu 10 byo ku mugabane wa Afuruka, kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, basoje amasomo bamazemo umwaka ajyanye n’ubuyobozi (Police Senior Command and Ataff Course), yatangirwaga mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngororero yemeje ingengo y’imari nshya isaga Miliyari 33Frw, izakoreshwa hibandwa ku bikorwa byo gusana ibyangijwe n’ibiza, no guteza imbere ubuhinzi nk’umwuga utunze benshi mu baturage b’ako karere.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango RPF-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yasabye Abadepite baturuka mu Muryango RPF-Inkotanyi, kujya bakorana ubushishozi, bagatora amategeko ajyana n’umuco w’Igihugu ndetse n’indangagaciro zacyo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, Inama Nkuru y’Ubucamanza yateranye, iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo, ifata ibyemezo binyuranye, birimo gusezerera bamwe mu bacamanza kubera impamvu zitandukanye, abandi bahindurirwa aho bakoreraga.
Umuryango Nyarwanda w’abagore bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (Rwanda National Association Deaf Women/RNADW), washyizeho ikigo gifasha abagore n’abakobwa bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, kwiga ururimi rw’amarenga no kurwanya ihohoterwa bakorerwa mu Karere ka Nyamasheke.
Umuhanzikazi w’Umunyamerika, Madonna, yimuye ibitaramo byo kuzenguruka Isi, byari biteganyijwe gutangira muri Nyakanga kugeza mu kwezi k’Ukuboza 2023, nyuma yo kujyanwa mu bitaro kubera indwara yatewe na bagiteri ‘grave infection bactérienne’.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, aranenga uburyo Intara y’Amajyepfo igaragaza ko ifite inka zisaga ibihumbi 400, ariko zikaba zitanga gusa umukamo ubarirwa muri litiro z’amata ibihumbi 200 ku mwaka.
Myugariro mushya wa Mukura VS Muvandimwe JMV yemereye abafana 20 b’iyi kipe batuye i Kansi aho umuryango we ukomoka amatike yo kwinjira ku mukino wa mbere bazakira.
Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ryigisha Ubukungu n’Icungamutungo (CBE), yatangije gahunda ngarukamwaka yo guhuza abanyeshuri bayo n’ibigo bitanga imirimo, kugira ngo biyifashe kujyanisha amasomo n’igihe.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku munsi Mukuru wa Eid Al Adha, Umuyobozi w’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), Sheikh Salim Hitimana, yavuze ko abayisilamu bose byari biteganyijwe kubajyana gukora umutambagiro mutagatifu muri uyu mwaka, bose bagiyeyo, nubwo hari ibibazo byari byagaragayemo.
Polisi y’ u Rwanda ifatanyije n’Umujyi wa Kigali hamwe n’Ihuriro ry’Imiryango ishingiye ku kwemera (Rwanda Interfaith Council/RIC), ku wa Kabiri tariki 27 Kamena 2023, bafunze zimwe mu nsengero zisakuriza abaturanyi bazo.
Abasirikare barenga ibihumbi bitatu (3,000) bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), barimo aba Ofisiye bakuru, aba Ofisiye bato n’abafite andi mapeti, basoje imyitozo ihanitse igenewe abarwanira ku butaka (Advanced Infantry Training/AIT) bamazemo amezi atandatu.
Murekatete Triphose wari umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro wirukanywe na Perezida wa Repubulika, hamwe n’Inama Njyanama bakorana, yahererekanyije ubushobozi na Mulindwa Prosper umusimbuye, ashimira abaturage bamutoye.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) dukesha iyi nkuru, byatangaje ko Kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, Perezida wa Republika, Paul Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame bari mu ruzinduko muri Seychelles, bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 47 y’ubwigenge bw’iki gihugu.
Umugabo witwa Martin Nyota n’umugore we Rose Wairimu, bafatiwe mu rugo rwabo hamwe e n’undi witwa Eunice Muthoni, bose uko ari batatu bakaba bakurikiranyweho icyaha cyo gusahura umutungo wa Leta nyuma y’uko bashinjwe kwiba imiswa bakajya kuyigurisha mu Bushinwa no mu Bufaransa.
Yevgeny Viktorovich Prigozhin, ni we uyobora umutwe w’abacanshuro wa Wagner uvugwa kuba wariyambajwe mu ntambara zo mu bihugu bimwe na bimwe by’Afurika.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yavuze ko atemeranya n’umwanzuro w’Urukiko rw’ubujurire rw’i Londres, witambitse gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Nkuko Kigali Today igenda ibagezaho inkomoko n’inyito z’ahantu hatandukanye mu Rwanda kugira ngo abantu barusheho kumenya amateka ndetse banayabungabunge , yabakusanyirije amwe mu mateka asobanura inkomoko y’izina ‘Kigali’.
Umunyezamu Simon Tamale ukomoka muri Uganda yamaze kwemezwa nk’umunyezamu mushya w’ikipe ya Rayon Sports mu gihe cy’umwaka umwe
Abagize urugaga ruhuza amadini n’amatorero rushinzwe ku kubungabunga ubuzima (RICH), baratangaza ko buri mwemeramana agomba kumenya ko kuboneza urubyaro, uretse kuba ari gahunda ya Leta, ariko ari n’iy’Imana.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko ifite ikibazo ku mwanzuro w’Urukiko rw’Ubujurire rw’i Londres mu Bwongereza, uvuga ko u Rwanda atari igihugu gitekanye gishobora kwakira abasaba ubuhungiro.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bashyize ahagaragara gahunda yo kubaka imihanda y’imigenderano bikorera ubwabo, mu rwego rwo gutanga umusanzu wabo muri gahunda ya Guverinoma yo kubaka ibikorwa remezo, ikazatwara Miliyoni 258Frw.
Rutagarama Appolo yarwanye urugamba rwo kwibohora avuye ku rugerero yiyemeza kuzamura imibereho y’abanyarwanda binyuze mu kubagabira inka, ubu akaba amaze koroza abantu 216 biganjemo abatishoboye.
Itsinda ry’abanyeshuri15 basoje umwaka wa mbere muri INES-Ruhengeri mu byishimo, nyuma y’uko bashinze Kampani ikora Protokole, biturutse ku gitekerezo bagize cyo gucunga neza buruse, mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo birinda ibishuko byugaruje bamwe mu rubyiruko.
Mulindwa Prosper, wagizwe Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rutsiro mu itangazo ryo ku itariki 28 Kamena 2023 ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe rimugira Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Rutsiro nyuma y’uko Njyanama y’ako karere isheshwe, yavuze ko yatunguwe n’inshingano nshya yahawe.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwarekuye by’agateganyo Rwamurangwa Stephen, Mberabahizi Chretien na Nyirabihogo Jeanne, rutegeka ko umushoramari Nsabimana Jean Dubai akomeza gufungwa.
Mu gihe mu Rwanda hari abakene bagiye bafashwa mu rwego rwo kugira ngo bave mu bukene bukabije ahubwo bagasa n’abumva ko bari mu cyiciro gikwiye gufashwa igihe cyose hamwe n’abana babo, hari n’abagiye bazamuka babikesha Girinka na VUP.
Umuhanzikazi Shengero Aline Sano umaze kumenyakana nka Alyn Sano akaba umwe mu b’igitsinagore bari kwigaragaza cyane mu muziki w’u Rwanda, yashyize hanze album ye ya mbere yise ‘RUMURI’.
Intumwa yihariye ya Perezida wa Koreya y’Epfo, Sung Min Jang, yagejeje kuri Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ubutumire bwa Perezida w’icyo gihugu, Yoon Suk Yeol bugenewe Perezida Paul Kagame, bumutumira mu nama iteganyijwe kuba umwaka utaha izahuriza hamwe ibihugu bya Afurika na Koreya y’Epfo.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore yatangiye imyitozo aho yitegura umukino uzayihuza na Uganda mu gushaka itike yo kwerekeza mu mikino Olempike
Abahanga mu miterereze ya muntu bagaragaza ko umwarimu wigisha abana bato, cyane abo mu mashuri y’incuke n’amashuri abanza bakwiye kwirinda kubahana bakoresheje ibihano bibabaza umubiri ndetse n’amagambo mabi.
Abaturage bivuriza ku Kigo nderabuzima cya Nyagatare, barishimira ko babonye inyubako nshya ituma bisanzura ariko nanone basaba ko umubare w’abaganga wakwiyongera, kugira ngo bajye bahabwa serivisi ku gihe.
Nyuma y’i Nyanza Twataramye na Gikundiro ku ivuko byajyaga bisusurutsa abanyenyanza, hagiye kwiyongeraho Iserukiramuco (Nyanza Cultural Hub), noneho riizajya rigaragarizwamo imico y’ibihugu binyuranye.