Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr. Ernest Nsabimana, yagaragarije Inteko Rusange ya Sena zimwe mu ngamba Leta y’u Rwanda yashyizeho mu gukumira no guhangana n’impanuka zibera mu muhanda kugira ngo zigabanuke.
Ikipe ya Mukura VS ku wa 5 Kanama 2023, ku munsi wo kwizihiza imyaka 60 imaze ibayeho, izakina n’ikipe ya Geita Gold FC yo muri Tanzania.
Caporal Musabyimana Dative wamaze imyaka ikabakaba 20 ari umusirikare mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze uburyo yabagaho muri ayo mashyamba.
Aubrey Graham, umuraperi w’Umunya-Canada wamamaye ku izina rya Drake, wigeze kukanyuzaho na Rihanna, yashyize avuga ikimutera kudashaka umugore mu kwirinda kumubabaza.
Liu Jianchao ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, mu ishyaka rya Gikominisiti (Chinese Communist Party) riri ku butegetsi mu Bushinwa, ari mu ruzinduko mu Rwanda, rugamije gushimangira umubano w’Ibihugu byombi.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko icyemezo cya Guverinoma y’u Bubiligi cyo kwanga Ambasaderi Vincent Karega nk’intumwa yo kuruhagararira muri icyo gihugu kibabaje kandi ko kinyuranyije n’umubano usanzwe uranga u Rwanda n’u Bubiligi.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest, mu izina rya Minisitiri w’Intebe, yabwiye Inteko rusange ya Sena ko mu ngamba ziteganyijwe zo gukuraho imbogamizi mu gutwara abagenzi no gukumira impanuka zibera mu muhanda, Leta izongera imodoka mu mihanda ikaba yaramaze gutumiza bisi 305, izigera ku 100 zikazaba zageze mu (…)
Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje bamwe mu bakinnyi bashya yaguze, Perezida wayo Mvukiyehe Juvenal yongera kuvuga ko bazahatana nk’uko bisanzwe. Ku cyicaro cy’ikipe ya Kiyovu Sports Kicukiro-Sonatubes herekaniwe abakinnyi barindwi barimo batandatu bakomoka hanze y’u Rwanda. Umuhango wo kuberekana wayobowe na Mvukiyehe (…)
Abahinzi baravuga ko biteze kuzabona ubumenyi bakuye mu Kigo cy’icyitegererezo gitanga serivisi ku bahinzi n’aborozi (Farm Service Center) gikorera mu turere dutandukanye, buzabafasha kongera umusaruro.
Abagabo batatu bagwiriwe n’ikirombe bacukura umucanga, kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2023, umwe ahasiga ubuzima.
Abana n’urubyiruko rw’Abanyarwanda batuye mu mahanga bari mu Rwanda aho baje gutozwa umuco w’u Rwanda.
Abayobozi b’amwe mu madini n’amatorero baganiriye na Kigali Today bavuga ko hari benshi mu bayoboke babo baguye mu bihe bya Covid-19, bakaba bakomeje gutegura ibiterane byo kubagarura (kubabyutsa).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwaburiye abatuye Akarere ka Rutsiro bishora mu byaha byo kwangiza ibidukikije, ko hari amategeko abihanira, basabwa kwirinda kugwa muri ayo makosa, cyane ko bazi ko ibidukikije bibafitiye akamaro.
Hashize iminsi hatutumba umwuka n’amakuru avuga ko umutoza w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi Stars’, Umunya-Espagne Carlos Alós Ferrer, yaba yarasabye gusesa amasezerano yo gutoza iyi kipe nyuma y’amezi atatu gusa yongereye imyaka ibiri, ariko Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS) ikavuga ko irabona ibaruwa ye.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo buratangaza ko abanyeshuri 179 batitabiriye gukora ibizamini bisoza amashuri yisumbuye, mu cyiciro rusange (Tronc Commun) n’abarangiza mu myuga n’ubumenyi ngiro (TVET).
Impuguke mu bijyanye n’ubukungu irasanga intambara zirimo ihanganishije u Burusiya na Ukraine, ndetse n’imihindagurikire y’ikirere byagombye gutuma Abanyarwanda bahindura imikorere n’imirire, bagahinga ibishobora guhangara izuba n’imyuzure nk’amasaka, ibijumba n’imyumbati.
I Madrid, ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 19 ikomeje imyitozo mu mujyi wa Madrid aho itegura igikombe cy’isi kizabera muri Croatia.
Abantu 17 b’abimukira bari baturutse muri Senegal barohamye, nyuma 15 muri bo barohorwa bamaze gupfa mu gihe 2 bo batabawe bakiri bazima, nk’uko byatangajwe na Samba Kandji, umuyobozi wungirije wa Ouakam District, aganira n’Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP.
Izina ‘Kimisagara’ rirazwi mu Mujyi wa Kigali, ingeri zitandukanye zirimo abatwara ibinyabiziga, cyane abamotari, abashoferi b’imodoka ndetse n’abatuye mu mujyi ntawe wabaza Kimisagara ngo avuge ko ari ubwa mbere yumvise iryo zina ry’umwe mu mirenge igize Akarere ka Nyarugenge.
Umunyarwanda Louise Mushikiwabo uyobora Umuryango w’ibihugu 88 bikoresha ururimi rw’Igifaransa ku Isi (Francophonie/OIF), ntabwo azajya gutangiza imikino yawo izakorerwa i Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokorasi ya Congo (DRC), n’ubwo Leta y’icyo gihugu yari yamuhaye ikaze.
Abahinzi mu Karere ka Nyagatare barasaba Leta kubafasha ibikoresho byo kuhira ikabishyira mu makoperative yabo bikaborohera kugura byinshi kuko uruhare basabwa barwishyurirwa na koperative bityo buri muhinzi agafata ibijyanye n’ubuso bw’umurima ahinga.
Umuyobozi w’agateganyo wa WASAC Umuhumuza Gisèle yasobanuriye Abasenateri bagize Komisiyo y’iterambere ry’imari n’ubukungu ko ibikoresho bishaje na mubazi zitabara neza biri mubiteza igihombo ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura WASAC.
Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin avuga ko igihugu cye gifite ubushobozi bwo gusimbura ingano zoherezwaga muri Afurika ziturutse muri Ukraine nyuma y’uko u Burusiya busheshe amasezerano yari agamije kubungabunga ubwikorezi bwazo mu Nyanja y’Umukara.
Umuhanzikazi Zuchu wavuzwe mu rukundo na Diamond Platnumz yageze aho yerura avuga ko yarakajwe bikomeye no kuba uyu mugabo yarasomanye n’umunya-Ghanakazi witwa fantana.
Leta y’Ubushinwa yakuye Qin Gang ku mwanya wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga ataramara n’amezi arindwi agiye kuri uwo mwanyai.
Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, yakiriye Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda ucyuye igihe, Dr. Thomas Kurz, waje kumusezeraho.
Ikipe ya Al Hilal yo muri Arabia Saoudite irifuza kugura Kylian Mbappé kuri Miliyoni 300 z’Amayero (abarirwa muri Miliyari 391 z’Amafaranga y’u Rwanda).
Bamwe mu baturage batuye mu mirenge ihana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batangaza ko umutekano umeze neza nubwo hamaze iminsi havugwa abarwanyi ba FDLR n’ingabo za Congo (FARDC) zegerejwe umupaka w’u Rwanda.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ushinzwe imbuto, Rwebigo Daniel, avuga ko imbuto z’ibigori zituburirwa hanze y’Igihugu zidatanga umusaruro kurusha izituburirwa mu Rwanda, ahubwo abazizana ku isoko ry’u Rwanda ngo bashakisha uburyo basebya izatuburiwe mu Rwanda.
Mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro, haravugwa impanuka y’imodoka yarenze umuhanda igwa munsi y’umukingo, abakozi bane b’Akarere ka Rutsiro n’umushoferi bararokoka.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko bishimira ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2022-2023 hari inganda 11 zubatswe mu Ntara y’Amajyepfo, zizagira uruhare mu iterambere ry’abahatuye.
Abagize ishyirahamwe ‘Pourquoi Pas’, bafunguye isomero bitiriye izina ryabo mu mujyi wa Muhanga, mu rwego rwo gufasha abashaka kwihugura mu rurimi rw’Igifaransa, gukora ubushakashatsi no kwigira ku byanditswe n’impuguke mu bumenyi bw’Igifaransa.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, ategerejwe i Kinshasa mu mpera z’iki cyumweru mu birori byo gutangiza imikino ngororamubiri ya La Francophonie.
Kuri uyu wa Kabiri, i Cairo mu Misiri habereye tombola y’uko amakipe azahura mu mikino ya CAF Champions League, na CAF Confederation Cup.
Abagore bakorera mu kigo gikorerwarwamo imyuga inyuranye cyiswe ‘Urugo Women’s Opportunity Center’ kiri mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Ibirasirazuba, bavuga ko imibereho yabo imaze guhinduka kuko basigaye bakirigita ifaranga. Ni ikigo gikorerwamo imirimo inyuranye y’ubudozi, ububoshyi ndetse no gutunganya ibikomoka ku mata.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe ibizamini bya Leta (NESA), bwatangaje ko ikizamini ngiro cya Leta cya Siyansi cyakorwaga n’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye, kitazongera gukorwa mu buryo cyakorwagamo.
Ku wa Mbere tariki ya 24 Nyakanga 2023, mu Rwanda hatangiye igikorwa cyo gukingira abana indwara y’imbasa, kuva ku bakivuka kugeza ku bafite munsi y’imyaka irindwi, icyo gikorwa kikazarangira hakingiwe abana basaga Miliyoni 2.7 nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC).
Umuhanzi w’umunya-Nigeria Oluwatobiloba Daniel Anidugbe wamamaye nka Kizz Daniel, umaze iminsi ukunzwe mu ndirimbo ebyiri, ‘Buga’ na ‘Cough’, yateguje abafana be ibyishimo bikubiye muri album agiye gushyira hanze yise “Maverick”.
Mu Bugiriki, inkongi y’umuriro yatumye abantu ibihumbi 30, harimo abanyamahanga n’abenegihugu bahunga ndetse n’ibirori byo kwizihiza umunsi wa Demokarasi wizihihizwa guhera mu 1974 bisubikwa.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya Rayon Sports yashyize ahagaragara imyambaro izakoresha mu mwaka wa 2023-2024, ihereye k’uwo mu rugo.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Andrew Rucyahana Mpuhwe, yeguye ku mirimo ye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Matsiko Gonzague, arizeza aborozi ko ibikomera (amasoko y’inka), bifungurwa muri iki cyumweru, nyuma y’igihe hari akato ku matungo kubera indwara y’uburenge, yari yagaragaye mu Murenge wa Rwimiyaga.
Abaganiriye na Kigali Today kuri iyi ngingo ntabwo bashobora kumenya ahakomotse imvugo igira iti ’impyisi yarongoye’, iyo babonye imvura igwa izuba riva.
Minisitiri w’ubutabera wa Nouvelle-Zélande Kiritapu Allan yeguye ku mirimo ye kuri uyu wa mbere tariki 24 Nyakanga 2023, nyuma yo gukora impanuka y’imodoka, yapimwa bikagaragara ko yari yanyoye inzoga zirengeje urugero rwemewe ku bantu batwaye imodoka.
Abahinzi mu Karere ka Nyagatare ntibakozwa ibyo guhinga ibishyimbo na soya bisimburanwa n’ibigori ngo kuko imbuto yabyo ihari ishaje cyane kuburyo itagitanga umusaruro bigatuma bahinga ibigori gusa no mu gihembwe cy’ihinga B, gikunze kugwamo imvura nkeya.
Perezida wa Repubulika ya Congo, imenyerewe nka Congo Brazzaville Denis Sassou Nguesso, yayoboye igihugu mu bihe bibiri bitandukanye uhereye mu 1979 kugeza mu 1992 ubwo yatsindwaga amatora, akongera gufata ubutegetsi ku ngufu za gisirikare mu 1997.
Nyuma y’uko hashyizweho ko abantu batazongera gufashwa hagendewe ku byiciro by’ubudehe barimo, hagashyirwa imbaraga muri gahunda zizamura abahabwa ubufasha kwikura mu bukene, ingo zarihirwaga mituweli mu Ntara y’Amajyepfo zagabanutseho ¾, ariko ubuyobozi bwemeza ko abakuwe ku rutonde rw’abayitangirwaga ubu barimo (…)
Kuwa 23 Nyakanga 2023 hakinwe isiganwa rya Legacy Sakumi Anselme, mu mukino w’amagare mu bagabo ritwarwa na Mugisha Moise hamwe na Ingabire Diane mu bagore.
Umunyarwandakazi akaba n’umutoza w’umukino wa Tennis mu Rwanda, Umulisa Joselyne, yatangije umuryango Tennis Rwanda Children’s Foundation, uje kuzamura impano z’abana bakiri bato muri Tennis mu Rwanda.
Umunya-Maroc Youssef Rharb yageze mu Rwanda aho aje gukinira Rayon Sports mu gihe APR kuri uyu wa Mbere yerekanye Umunya-Sudan Shaiboub Eldin.