Mu Murenge wa Minazi mu Karere ka Gakenke huzuye umuyoboro w’amazi, Rwagihanga-Kabaya-Buheta ureshya ka Km 51, wuzuye utwaye Miliyari ebyiri na Miliyoni 700 z’Amafaranga y’u Rwanda, gusa hari abawukozeho batishyuwe amafaranga yabo, ubuyobozi bukabizeza kuyabona bitarenze iminsi 10.
Nyuma y’ubushakashatsi bwatangajwe n’Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), ku wa 30 Kamena 2023, abakozi b’icyo kigo bakomeje kwamagana imwe mu mirire n’imyifatire iteza indwara zitandura kwiyongera mu Banyarwanda.
Kuwa 6 Nyakanga 2023, i Rabat muri Maroc habereye tombola y’uko amakipe azahura mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu bagore gitenyijwe mu 2024.
Leta ya Kenya yatangaje ko yahagaritse gufungura umupaka uyihuza n’igihugu cya Somalia, kubera umutekano muke watewe n’umutwe wa al-Shabab.
Abategura Inama Mpuzamahanga yiga ikanashakira umuti imbogamizi abagore bagihura nazo (Women Deliver Conference), batangaza ko kuba iy’uyu mwaka izabera mu Rwanda byashingiye ku gaciro ruha umugore. Ni inama igiye kubera bwa mbere ku mugabane wa Afurika, abazayitabira bakaba bazateranira i Kigali ku matariki 17-20 Nyakanga 2023.
Nyuma yo kubona ko umuziki wo mu njyana ya Hip Hop ugenda uzimira ugasimburwa n’izindi njyana, abateguye Iserukiramuco ryitwa ‘Ubumuntu Arts Festival’ ry’uyu mwaka, bashyizemo na gahunda igamije kwiga no kuganira ku muziki wo mu njyana ya Hip Hop, nk’imwe mu njyana zitanga ubutumwa bufasha abantu ku giti cyabo na sosiyete (…)
Ibyishimo byari byose ku batuye Umurenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, ubwo ku itariki 04 Nyakanga 2023, u Rwanda rwizihizaga ku nshuro ya 29 umunsi wo Kwibohora, aho icyabashimishije cyane ari umuhanda w’ibilometero 10 wa Kinoko-Mubuga-Nyabitare, babonye bawunyotewe.
Atangizaga ku mugaragaro inama y’iminsi ibiri yateguwe n’Ikigo gishinzwe iby’Ubwishingizi muri Afrika (African Trade Insurance Agency), irimo kubera i Kigali guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Nyakanga 2023, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yagaragaje uburyo Afurika ikeneye ishoramari ryo kuzahura ubukungu.
Umugabo witwa Donald Felix Zampach akurikiranyweho kwakira asaga 830,000 by’Amadolari, y’ubwiteganyirize bwa nyina hashize imyaka 30 apfuye, ndetse n’imishahara igenerwa abasirikare bari mu kiruhuko cy’izabukuru.
Kuri uyu wa 5 Nyakanga 2023, Abepisikopi Gatolika mu Rwanda bagiranye Inama na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihuhu mu rwego rwo kuganira kuri gahunda zitandukanye zireba imibereho myiza y’Abaturage harimo kwivana mu bukene no kwimakaza isuku hose.
Sosiyete ya Meta, ifite urubuga rwa Facebook na Instagram, yitangije urubuga rwa Threads, abantu bagera kuri Miliyoni 10 bamaze kwiyandikisha kurukoresha nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’iyo Sosiyete, Mark Zuckerberg.
Abatuye mu Kagari ka Rukore mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bamaze kugera kuri byinshi babikesha kwibohora, igisigaye kikaba ari umuhanda muzima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko kugira ngo abaturage n’abayobozi bajyane mu rugamba rwo kwibohora ingoyi y’ubukene, hagamijwe iterambere, bisaba kwemera kugendera ku mpanuro Umukuru w’Igihugu Paul Kagame atanga.
Abantu cumi na batandatu barimo abana bapfuye, bitewe na gaz yatumutse ku buryo bw’impanuka i Boksburg, mu birometero mirongo ine mu Burasirazuba bw’Umujyi wa Johannesburg. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa serivisi z’ubutabazi William Ntladi.
Inteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite ku wa 5 Nyakanga 2023, yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda. Iri Tegeko Nshinga ririmo ingingo ikomatanya amatora ya Perezida n’ay’Abadepite, ibizatuma Igihugu kizigama agera kuri Miliyari 7Frw, zari kuzakoreshwa iyo akorwa ukubiri nk’uko byari bisanzwe.
Angel Divas Amber Rose umunyarwandakazi umaze imyaka irenga 13 mu Bufaransa yiyemeje kumenyekanisha umuziki Nyarwanda mu Burayi.
Perezida Paul Kagame nyuma yo kugeza ijambo ku bakuru b’Ibihugu ba za Guverinoma zigize Umuryango uhuriza hamwe ibihugu byo muri Caraïbes uzwi nka CARICOM, yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye nyuma yakirwa kumeza na Minisitiri w’Intebe wa Trinidad and Tobago, Dr. Keith Christopher Rowley.
Perezida Kagame yagaragaje ibihugu bihuriye mu miryango itandukanye ihuza y’ubukungu bikwiriye gushyira hamwe mu kwishakira ibisubizo by’ibibazo bihura nabyo hatabaye gutegereza ubufasha bw’ahandi.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare by’umwihariko abo mu Murenge wa Rwempasha n’ibice biwegereye, barasezeranya ubuyobozi ko batazongera kunyura mu mazi bajya mu Gihugu cya Uganda, kuko babonye umupaka.
Abatuye Akarere ka Rulindo bari mu byishimo bijyanye n’ukwibohora, ahatashywe ibikorwa remezo bifite akaciro kagera muri Miliyari eshatu, bamwe bakurwa mu manegeka bubakirwa amacumbi.
Mu rukerera rwo kuri uyu Kane ikipe y’u Rwanda yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Angola aho igiye kwitabira imikino ya AfroCan 2023.
Urubyiruko rw’abakorerabushake rwo mu Karere ka Nyaruguru, rwizihije umunsi wo Kwibohora rugabira inka uwamugariye ku rugamba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero burasaba abaturage gukomeza kugira ubumwe, mu rwego rwo gukomeza urugamba rwo kwibohora mu iterambere n’imibanire myiza, kuko ubwo bumwe ari inkingi ya mwamba izabafasha kurinda ibyamaze kugerwaho.
Abajyanama bihariye mu bya gisirikare muri Ambasade z’ibihugu mu Rwanda (Defence Attachés), baganirijwe ndetse basobanurirwa uko umutekano uhagaze imbere mu gihugu, no mu bihugu Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga umutekano.
Umugabo witwa Masabo Kayisinga wo mu Murenge wa Mushishiro muri Muhanga, yaguye mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, mu nzu y’uwari uherutse kumucumbikira, bigakekwa ko yari arwaye avuye kwa muganga i Kabgayi.
Abanyarwanda baba i Brazzaville muri Repubulika ya Congo hamwe n’inshuti zabo, ku wa Kabiri tariki 4 Kamena 2023, bizihije umunsi wo Kwihora, igikorwa kibaye ku nshuro ya 29.
Tariki ya 4 Nyakanga 2023, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Senegal bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 29, ubwo Ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zahagarikaga Jenoside yakorewe Abatutsi, zikabohora u Rwanda n’Abanyarwanda.
Mu kiganiro cyo ku wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023, cyanyuze kuri RBA, Perezida Kagame yabajijwe ku bijyanye na gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi kuva 2017-2024, avuga ko hari byinshi bitaragerwaho, biri mu masezerano we n’abandi bayobozi bagiranye n’Abanyarwanda.
Bamwe mu rubyiruko bavuga ko kuba u Rwanda rwaribohoye, rukaba ari Igihugu gitekanye, ari byo bibatera imbaraga zo gukora cyane biteza imbere, baharanira iterambere ry’Igihugu muri rusange.
Perezida Joe Biden wa Amerika yatangaje ko hagomba kugira igikorwa mu kurwanya ikoreshwa ry’intwaro mu buryo bunyiranyije n’amategeko,’ gun violence’ rikomeje gutwara ubuzima bw’abantu.
Minisitiri y’umutekano y’u Burusiya yatangaje ko yasenye utudege tutagira Abapilote tuzwi nka ‘drone’ bivugwa ko twari twoherejwe na Ukraine mu gace ka Moscow. Nta muntu twahitanye, nta n’ibintu bikomeye twangije nk’uko byatangajwe na Moscow.
Umuhanzi wamamaye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Joseph Mayanja uzwi cyane ku izina rya Dr Jose Chameleone , arembeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Minisitiri w’Intebe Dr Eduard Ngirente yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’abayobozi b’ikigo cya Tamira kirimo kwita ku nkoko zahawe abatuye umudugudu wa Rugerero guha amagi abatujwe mu mudugudu, ibikorwa byo kugurisha bikazaza nyuma.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, buragaragaza ko nubwo hari iterambere rigaragara bagezeho mu bikorwa remezo, bakeneye ubufasha kugira ngo bagire inyubako igezweho y’Ibiro by’Umurenge.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baremeza ko imyaka 29 ishize u Rwanda rwibohoye, bakomeje gutera intambwe ifatika igaragarira mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), buravuga ko mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwakiriye amadosiye 187 arimo abakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byaha bifitanye isano nayo 234.
Ubuyobozi Bukuru bw’Abinjira n’Abasohoka mu gihugu, bwatangaje ko kuva uyu munsi tariki ya 5 Nyakanga 2023, umupaka mushya wa Rwempasha/Kizinga uhuza u Rwanda na Uganda ufunguwe. Ni umupaka uherereye mu Karere ka Nyagatare, ukaba uje wunganira indi ya Gatuna, Kagitumba na Cyanika isanzwe ikoreshwa n’ibihugu byombi.
Mu gihe mu Rwanda hizihizwa umunsi Mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 29, hirya no hino mu gihugu hatashywe ibikorwa by’indashyikirwa byagezweho bigera ku 164.
Abaturage bo mu Kagari ka Muyange mu Murenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, ku itariki ya 04 Nyakanga 2023, basuye ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside iherereye ku Kimihurura ahakorera Inteko Ishinga Amategeko.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza ko yasinyishije myugariro Ally Omar Serumogo wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports
Perezida Paul Kagame yageze muri Trinidad and Tobago, aho yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zigize Umuryango uhuriza hamwe ibihugu byo muri Caraïbes, uzwi nka CARICOM.
Perezida Paul Kagame yavuze ko hakenewe umusanzu wa buri wese kugaira ngo ikibazo cy’umusaruro w’ibiribwa gikemuke, ndetse binagabanye itumbagira ry’ibiciro ku masoko kuko riterwa n’umusaruro muke w’ibiribwa.
Umuririmbyi w’Umunya-Nigeria, John Ighodaro wamenyekanye nka Johnny Drille agakundirwa cyane indirimbo ze z’urukundo, yatunguye benshi ubwo hajyaga amafoto hanze y’ubukwe bwe yakoze mu ibanga.
Abatuye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, bizihije Umunsi wo Kwibohora tariki 04 Nyakanga 2023, bishimira imihanda biyubakiye ku ruhare rwabo, ndetse n’indi bubatse bishatsemo ubushobozi, bunganirwa na kompanyi imenyerewe mu kubaka imihanda ya NPD.
Kuri uyu wa 4 Nyakanga 2023, Umukuru w’Igihugu yavuze ko bimwe mu bituma umupira w’amaguru udatera imbere mu Rwanda birimo imyumvire ya bamwe ishingiye ku marozi, indagu no gutanga ruswa aho gutegura ikipe bahereye mu bana bato.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye bavuga ko basanze ubutwari n’ubwitange bw’Inkotanyi bikwiye kwigirwaho na buri Munyarwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yatanze ikiganiro cyagarutse ku ngingo zitandukanye kuri iyi sabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 29, harimo n’uburyo abantu bashobora kurwanya guhangayika (stress mu ndimi z’amahanga).
Umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 29, mu Ntara y’Iburasirazuba wijihijwe mu Turere twose by’umwihariko ukaba waranzwe n’urugendo ku maguru rwo gushimira Inkotanyi ndetse hanatahwa ibikorwa byegerejwe abaturage mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza yabo.
Minisiteri y’Ubuzima igira abantu inama kwirinda indwara zitandura kuko akenshi zimwe muri zo zidakira kandi inyinshi muri zo zikunze guhitana ubuzima bw’abantu.