Ruhango: Umuvugabutumwa yahagaritse abantu amasaha agera kuri atandatu ababwira ijambo ry’Imana

Ramadan wifata nk’umuvugabutumwa, yahagaritse abantu bari bitabiriye isoko abamarana amasaha agera hafi kuri atandatu ababwiriza ijambo ry’Imana akananyuzamo akabahanurira ibizaba.

Ramadan uri mu kigero cy’imayaka 26, yatangiye ubuhanuzi bwe mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/07/2012, muri gare ya Ruhango asoma amagambo menshi muri bibiliya ari nako abifatanya no kubwiriza abavaga mu modoka bagiye kurema isoko.

Uyu muvugabutumwa yavugaga ijambo ry’Imana nta muntu abwiye ngo aze aho ari, ariko nyuma y’akanya gato wajyaga kubona akabona abantu bamwuzuyeho akandi kanya ukabona baragiye akandi bakagaruka baruta abambere.

N’ubwo hari abantu benshi bemeranya n’abantu bavuga ubutumwa ku mihanda, mu modoka, mu masoko, muri za gare n’ahandi, hari abavuga ko ubundi ijambo ry’Imana riba rigomba kuvugirwa aho ryagenewe mu rusengero, kuko ahandi bishobora guteza ingaruka zitari nke.

Ramadan amaze kuvuga ijambo ry'Imana arimo guhabwa mafaranga.
Ramadan amaze kuvuga ijambo ry’Imana arimo guhabwa mafaranga.

Umwe muri aba bagenzi bari bakurikiranye ubu butumwa yagize ati: “Ariko ubundi aba bantu koko ubu ntibaba babangamira abantu cyangwa bakababuza gukora ibyabavanye iwabo?”

Bamwe mu baturage bavuga ko inzego z’umutekano, ziba zikwiye gukurikiranira hafi aba bantu, ngo kuko abenshi hari igihe babikora bagamije izindi nyungu zidafite aho zihuriye no gukangurira abantu inzira igana mu ijuru.

Zimwe mu nyungu aha bashinja aba bavuga butumwa, ngo ni uko akenshi iyo aba bavuga butumwa iyo bamaze kuvuga ijambo ry’Imana bakurikizaho no gusaba abari babateze amatwi amafaranga.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 21 )

njye mbona. abahanuzi bubu guhanura ?alibizinesi ni mbabahanura. ibyukuli ni bakake abaturage amafaranga

Harelimana yanditse ku itariki ya: 5-12-2019  →  Musubize

kubwiriza wakira amafaranga byaba bibaye ubucurzi ntibibaho

jeannine yanditse ku itariki ya: 8-03-2017  →  Musubize

nifuzagakomwajyamuyoherereza sms yijamboryimana

ndahinduka yanditse ku itariki ya: 26-11-2016  →  Musubize

Hahirwa Abumva Ijamboryimana Bakarikurikiza Kdi Yesu Yabwirizaga Ubutumwa Ahageze Hose Kdi Bamwe Basigaga Ibyabo Bakamukurikira Ndumva Kubuvuga Ntakibazo Mat7 Hatwerekaneza Ko Inzirayuwiteka Ifunganye Ijya Ikuzimu Ningari Yesay 5 Umucyobawugira Umwijima Umwijima Bakawugira Umucyo Kdi Bibiriya Ivuga Ko Abatambyi Barya Ibivuye Mubya Benese Guhabwa Ntahobihuriye Nogsaba Kdi Akaboko Gatanze Nikokakira Muso Me Bible Mumenye Padri Ngo Mwumve Ibyomvuga Ntimwite Kubyo Nkora Mubemaso Dushakishe Inzira Yuwiteka Bigishobokako Abonwa Yesay5

Uwamahoro Jado yanditse ku itariki ya: 16-11-2016  →  Musubize

Ijambo ry ’Imana aho warivugira hose ntakibazo kuko umubare ujya murusengero niwo muke kurusha ujya mu isoko kdi ijambo ry Imana rigomba kugera kuri twese

Alias yanditse ku itariki ya: 4-11-2016  →  Musubize

Mana weee!!! uziko koko tugeze mugihe cyimperuka
ijambo ry’Imana riravugango muminsi yimperuka hazaza abiyitirira izinarye
murabe maso abobazaza nabo bazaba bafite imyuka itandukanye bahanure mubinyoma tubarwanye twivuye inyuma

alias yanditse ku itariki ya: 20-04-2016  →  Musubize

Uwomukoziwimana igemwongerera amavuta

Nizeyimanatheogene yanditse ku itariki ya: 5-12-2015  →  Musubize

Dieu est Grand.niyigena.byose

Hakizimana sylivin yanditse ku itariki ya: 30-11-2015  →  Musubize

Mukuri mwe dukurikirana Ijambo ry,Imana kururu rubuga ntabwo impano y,Imana icuruzwa.Kuvuga ubutumwa nibyo ariko iyo hajemo amafranga biba bipfuye.Uwiteka abafashe....

Hakizimana sylivin yanditse ku itariki ya: 30-11-2015  →  Musubize

Twahamagariwe gukorera IMANA kand’Ifite imirimomyishi koresh’abayo

OLIVIER yanditse ku itariki ya: 22-12-2014  →  Musubize

Dawe We? Birababaje Kubona Abantu Imana Yaremesheje Ijambo Ryayo Iti Nihabeho Nonebatangiye Kwibagirwa..Amafaranga,ibintu,abantu,nibindi..Byose Birashira Ariko Ijambo Ry’ Imana Rizahoraho.

Utabazi Jmv yanditse ku itariki ya: 7-08-2014  →  Musubize

Ijambory’Imana rigomba kuvugirwa hose kandi uguriye uwakubwirije icupa ry’amazi cyangwa umugati Imana yaguhemba ibingana niby’uwomwigisha azahembwa kubw’abizeye Yesu bakihana bagahinduka.
ufite impano yo kubwiriza abwirize nufite iyo gufasha ubwiriza nawe nabikore akunze.
Buriwese azahemberwa ibyo yakoze.

ve yanditse ku itariki ya: 14-04-2018  →  Musubize

Hariho abashakira ubuzima mujambo ryimana kandi ijambo ryimana ariryo gutunga umutima nubugingo

J .M .V TWIZERIMANA yanditse ku itariki ya: 6-06-2014  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka