Amerika yasabye Iran kwemeza niba koko Umuhora wa Hormuz ufunguye
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zasabye Iran kwemeza ku mugaragaro ko umuhora wa Hormuz ufunguye kandi ikarekeraho kumisha ibisasu ku bwato bw’ubucuruzi, nk’imwe mu ngingo zikubiye mu mishyikirano iteganyijwe muri Oman kuri uyu wa Gatandatu.
Itangazamakuru ryo muri USA ryatangaje ko hari abayobozi batavugwa amazina bavuze ko ubuyobozi bwa Iran bwari bwemereye mu ibanga abajyanama ba perezida Trump ko kurasa kuri ubwo bwato ari ikosa, nubwo bivugwa ko Abanya Iran ikosa barishyize ku gatsiko k’abagizi ba nabi.
Trump yavuze ko impande zombi zasezeranye gukomeza ibiganiro nubwo imirwano yari yongeye kubura mu muhora wa Hormuz muri iki cyumweru, ibintu ubuyobozi bwa Trump bwafashe nko kurenga ku gahenge.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran Abbas Araqchi, abinyujije kuri X yavuze ko igihugu cye cyubahirije amasezerano ku guhagarika imirwano, ahubwo atunga agatoki USA ko ari zo zayarenzeho.
Muri Kamena USA na Iran byashyize umukoko ku masezerano yo guhagarika imirwano, aho igice kimwe cyasabaga Iran guha inzira itekanye ubwato bw’ubucuruzi.
Iran yavuze ko hari agaco k’abagizi ba nabi b’intagondwa bashatse kubangamira imishyikirano bakarasa ku bwato bw’ubacuruzi, nk’uko abayobozi bo muri USA babibwiye CBS News.
Hagati aho ariko hari umuyobozi umwe ku ruhande rwa USA wabwiye CBS News ko Abanya Iran bagarutse ku meza y’imishyikirano bakemera ko bakoze amakosa ndetse ko biteguye gukomeza ibiganiro.
Perezida wa USA wungirije JD Vance, Umunyamabanga wa Leta Marco Rubio n’abandi bantu babiri bagize uruhare rukomeye mu biganiro byo mu Burasirazuba bwo Hagati, ari bo Steve Witkoff n’umukwe wa Trump Jared Kushner, ni bo bitezweho kuyobora ibiganiro byo kuri uyu wa Gatandatu.
Abbas Araqch nawe yitezwe muri ibyo biganiro
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|