Ruhango: Igikoni cy’ishuri cyagwiriye abakozi babiri barakomereka bikomeye

Igikoni cy’ishuri rya Lycee Ikirezi de Ruhango cyagwiriye abakozi batekera abanyeshuri, babiri barakomereka bikomeye cyane bahita bajyanwa mu kigo nderabuzima cya Kibingo.

Iyi mpanuka yabaye saa sita z’amanywa tariki 25/06/2013 igihe aba bakozi bari batangiye kwarura ibiryo abanyeshuri bari burye.

Umwe mu bakozi wiboneye iyi mpanuka iba, yagize ati “twese twari dutangiye akazi ko kwarura, nuko igikoni kirariduka bamwe dushobora kwitaza abandi babiri aba aribo kigwira nyine”.

Abagwiriwe n'iki gisenge bamaze umwanya munini ku kigo nderabuzima cya Kibingo bategereje imbangukiragutabara ibageza ku bitaro bya Kabgayi.
Abagwiriwe n’iki gisenge bamaze umwanya munini ku kigo nderabuzima cya Kibingo bategereje imbangukiragutabara ibageza ku bitaro bya Kabgayi.

Abagwiriwe n’iki gikoni ni Batamuriza Francois na Habiyaremye Aziel, ubwo twabasangaga ku kigo nderabuzima cya Kibingo wabonaga ko bakomeretse cyane.

Batamuriza we wageragezaga kuvuga yagize ati “nyine ibiryo by’abanyeshuri byari bihiye twumva igikoni kiratatse harimo abanyeshuri na animatrice, ndeba hejuru mbona n’igisenge kiguye mbura aho njya mpita njya hagati ya muvelo ebyiri, njyewe bingwira ku rutugu abandi bariruka barasohoka njye na mugenzi hanjye tubura aho tunyura”.

Yakomeje agira ati “narebye kwiruka mbona ndibupfe, mpitamo kuguma hamwe birankubita ngwa hasi nubitse inda”.

Igisenge cyasenyutse igihe abanyeshuri bari bagiye kurya.
Igisenge cyasenyutse igihe abanyeshuri bari bagiye kurya.

Uyu mukozi avuga ko impamvu z’iyi mpanuka zatewe n’uko iki gikoni cyariho amategura aremereye. Ngo bari barabibwiye ubuyobozi ndetse banabereka ahantu hari icyuma cyagondamye, ubuyobozi bukaba bwari bwabwiye aba bakozi ko igikoni kizasanwa mu kiruhuko abanyeshuri baratashye.

Rwemayiri Claver Rekeraho uhagarariye inama y’ubutegetsi bwa Lycee de Ruhango, nawe ashimangira ko iyi mpanuka yatewe n’uburemere bwari hejuru y’igikoni, akameza ko bagiye guhita bagisana ndetse bakanagishyiramo amakaro.

Igisenge cyasenyutse abakozi barimo kwarura ibiryo by'abanyeshuri.
Igisenge cyasenyutse abakozi barimo kwarura ibiryo by’abanyeshuri.
Igisenge cyazize uburemere bw'amategura.
Igisenge cyazize uburemere bw’amategura.

Abagwiriwe n’iki gikoni, umwe muribo Habiyaremye Aziel yari ameze nabi cyane kuburyo hafashwe icyemezo cy’uko bagomba guhita boherezwa ku bitaro bya Kabgayi. Gusa bakaba bamaze umwanya munini batarabona imodoka ihabakura ku buryo wabonaga bishobora kubaviramo izindi ngaruka zikomeye.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Impanuka zibaho ahubwo nihashakirwe umuti ibyabaye ntibizongere.ariko nizereko bariya batetsi bamaze kwitabwaho muburyo bwose bushoboka.Naho lycèe de ruhangoyo Ikirezi ntawayikamira mukitoze kereka utaziko ari ikigocyiza kandi gitanga ubumenyi,nuburere bijyanye nikinyejana tugezemo.gusa ntibizongere.

Munyaneza jean claude yanditse ku itariki ya: 16-08-2013  →  Musubize

impanuka nibintu bisanzwe ahubwo ndusengere bariya bakomereste babashe gukira ubundi ubuzima bukomeze.

Edmond yanditse ku itariki ya: 26-06-2013  →  Musubize

Ariko murabona iki ar’ikigo kweri ngo nazahita bashyiramo amakaro ubwo urumva koko bijyanye ni uko igikoni cyari cyubatse?

alias yanditse ku itariki ya: 25-06-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka