Ibihangange Usain Bolt usiganwa ku maguru azakinana na David Beckham ukina ruhago muri filimi

Umukinnyi ukomeye w’amafilimi witwa Samuel L. Jackson aratangaza ko abatunganya ama-film b’i Hollywood bari gushaka Usain Bolt ukina umukino wo gusiganwa ku maguru kugira ngo azakine muri Film yitwa “The Secret Service”.

Biramutse byemejwe uyu Usain Bolt, Umunya-Jamaica w’icyamamare ku isi mu isiganwa ryo kwiruka n’amaguru, yakinana muri iyo film na David Beckham, Umwongereza w’icyamamare mu mupira w’amaguru, byamaze kwemezwa ko we azayikinamo.

Samuel L Jackson ngo ashaka gukinana na Usain Bolt muri filimi
Samuel L Jackson ngo ashaka gukinana na Usain Bolt muri filimi

Ibiro nttaramakuru BBC dukesha iyi nkuru byavuze ko Samuel L. Jackson yatangaje ibi ubwo yari ari mu mujyi wa London mu mihango yo gutanga ibihembo “GQ Men of the Year awards”, aho yavuze ko Matthew Vaughn uri gutegura filimi “The Secret Service” yifuje ko aba bakinnyi ba ruhago no gusiganwa bazayigaragaramo.

Usain Bolt waciye agahigo mu kuvuduka ngo arifunzwa no muri filimi The Secret Service
Usain Bolt waciye agahigo mu kuvuduka ngo arifunzwa no muri filimi The Secret Service

Abanyamakuru babajije Samuel L. Jackson impamvu abakora film bahisemo ibyo byamamare kandi bitazwi mu gukina amafilimi, abasubiza agira ati “Mu gukina filimi ndetse no buzima bwose bw’iki gihe ku isi, ntabwo hagikora ubunararibonye gusa kuko hari ukuntu kwamamara bifite agaciro kurusha ubunararibonye mu gukina film.”

David Beckham wahoze ari rurangiranwa mu guconga ruhago ngo azakina na filimi The secret service
David Beckham wahoze ari rurangiranwa mu guconga ruhago ngo azakina na filimi The secret service

Ibindi byamamare bishobora kugaragara muri iyo film ngo harimo abaririmbyi Adele na Sir Elton John.
Film “The Secret Service” iteganyijwe kuzajya ahagaragara mu kwezi k’Ugushyingo 2014.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Urakoze cyane gushima Cuba...bitwongerera imbaraga...

Norbert! yanditse ku itariki ya: 9-09-2013  →  Musubize

Thx Norbert kubwaka gakuru ka showbiz!karanshimishije cyane d’autant plus que nkunda aba bagabo babiri kabisa!keep it up.

cuba yanditse ku itariki ya: 9-09-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka