Ruhango: Nyuma yo guturikanwa na Kanyanga yitabye Imana

Jean Pierre Kwitonda w’imyaka 22 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Mubuga, Akagari ka Rwinyana, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, yitabye Imana kuri uyu wa 18/11/2014 nyuma yo guturikanwa na Kanyanga yari atetse.

Nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bweramana, Uwamahoro Christine, uyu musore yaturikanywe n’ingunguru ya Kanyanga tariki ya 15/11/2014 ubwo yari ayitetse iramutwika bikomeye, ahita ajyanwa mu bitaro bikura bya Butare ari naho yaguye.

Kwitonda abaye umuntu wa kabiri uturikanywe n’ikiyobyabwenge cya Kanyanga muri aka kagari mu gihe gito gikurikirana.

Inzego z’umutekano mu Karere ka Ruhango ntizisiba kugira inama ndetse no kwamagana abakora bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka