Ubuyobozi bw’Umurenge wa Murambi mu Karere ka Karongi bwatangije ubukangurambaga bwo gukangurira urubyiruko kwiharika kuko biri mu birurinda kwiyandarika.
Abahinzi bitabiriye guhingisha imashini mu karere ka Bugesera baratangaza ko byatumye bazigama amafaranga agera kuri 80% bakoreshaga mu buhinzi mbere.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo kuri uyu wa 3 Ukwakira 2015 yagaragarijwe ibyavuye mu isuzumwa ry’mihigo ya 2014-2015 n’ibigomba kongerwamo ingufu.
Abanyeshuri biga muri 12YBE i Huye, bavuga ko abakobwa batwara inda bakiri batoya bataziterwa n’ababashukisha byinshi gusa, ngo n’ibisuguti birabararura.
Serena Hotels yateguriye abazitabira inama ya Transform Africa yenda kuba, udushya turimo kubatembereza no kubafasha kuruhukira ku kiyaga cya Kivu.
Ubuyobozi bUmurenge wa Mukura mu karere ka Huye bwiyemeje gutangira gukangurira abaturage kugirrira amenyo yabo isuku kandi bakanabasaba kubigira umuco.
Abatuye muri Santere ya Rwanza, bavuga ko uruhu rw’ingurube ruzwi nk’igishabiro rubaryohera kandi rukabahendukira kuko no ku giceri cy’amafaranga 50 ruboneka.
Umuhanzi Roberto aravuga ko ikibazo Uncle Austin afitanye n’inzu itunganya umuziki ya KinaMusic atari we gikwiye kubazwa, ahubwo cyabazwa KinaMusic.
Abayobozi b’imidugudu igize akarere ka Ngoma batanze icyifuzo cyo koroherezwa ingendo bahabwa amagari yabafasha kugera ku baturage.
Abaminisitiri bashinzwe impunzi mu bihugu Abanyarwanda bahungiyemo, bemeje ko kubarura impunzi z’Abanyarwanda ziri muri ibyo bihugu byarangirana na Mutarama 2016.
Umuhanzi MC Fab ngo agiye gushinga “Maison de Publication”, ikigo kizajya kirengera ibihangano by’abahanzi Nyarwanda bikoreshwa mu buryo bunyuranye n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko mu myaka itanu iri imbere ikibazo cy’imirire mibi kigomba kuba kitacyumvikana muri aka Karere.
Ukuriye polisi mu karere ka Ngororero avuga ko Polisi itazihanganira akajagari kakigaragara mu batwara abagenzi.
Abakoresha umuhanda Muhanga -Ngororero -Rubavu bavuga ko impanuka bahura nazo ziterwa no kuvugira kuri telefoni no kwiruka cyane.
Nyuma yo kutitwara neza mu minsi ibiri ya Shampiona iheruka, Rayon Sports yongeye guha ibyishimo abakunzi bayo itsinda Mukura 2-0
Abakirisitu b’itorero rya ADEPR mu karere ka Kirehe bakoze urugendo rwo kwamagana ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ikwirakwizwa ry’agakoko ka SIDA n’icuruzwa ry’abana.
Abanyeshuri bari mu kigo cya gisirikare cyigisha iby’amahoro(RPA) basanga amateka ari mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ari infashanyigisho.
Inama njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe, yateranye kuri bagaragarizwa ibyavuye mu isuzuma ry’imihigo y’umwaka ushize wa 2014-2015.
Abanyamahanga biganjemo abaturuka mu bihugu birimo amakimbirane ku mugabane w’Afrika barifuza ko u Rwanda rwagira icyo rukora kugirango amahoro rumaze kugeraho ruyatange no ku bandi.
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame arahumuriza Abanyarwanda baba hanze ko n’iyo baba barakoze ibyaha bituma baba mu buhunzi bashobora kubabarirwa bagataha mu rwababyaye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye Minisiteri y’Uburezi gukemura ikibazo cy’amafaranga ya buruse agenerwa Abanyarwanda biga mu Budage atinda kubageraho.
Perezida Paul Kagame arakangurira Abanyarwanda bari hanze bashishikajwe no gusenya igihugu cyabo gutaha bagafatanya n’abandi kubaka igihugu cyabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, atangaza ko iterambere ry’igihugu cy’u Rwanda riri mu maboko y’Abanyarwanda.
Mu munsi wa Rwanda Day uri kubera mu Buhoandi, Perezida wa Repubulika yasobanuriye Abanyarwanda ko bashobora kubaho nk’Abaholandi kubera ubushake, imikorere n’imbaraga.
Abanyarwanda baba mu mahanga baravuga ko bafata gahunda ya Rwanda Day nk’ikimenyetso cya demokarasi nyarwanda itagira uwo iheza inyuma.
Amabasaderi w’u Rwanda mu Buholandi Ignace Karabaranga avuga ko Abanyarwanda baba mu Burayi, mu Buholandi by’umwihariko, bishimiye ko Perezida Paul Kagame yabageneye umwanya akabasura.
Abanyarwanda baba mu mahanga bavuga batazatezuka mu gushaka no gushyigira ikintu cyose kizamura iterambere ry’u Rwanda.
Ubwo Perezida Kagame ari na we mushyitsi mukuru ubwo yageraga ahari kubera ibirori bya Rwanda Day yakiranwe ubwuzu n’urugwiro rudasanzwe.
Abahanzi batandukanye basusurukije abibabiriye Rwanda Day mu Buholandi, nk’uko bavuga ko ari ukubakumbuza igihugu cyabo.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yabwiye Abanyarwanda baba mu mahanga bitabiriye Rwanda Day, ko igihugu cyabo kibaha agaciro gakomeye.
Inzobere mu by’ubucuruzi zirashishikariza amasosiyete yo mu buholandi gushora imari mu Rwanda. Ibi byabaye mu biganiro bagiranye bibanziriza Rwanda Day
Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu kanya gashize yageze mu Buholandi aho agiye kwitabira Rwanda Day akaba aribuze no gusangira ibitekerezo n’abayitabiriye.
Intara y’Iburasirazuba iravuga ko igiye gukaza umutekano ihangana n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kandi abafite inyubako zihuriramo abantu benshi bagasabwa gushyiraho imirindankuba.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bitabiriye Rwanda Day yo kuri uyu 3 Ukwakira 2015 mu Buholandi baramukiye mu imurikabikorwa ry’ibikorwa bitandukanye bigaragaza isura y’u Rwanda.
Banki Afreximbank yo mu Misiri yagiranye amasezerano y’inguzanyo na BRD ya Miliyoni 10 z’amadolari yo guteza imbere ubucuruzi no kongerera agaciro umusaruro.
Abafite aho bahurira n’uburezi mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa gushyira imirindankuba ku bigo by’amashuri hagamijwe kurinda abanyeshuri ibiza.
Abatuye umujyi wa Nyamata mu Bugesera baravuga ko babangamiwe no kuba amatara yo ku mihanda atacyaka n’iyo umuriro uhari.
Ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere, RGB gisanga kugeza JADF ku rwego rw’Intara ari bumwe mu buryo bwo gufasha mu iyeswa ry’imihigo y’Uturere.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamasheke yatangaje ko buri muturage agomba kubona amazi igihe ayashakiye buri munsi.
Kuri uyu wa gatandatu Shampiona y’umukino wa Handball irakomeza hakinwa imikino y’ibirarane by’umwihariko amakipe y’amashuri akaba ariyo afite imikino myinshi
Ikigo cy’Igihugu cyo Gutanga Amaraso gikomeje kwegera abaturage kibakangurira gutanga amaraso, kuri uyu wa 1 Ukwakira 2015 kikaba cyasuye Akarere ka Kirehe.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara burashishikariza abaturage kwitabira gukoresha biogas ngo iborohereza imirimo kandi banabungabunge ibidukikije.
Nyampinga w’Umurage Bagwire Keza Joannah akeneye amajwi y’Abanyarwanda ngo abashe kwegukana intsinzi mu marushanwa y’ubwiza bushingiye k’umurage ku rwego rw’isi.
Kuri uyu wa 2 Ukwakira 2015 mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke inkuba yahitanye umwana w’imyaka 17 avuye ku ishuri.
Abakozi b’Akarere ka Gatsibo barebwa n’ubuzima n’abakorerabushake ba ADRA Rwanda, kuri uyu wa 2 Ukwakira 2015 barebeye hamwe ibipimo byafasha kondora abana bagwingiye.
Mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda haracukurwa umuyoboro w’amazi w’ibirometero 12, abaturage bakaba bishimira ko batazongera kuvoma ibinamba.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas, yasabye abaturage ba Nyamasheke, kutaririmba ko bigeze gutwara igikombe cy’imihigo kandi bagiheruka muri 2010.
Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga iratangaza ko mu byumweru bibiri iba yacukumuye neza ibibazo byose bigaragara mu ibagiro rya Misizi.