Itorero Urukerereza ryateguye “Inkera y’Abahizi” muri Kamena

Itorero ndangamuco ry’u Rwanda, Urukerereza, ryateguye “Inkera y’Abahizi” rizataramira i Kigali no mu Karere ka Rubavu ku matariki 3 na 24 Kamena, mu rwego rwo kurushaho kwimakaza umuco nyarwanda.

Itorero Urukerereza rigiye gutaramira Abanyarwanda mu nkera y'Abahizi.
Itorero Urukerereza rigiye gutaramira Abanyarwanda mu nkera y’Abahizi.

Iki gitaramo kigamije kwimakaza umuco wo gutarama no guhiga, kizarangwa n’imbyino gakondo, imihamirizo n’umurishyo w’ingoma, byose biherekejwe n’ibicurangisho gakondo, bikazumvikanisha urwunge rw’amajwi y’indashyikirwa.

Umuhanzi Muyango Jean Marie utoza Urukerereza, yabwiye Kigali Today ko iki gitaramo giteguranywe ubuhanga, bityo anashishikariza Abanyarwanda kuzacyitabira.

Muyango Jean Marie (ibumoso) na Mariya Yohana (iburyo), abatoza b'Urukerereza ubwo bari mu gitaramo cy'Urukerereza mu mpera z'umwaka ushize wa 2015.
Muyango Jean Marie (ibumoso) na Mariya Yohana (iburyo), abatoza b’Urukerereza ubwo bari mu gitaramo cy’Urukerereza mu mpera z’umwaka ushize wa 2015.

Yagize ati “Hashize igihe batababona. Abenshi kandi baheruka Urukerereza rwa cyera, ubu ni Urukerereza ruvuguruye. Hari ibintu byiza byinshi bashaka kwereka Abanyarwanda, nabashishikariza kuza kureba.”

Iyi nkera y’Abahizi izataramirwa i Kigali tariki 3 Kamena, muri Sitade Nto i Remera naho i Rubavu ni mu nzu mberabyombi y’Akarere ka Rubavu tariki 24 Kamena.

Mu mpera za 2015, Itorero Urukerereza ryakoze igitaramo ryise "Indamutso" cyitabiriwe n'abanyacyubahiro barimo Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame.
Mu mpera za 2015, Itorero Urukerereza ryakoze igitaramo ryise "Indamutso" cyitabiriwe n’abanyacyubahiro barimo Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame.

Amafoto: Plaisir Muzogeye

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Bjr! ku gitaramo cy’urukerereza ko batatubwiye igiciro cyo kwinjira

Eric yanditse ku itariki ya: 27-05-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka