Huye: Icyarabu kigiye kubakwa nyuma y’imyaka 6 ari nk’itongo

Nyuma y’imyaka itandatu amazu y’ubucuruzi y’ahitwa mu Cyarabu i Huye afunzwe ngo hubakwe amagorofa, ba nyirayo batangiye kuyasenya ngo hubakwe.

Mu Cyarabu inzu zimwe zatangiye gusenywa
Mu Cyarabu inzu zimwe zatangiye gusenywa

Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwagiranye inama na ba nyir’amazu, mu kwezi kw’Ugushyingo 2016, bubaha igihe cy’ukwezi cyo kuba abatuye mu bikari by’aya mazu bimutse, bagasenya, bagatangira kubaka amagorofa.

Guverineri Marie Rose Mureshywankwano avuga ko ibiganiro yagiranye n’abahafite amazu byabaye mu bwumvikane, basobanurirwa impamvu hadakwiye gukomeza kuba nko mu matongo kandi ari mu mujyi.

Yagize ati “Twaricaye tuganira na bo, tubasobanurira ko Huye iri mu mijyi itandatu ikurikira Kigali, tubasobanurira uko iyo mijyi igomba kuba iteye, tubasobanurira kandi ko bitaba byiza Huye isubiye inyuma aho kujya imbere.”

Abari batuye mu bikari by'amazu yo mu Cyarabu barimuwe hatangira gusenywa
Abari batuye mu bikari by’amazu yo mu Cyarabu barimuwe hatangira gusenywa

Abafite amazu mu Cyarabu biganjemo Abarabu bakomoka mu gihugu cya Omani.

Inzu zizasenywa hubakwe izindi
Inzu zizasenywa hubakwe izindi

Bavuga ko ibisobanuro bahawe n’ubuyobozi, no kuba igihugu bakomokamo cyarabemereye kububakira ari byo byabateye imbaraga.

Hussein Hitimana ati “Muri Oman baravugaga bati n’ubundi yari gahunda ya Leta yo gusenya. Tuzaze dusanga mufite ibibanza bishije neza, noneho mu minsi 45 tuzatangire kububakira.”

Inzu zimaze imyaka zidakorerwamo zabaye nk'amatongo
Inzu zimaze imyaka zidakorerwamo zabaye nk’amatongo

Amazu yo mu Cyarabu ntari gusenywa yose hari agihagaze. Guverineri Mureshyankwano avuga ko ba nyirayo batazahutazwa, ahubwo bazakomeza kugirwa inama ngo bavugurure.

Ati “Na bo ntibazashimishwa no gusigara mu mazu ameze nk’amatongo, iruhande rwabo hari amazu meza asobanutse, babona abavuguruye bari kwinjiza amafaranga. Na bo bazavugurura turabyizeye.”

Ba nyir'amazu ataratangira gusenywa ngo ntibazahutazwa ahubwo bazagirwa inama
Ba nyir’amazu ataratangira gusenywa ngo ntibazahutazwa ahubwo bazagirwa inama

Abanyehuye bishimira kuba Icyarabu gitangiye kuvugururwa kuko ngo hagiye gukurwaho amatongo rwagati mu mujyi wabo yatumaga usa nabi.

Banavuga ko niyuzura ubucuruzi buzarushaho gutera imbere. Ikibazo gusa ngo ni uko amazu y’amagorofa yuzura ahenze, buri wese atabasha kuyigondera.

Rebecca Mugwaneza ati “bajye baca amafaranga makeya kugira ngo n’abaciriritse babone aho bakorera, batere imbere.”

Amazu azubakirwa abarabu bo mu Cyarabu
Amazu azubakirwa abarabu bo mu Cyarabu
Uko amwe mu mazu yo mu Cyarabu azaba yubatse
Uko amwe mu mazu yo mu Cyarabu azaba yubatse
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

mwaramutse

Twe hano kukibuye muri kaminuza , college of medicine and health science Nyamishaba campus, umunyeshuri yaguye mukivu kumugoroba wa 6/1/2017 kugeza ubu ntabwo araboneka

Honore yanditse ku itariki ya: 7-01-2017  →  Musubize

Ibikorwa nkibyoturabyishimira nibabyagera burihamwe mukomerezaho

muhayimana aloys yanditse ku itariki ya: 7-01-2017  →  Musubize

Imyaka itandatu yose nigihombo gikabije birumvikana ko bafashe icyemezo hatabayeho kuganiriza abaturajye ibyiza byumugi ubu nibwo baganirijwe bikumvikana ndabona uriya muyobozi haribyo ari guhindura nakomereze aho murokoze

ntabareshya jean pierre yanditse ku itariki ya: 6-01-2017  →  Musubize

Iriya style bashyize ku mazu y’utwenge sinzi ibyayo...wagirango ni amazu yarashwe n’amasasu.

Considering Rwandan history, i dont think that’s appropriate.

hmmm yanditse ku itariki ya: 6-01-2017  →  Musubize

ni byiza kabisa umujyi wacu watera imbere ibyo ubuyobozi bwakomeje buvuga noneho bigiye kuba bakomereze aho.

gisa yanditse ku itariki ya: 6-01-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka