Perezida Kagame yasabye abikorera mu Rwanda kongera ubuziranenge bw’ibyo bashyira ku isoko, kugira ngo bashoboye guhangana n’ibiva hanze byinjizwa mu Rwanda.
Perezida Kagame yongeye kwibutsa Abanyarwanda, ariko yibanze ku rubyiruko, ko nyuma y’imyaka 22 u Rwanda ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi intego ari imwe yo kubaka u Rwanda.
Ubuyobozi bwa Bralirwa bufatanyije na EAP bajyanye abahanzi 10 bahatana mu irushanwa rya Guma Guma Primus Super Star 6, mu Karere ka Kayonza, aho basuye bakanagabira incike za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ingabo z’u Rwanda n’abasivili bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani na Sudani y’Amajyepfo, bibutse ku nshuro ya 22 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabaya muri Nyabihu, bavuga ko bakeneye ko Leon Mugesera aza kubasaba imbabazi kubera igihemu yabashyizeho.
Abanyerondo bo mu Murenge wa Mutendeli, mu Karere ka Ngoma, bafashe moto ipakiye ibiro 120 by’amashahi yaciwe mu Rwanda.
Abatuye Akarere ka Gicumbi basabwe gutanga amakuru kugira ngo imbiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itaraboneka ishyingurwe mu cyubahiro.
Abatuye mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro bemeza ko inyigisho zitangwa mu biganiro by’icyunamo byafasha urubyiruko kwirinda Jenoside.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burateganya kwandika amateka y’umwihariko yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka karere, mu rwego rwo kuyasigasira.
Imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ishyinguye mu rwibutso rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera igiye kwimurirwa mu mva nshya.
Mutabaruka Paulin wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyabakamyi muri Nyanza yemerewe kurekurwa by’agateganyo ariko urukiko rumutegeka ibyo agomba kubahiriza.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko batarishyurwa ibyabo byangijwe.
Minisitiri w’Ubutabera akaba Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, aratangaza ko abafitiye imyenda Leta bagiye gukurikiranwa nyuma y’igihe kinini bihanganirwa.
Bamwe mu badepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi biyemeje gukorana n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kurwanya ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ingabo z’Igihugu (RDF) zaburijemo igitero cy’abitwaje intwaro gakondo bateye urugo rwa Mpembyemungu Winifrida wahoze ayobora Akarere ka Musanze; ucyuye igihe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko imibiri itandatu yabonetse mu mirenge ya Kanama, Nyundo, Rubavu na Mudende; izashyingurwa mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyundo rurimo kubakwa.
Umuhanzi Munyanshoza Dieudonne wamenyekanye nka Mibirizi arasaba abahanzi bavutse nyuma ya Jenoside kwanga amacakubiri n’ikibi kuko ejo hazaza ari ahabo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kamonyi, barashima ubuyobozi ku bw’urwibutso rwubatswe mu “Ishyamba rya Bibare” kuko ruzatuma amateka y’ubwicanyi bwahabereye atibagirana.
Umukuru w’umudugudu wa Nyarutembe mu Kagali ka Rugabogoba gaherereye mu Karere ka Karongi, yahitanywe n’inkuba yanakomerekeje abandi batatu, nyuma y’imvura yaguye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Huye barasaba ko ahitwa Akagarama mu Kagari ka Muyogoro, hiciwe abagore n’abana 326 mu gihe cya jenoside, hashyirwa ikimenyetso.
Abana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 ngo bafite impungenge ko batazashobora gusobanurira amateka ya Jenoside abazabakomokaho nihadafatwa ingamba zihuse zo kuyasigasira.
Ambasade y’u Rwanda muri Repuburika ya Congo-Brazzaville yatangije ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Musanze barasaba kubakirwa inzibutso zigaragaza amateka, kuko izihari zubatswe mu buryo butagezweho.
Mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, Ikipe ya Mukura VS yashyize ahagaragara abanyamuryango bayo bazize iyi jenoside.
Mu Karere ka Nyabihu, Kwibuka 22 byatangirijwe ku buvumo bwa Nyaruhonga bwajugunywemo abishwe muri Jenoside buri mu Murenge wa Mukamira mu Kagari ka Gasizi.
Umuryango Ibuka wita ku barokotse Jenoside mu Karere ka Muhanga uratabariza abarokotse batishoboye bakibayeho mu buzima bubi nyuma y’imyaka 22 Jonoside ibaye.
Abayobozi banyuranye bitabiriye igikorwa cyo gutangiza icyunamo mu Karere ka Nyarugenge, basabye urubyiruko gukoresha imbaraga rufite mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Abaturage b’Intara y’Uburasirazuba barahabwa icyizere cy’ahazaza heza bitewe n’uko u Rwanda rwabonye ubuyobozi bwiza nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa kane tariki 7 Mata 2016, U Rwanda rwatangiye iminsi irindwi y’icyunamo, aho ku nshuro ya 22 hibukwa Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe mu 1994.
Umuryango Ibuka mu Karere ka Karongi uvuga ko abangije n’abasahuye imitungo y’Abatutsi muri Jenoside bakomeje kugaragaza ubushake bucye mu kuyishyura.
Mu muhango wo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abatuye Akarere ka Nyagatare bibukijwe ko gutanga ubuhamya bikwiye gukorwa n’abatarahigwaga.
Imibiri 72 y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabonetse mui Kigo cya Gisirikare cya Bigogwe.
Kuri uyu wa Kane, tariki 7 Mata 2016, u Rwanda rwatangiye icyunamo ngarukamwaka cy’iminsi irindwi cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Kaminuza y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi, REB batangije uburyo bworohereza umunyeshuri usaba kwemererwa kwiga muri iyo kaminuza agahita asabira icyarimwe no kwemererwa guhabwa inguzanyo.
Imvururu zavutse mu muhango wo gushyingura Ndahimana Eric wishwe n’umuturanyi we, ubwo yari agiye kumurariza umugore, zatumye umuryango w’uwamwishe wose uhunga.
Perezida Kagame yijeje mugenzi we wa Tanzaniya, John Pombe Magufuli, ko u Rwanda ruzakomeza kubabera inshuti z’indahemuka, kandi bazahora bafatanya muri byose bigamije inyungu z’abaturage.
Abashyitsi bakomeye barenga 500 baturutse imihanda yose y’isi, kuri uyu wa 7 Mata 2016 barateranira ku Rwibutso rwa Genoside rwa Kigali mu muhango wo gutangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 22 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Leta y’u Rwanda yakiriye miliyoni 95 z’amadolari y’Amerika nk’inguzanyo ya Banki y’Isi yo kubaka ibikorwaremezo mu mijyi itandatu yunganira Kigali.
Umuryango w’Abanyaburayi urwanya iIvangura (EGAM), waje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli, kuri uyu wa Gatatu, tariki 6 Mata 2016 yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda, ari na rwo rwa mbere akoze kuva yatorerwa kuyobora igihugu cye mu Ukwakira 2015.
Mu mukino w’ikirarane utari warabereye igihe,APR Fc yatsinze AS Kigali ibitego kuri kimwe mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hacicikana amafoto, aho Lil G yagaragaye aca amafaranga, ayandi akayambara umubiri wose nk’umwambaro.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye abayobozi b’ibanze mu Ntara y’Amajyepfo kugaragaza abagize uburiganya mu kunyereza inka 1201 zari zigenewe abatishoboye; kugira ngo bahanwe by’intangarugero.
Urwego rwa Polisi rushinzwe ubugenzacyaha (CID) rutangaza ko Abanyarwanda 18 bakurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba rishingiye ku madini harimo n’uwatwitse urusengero rwa ADPR Gatsibo.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuhinzi muri MKinisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yatangaje ko abashakashatsi mu buhinzi bagiye kongera ingufu mu mikoranire hagati yabo.
Mu karere ka Gicumbi hatangijwe umushinga “Mureke Dusome”, ugamije kuzamura ireme ry’uburezi cyane ku bana bo mu mashuri abanza n’abarezi hamwe n’ababyeyi.