Ku kibuga giherereye kuri Maison des Jeunes Kimisagara, ikipe ya Police Hc yihimuye kuri APR Hc yaherukaga kuyitsinda mu marushanwa abiri baherukaga guhuriramo, ihita ndetse inakomeza kuyobora urutonde rwa Shampiona.

Mu mukino waranzwe no guhangana nk’ibisanzwe, igice cya mbere cyaje kurangira Police iri imbere n’ibitego 23-22, mu gice cya kabiri amakipe akomeza gukubana ari nako buri yose yanyuzagamo ikayobora umukino, ariko ikipe ya Police iza kumara umwanya munini ari yo igenda cyane imbere ya APR.


Uyu mukino kandi ufatwa nk’uw’umwaka, waje kugaragaramo amakrita atatu y’umutuku, harimo abiri yahawe APR (Uwitwa Nyirimanzi na Murwanashyaka Emmanuel uzwi nka Kabange), ndetse n’imwe ku ruhande rwa Police yahawe uwitwa Machine.


Nyuma y’uyu mukino, umutoza wa Police Hc Ntabanganyimana Antoine yatangaje ko gutsinda uyu mukino bibahaye icyizere ko nka 55% bashobora kwisubiza iki gikombe banafite

Es Kigoma 36-29 ADEGI
Uwatsinze ibitego byinshi: Ntambara Jean de Dieu bita Gatsibo watsinze 10 (ES kigoma).
Gs St Aloys 29-24 Gs Rambura
Uwatsinze byinshi :Bienvenue Uwambajimana watsinze 9 (GS Rambura)
Adegi 48-43 Urumuri
Uwatsinze ibitego byinshi: MINANI Theodore (ES Urumuri) & Urangwanimpuhwe
Guido(Adegi) buri wese yatsinze 14
Inyemeramihigo 54-27 Gs Rambura
Uwatsinze byinshi: Byiringiro Ibrahim watsinze 14 (Inyemeramihigo)
Police 40-38 APR
Uwatsinze byinshi: Nshimiyimana Alexis watsinze 10 (Apr)
Ohereza igitekerezo
|
Gusa aya makipe yombi nabahanga niyo mpamvu iyo imwe itsinze India kibarigitangaza gikomeye pee!!! Kandi n’abatoza bazo nabahanga kuburyo bukomeye nabo gushimirwa
Inkuru ikoze neza pe.Ibyobyo match yari ishiraniro.Gusa ndabona amakipe y’ibigo by a secondaire atoroshye,Hari ikizere kubakinnyi barimo nkurikije uko yatsibdanye.