Abagize inzego zitandukanye z’ubutabera mu Rwanda barasabwa guhangana n’icyaha cy’ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’inshingano z’ubutabera.
Musenyeri Servilien Nzakamwita wa Diyoseze ya Byumba yasabye abaturage b’Akarere ka Nyagatare guharanira agaciro baremanywe Yezu yabasubije bigoranye.
Urubyiruko rugize itorero “Uruhongore rw’Umuco” ry’Akarere ka Kirehe rwahagurukiye kwigisha abakuze kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze mu ndirimbo, imivugo n’ikinamico.
Umukecuru Mukagashugi Eliane w’imyaka 78 wari utuye mu Mudugudu wa Buhigiro, Akagari ka Saruheshyi mu Murenge wa Mwendo w’Akarere ka Ruhango, yishwe ateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana.
Pasiteri Bucyeye Coleb yemeza ko uwigisha ijambo ry’Imana afite ingengabitekerezo ya Jenoside adakwiye kwakira amaturo y’abo yavanguye.
Kuva tariki ya 10 Mata 2016 amazi y’Ikiyaga cya Kivu yahinduye ibara asa n’icyatsi mu gihe yari asanzwe ari ubururu.
Nyuma y’umwaka yararagije inka yahawe muri gahunda ya “Gira inka’, ubuyobozi bwayimwatse bumushinja kuyigurisha, ariko we akavuga ko arenganye kuko yayiragije bubizi.
Abatutsi bahungiye kuri Paruwasi ya Mukarange i Kayonza muri Jenoside ngo bari banesheje interahamwe iyo zidafashwa na Gatete na Senkware.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, arasaba abashakashatsi n’abanditsi b’amateka gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umukecuru w’imyaka 52 witwa Uwiduhaye Bertha yasanzwe mu nzu yapfuye yatemaguwe cyane mu mutwe.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, kuri uyu wa 11 Mata 2016 rwahamije umugabo witwa Ntamunoza icyaha cyo kwicisha umukobwa ishoka rumukatira gufungwa burundu.
Abagabo bane n’abagore babiri mo mu Murenge wa Rugereo mu Karere ka Rubavu batawe muri yombi bazira kwifungirana mu kabari mu gihe abandi bari mu biganiro byo Kwibuka22.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu avuga ko nta kintu runaka giteganyirizwa abayobozi b’uturere bashoje manda ariko ngo aho bishoboka bashobora gufashwa gusubira mu buzima busanzwe.
Siboruhanga Judith wo mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe arateganya kwitura Françoise wamurokoye interahamwe zigiye kumwica muri Jenoside.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gatsibo rwasabwe kurwanya ibitekerezo bihembera ingengabitekerezo ya Jenoside bigifitwe na bamwe mu bantu bakuze.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango “Les fraternelles Zirikana” rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko bifuza gukora ibikorwa bigaragaza inyiturano y’ineza leta yabagiriye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bufatanyije n’abarokotse Jenoside muri aka karere, batangiye igikorwa cyo kwimura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bayishyira mu rwibutso rutunganyije neza.
Pariti Emmanuel, umwe mu bakoze Jenoside bagasaba imbabazi bagafungurwa, avuga ko kuvugisha ukuri ku byo yakoze byamubohoye ariko bimuca ku ncuti.
Mutagomwa Alexis utuye mu Mudugudu w’Akagano, Akagari ka Kiyonza, Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru; yishe umugore we Uwimana Donatille umujijije igiti yacanye.
Hari bamwe mu bapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bataheranwe n’agahinda, bakora imishinga y’ubucuruzi ibinjiriza amafaranga abafasha kubaho n’imiryango basigaranye.
Urukiko rw’Ibanze rwa Ruhuha mu Karere ka Bugesera, rwafunguye by’agateganyo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge, Nsengiyumva Charles, ukurikiranweho kunyereza amafaranga yari agenewe abatishoboye, agakomeza gukurikiranwa ari hanze.
Abagabo batanu, umugore n’umusore bari mu maboko ya Polisi i Kirehe bakurikiranweho ingengabitekerezo ya Jenoside mu gihe hibukwa ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Abapfakazi ba Jenoside batuye mu Mudugudu wa AVEGA i Nyagasambu mu Karere ka Rwamagana barasaba gusanirwa inzu batujwemo zitarabagwira.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko nta warindira ubuzima abantu nka bo ubwabo kuko abari barinzwe n’ingabo z’amahanga muri Jenoside bitababujije kwicwa.
Ndayisaba Fabrice uhagarariye Ndayisaba Fabrice Foundation, yatangaje ko kwigisha abana bato amateka ya Jenoside, bizabafasha kwirinda ababashuka babashyiramo ingengabitekerezo yayo.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Caritas, avuga ko bigayitse kuba hari abantu bitabira gusenga nyamara ntibitabire gusaba imbabazi abo biciye.
Gisagara nka kamwe mu turere twagaragayemo Malariya nyinshi, abaturage baho barasabwa kujya borohereza abashinzwe gutera imiti yica imibu.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi baramagana Padiri Fortunatus Rudakemwa bashinja gushaka kongera kubabibami ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umugabo w’imyaka 60 y’amavuko utuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranweho gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akoresha ibirori mu cyumweru cy’icyunamo.
Nsengiyumva Pierre wo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kubuza umugore we kwifatanya n’abandi kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa (Gitifu) w’Umurenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi, Uwayezu Theodosie, afunzwe akekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko kwibuka ari ikimenyetso kibahamiriza ko iyo Jenoside yabaye koko.
Ababyeyi bo mu Karere ka Burera barasabwa guca ukubiri no kwigisha abana babo urwango n’amacakubiri ahubwo bakabigisha ibyiza.
Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Finland (RCA Finland), ku nshuro ya mbere, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye ababyeyi kurera abana babaha indangagaciro zibereye umuyobozi w’ejo mwiza.
Akarere ka Nyarugenge karitegura gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yamaze kuboneka, kanongere ingufu mu gushakisha n’indi itaraboneka, na yo ngo ishyingurwe.
Kuri uyu wa 09 Mata 2016, Abanyarwanda bagize Diaspora yo muri Côte d’Ivoire n’inshuti zabo bibutse ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kimironko bwihanangirije abahatuye ko butazihanganira uwo ari we wese uzagaragaraho cyangwa agakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abarokotse Jenoside barasaba ko urwibutso rwo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi rusanw,a kuko ruva amasanduku bashyinguyemo akangirika.
Abaturage bo mu Kurenge wa Kirehe basanga gahunda y’ibiganiro byo kwibuka bisigira abakiri bato isomo ku mateka ya Jenoside.
Abanyarwanda 95 bageze mu Karere ka Rusizi batahutse, baturutse mu mashyamba ya Congo aho bari bamaze imyaka isaga 21 bazerera.
Abagize Umuryango w’Abanyeshuri Barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Nyagatare; barizeza ko ibyo batangwaho kugira ngo bige banabeho neza, bazabyitura gukorera igihugu.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 9 Mata 2016, Perezida Kagame yifatanyije n’imbaga y’Abanyarwanda mu rugendo rwo kwibuka (Walk to Remember) ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, rwaturutse ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimuhurura, rusorezwa kuri Stade Amahoro i Remera; ahahise (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buravuga ko gushyira hamwe, abaturage bagatahiriza umugozi umwe ari byo bizatuma ingengabitekerezo ya Jenoside iranduka burundu.
Umuryango urengera inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, ukomeje kwamagana uwari Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Alain Jupé n’abo bafatanije gupfobya jenoside.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yijeje ko umutekano w’Abanyarwanda urinzwe bihagije, ku buryo ngo uwagerageza kuwuhungabanya atamenya “ikimukubise”.