Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatumiye ibihugu 13 mu irushanwa ryo kwibuka Abakinnyi n’abandi bakundaga siporo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, irushanwa riteganyijwe kuzabera i Kigali kuva tariki 01/06 kugera tariki 04/06/2017.

Ghana iheruka gutsindira Amavubi i Kigali nayo yatumiwe
Ibihugu byamaze gutumirwa n’ubwo bitaremeza ko bizaboneka ni Morocco, Guinea Conakry, Equatorial Guinea, Togo, Congo Brazzaville, Libya, Burkina Faso, Ethiopia, Gabon, Liberia, Ghana, Kenya na Nigeria.

Victor Wanyama ukina muri Tottenham yo mu Bwongereza nawe yitabiriye iri rushanwa muri 2015 n’igihugu cye cya Kenya

Mugiraneza Jean Baptiste ahanganye na Victor Wanyama mu irushanwa rya 2015
Mu mwaka wa 2015 ubwo iri rushanwa ryabaga bwa mbere ryitabiriwe n’ibihugu bine ari byo u Rwanda, Kenya, Sudani y’Amajyepfo ndetse na Tanzania, mu gihe umwaka ushize wa 2016 ritabaye.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|