Mu gicuku cyo kuri uyu wa Kabiri, ku i Saa Sita n’iminota 50, ni bwo abakinnyi bagize ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru bari bageze ku kibuga cy’indege i Kanombe, nyuma yo gutakaza umukino wa mbere w’amajonjora yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroun umwaka wa 2019.


Bakigera i Kanombe, twaganiriye na Kapiteni w’iyo kipe, Haruna Niyonzima, adutangariza ko bababajwe no gutsindwa mu minota ya nyuma, ariko ko hari icyizere ko bazitwara neza mu mikino iri imbere
Yagize ati "Ntabwo binteye ubwoba cyane, gusa sinashimishijwe no gutsindwa, ntabwo wari umukino wo gutakaza, ariko kubera ariko byagenze ubu tugiye guhanga amaso imikino iri imbere kandi ndacyeka tuzayitwaramo neza kuko dufite ikipe nziza"

"Hari byinshi cyane byatumye dutsindwa, ku bwanjye ntabwo nabishyira ku mutoza, hari abashobora kuvuga ngo ni sisiteme, ariko umukinnyi ugendera kuri Sisiteme ntabwo burya ntabwo aba ari umukinnyi, icy’ingenzi ni ukureba aho tugeze, n’uburyo twumva Sisiteme"
"Gusa ni byinshi cyane byatumye dutsindwa, haba imvura yatugoye, uko batwakiriye ku munsi wa match siko byari bikwiye, twanagize amahirwe make gusa natwe dushobora twararangaye bikatuviramo gutsindwa mu minota ya nyuma"
Andi mafoto






National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Guseka ndumva nakibazo kirimo Eric we nonese wendaga ngobaze barira ikipe irakomeye ahubwo iri tsinda tuzariyobora rwose kuko na ivory coast nayo nigikenyeri bayitsindiye murugo
Babajyane mu ngando nkuko abongereza bajyanye yo ikipe yabo babahate igiti banabigisha gukora bavunikira umwuga ubatunzi naho ubundi wagira ngo naba commediens
Nimureke ikipe imenyerane ariko umusaruro uzaboneka
NI AGAHINDA!!! BARISEKERA DISI KANDI BATSINZWE!!! birasobanura ko batazi icyo bashaka mu ikipe y’Igihugu!!!
ABANTU BAZI ICYO GUKORA BASEKA KURIYA BATSINZWE?
IBYO UVUZE NI UKURI .NTAGO BARAMENYA INDANGAGACIRO N ICYEREKEKEZO CY U RWANDA .BAKWIYE INGANDO BAKAJYA GISHALI CYANGWA SE GABIRO BAGASOBANURIRWA KWIHESHA AGACIRO NO GUHAGARARIRA ABANYARWANDA ICYO BIVUZE.
MWABONYE KO N IKIPE Y UBWONGEREZA INGANDO YABAGEZEHO BAKABAJYANA MU KIGO CYA MARINE BAGASOBANURIRWA ICYO GUHAGARARIRA IMWAMIKAZI N ABONGEREZA BISOBANUYE .
NAO ABO BASORE BARASEKA BARI KURI PHONE , .......
UBWO SE BATUZANIYE IKI ....???AMANOTA 3 CYANGWA SE RIMWE 1
OYA MINISPOC NIBAJYANE NKUMBA CYANGWA AO NAVUZE BAMENYE IBYO KWIHESA AGACIRO NAO UBUNDI NGIZO HEADPONES MU MATWI , BIBEREYE MURI CHART .......
witegereje amafoto ubonako ntacyo bibatwaye baraseka birababaje kbs guhora dutsindwa