Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), cyatangaje ko cyoroheje uburyo bwo kwishyura ideni ku bihugu 25 harimo n’u Rwanda, kubera ingaruka zikomeje guterwa n’icyorezo cya coronavirus.
Disi Dieudonné warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ni umwe mu Banyarwanda bafite ibigwi byinshi mu mukino wo gusiganwa ku maguru ku ntera ndende. Avuga ko umukino wo gusiganwa ku maguru wamugaruriye icyizere cy’ubuzima ukamufasha kwiyubaka.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko kuri uyu wa mbere tariki 13 Mata 2020 hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus mu bipimo 901 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abarwaye Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 127 (muri aba 42 barakize, hakaba harimo 17 bakize mu masaha 24 ashize).
Mu gusoza icyunamo kuri uyu wa mbere tariki 13 Mata 2020, Abanyapolitiki bakiriho bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, babavugaho ubutwari kuko bemeye guhara ubuzima bwabo banga kwifatanya na Leta ishinjwa kwica Abatutsi.
Umuryango Uharanira Inyungu z’Abacitse ku Icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA), uvuga ko kuba Radio France Inter yasabye imbabazi ku makosa yakoze bihumuriza abo yari yakomerekeje, cyane cyane abacitse ku icumu.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko imiti y’imyiganano na yo yazamuye ibiciro ku masoko, bitewe n’uko yaguzwe n’abantu benshi muri iki gihe cya Covid-19.
Nyuma y’uko amashyaka yari amaze kuba menshi ndetse n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ivangura bwariho muri icyo gihe mu mwaka wa 1990, kuva mu ishyaka rya MRND byasaga no guhara amagara.
Ku Mugabane w’u Burayi, abageze mu zabukuru bazongera kwemererwa gusohoka no kujya mu buzima busanzwe nibuza mu mpera z’uyu mwaka wa 2020, kubera icyorezo ya coronavirus nkuko byatangajwe n’umuyobozi wa Komisiyo y’Ibihugu by’ u Burayi, Ursula Von Der Leyen.
Abagize amatsinda y’ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Gakenke bavuga ko aya matsinda yababereye umuyoboro wo kwimakaza ubumwe, baca ukubiri n’amacakubiri, ubu icyo bashyize imbere kikaba ari ubunyarwanda.
Igifenesi ni urubuto rukundwa n’abantu batari bake, kandi bakarurya mu buryo butandukanye, kuko rugira ibyiza bitandukanye ruzana mu buzima bw’abarurya.
Ahagana saa sita kuri uyu wa mbere tariki 13 Mata 2020, ikirere cy’i Kigali mu murwa mukuru w’u Rwanda cyaranzwe n’ibicu byakurikiwe n’imvura.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bibana mu nzu yaba abapfakazi cyangwa se impfubyi, bashyiriweho nomero zo guhamara kugira ngo birinde kuba bakwigunga bikabaviramo ihungabana.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ikoranabuhanga mu Rwanda, (RISA), burashishikariza Abanyarwanda kuguma mu rugo, kuko ari bwo bazashobora guhangana n’icyorezo cya Covid-19.
Marianne Mamashenge wari umwana w’imyaka itanu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaba yari atuye i Ntarama mu Bugesera, ababyeyi be bishwe areba, ariko ku bw’amahirwe we ararokoka, none ubu ni umubyeyi w’abana babiri.
Sosiyete y’Itumanaho MTN Rwanda iravuga ko kugeza ubu, umuntu wese ufite telefone nta rwitwazo yabona rwo kwanga kugura no kugurisha serivisi n’ibintu hakoreshejwe Mobile Money, kuko gutanga cyangwa guhabwa amafaranga mu ntoki bishobora gukwirakwiza Coronavirus.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko ku cyumweru tariki 12 Mata 2020, rwafashe uwitwa Nsengimana Theoneste ufite televiziyo ikorera kuri murandasi (Online TV), wafashwe ashaka gufata abaturage amajwi n’amashusho agamije kuyakoresha mu nyungu ze bwite.
Adrien Niyonshuti warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ni umwe bakinnyi bakoze amateka muri siporo mu Rwanda aho yabaye umukinnyi wa mbere wabigize umwuga mu mukino w’amagare mu Rwanda, akanaba Umunyarwanda wa mbere wakinnye imikino Olempike muri uyu mukino.
Ku wa gatanu tariki 10 Mata 2020, hari hashize imyaka 50 itsinda rya ‘The Beatles’ risenyutse. The Beatles ryari itsinda ry’abanyamuziki b’Abongereza bo mu Mujyi wa Liverpool. Ryashinzwe mu mwaka wa 1960, rigizwe na John Lennon, Paul McCartney, George Harrison na Ringo Starr, rikaba ari ryo tsinda ryakunzwe cyane kurusha (…)
Ambasade ya Israel mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 10 Mata 2020 yatanze inkunga ya toni enye igizwe n’ibishyimbo, umuceli, n’ifu y’ibigoli, bihwanye na Miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda, ku miryango ikeneye ubufasha bw’ibiribwa i Kigali.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko kuri iki Cyumweru tariki 12 Mata 2020 hagaragaye abandi bantu batandatu barwaye Coronavirus mu bipimo 1160 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abarwaye Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 126 (muri aba 25 barakize, hakaba harimo 7 bakize mu masaha 24 ashize).
Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Cyril Ramaphosa, yashyizeho itsinda rishinzwe gukorera ubuvugizi umugabane wa Afurika mu ruhando mpuzamahanga, kugira ngo amahanga atere inkunga ubukungu bwa Afurika burimo guhungabana biturutse ku cyorezo cya #COVID19.
Muri gahunda yo gukangurira abaturage kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19, Polisi ikomeje gushyiraho ingamba zinyuranye mu rwego rwo kumenyekanisha iyo gahunda mu baturage, aho yatangiye gukoresha indege nto zitagira abapilote (Drones).
Komisiyo yo Kurwanya Jenoside(CNLG) ivuga ko abasirikare b’Ababiligi bari bakuriwe na Gen Romeo Dallaire (w’Umunya-Canada) ari bo bakwiye kubazwa iby’iyicwa ry’Abatutsi muri ETO Kicukiro.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri iki cyumweru tariki 12 Mata 2020, yasuye itsinda ry’abantu bo mu nzego zitandukanye babarirwa muri 400 bakora imirimo itandukanye yerekeranye no kurwanya no gukumira icyorezo cya COVID-19, rikorera mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Camp Kigali (KCEV).
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, wari umaze iminsi icumi yivuza Coronavirus yavuye mu bitaro.
Umuhanzi w’Umurundi Niyomwungere Leonard wakunzwe cyane cyane muri aka karere k’ibiyaga bigari, biravugwa ko yitabye Imana azize Coronavirus, indwara bikekwa ko ashobora kuba yarayivanye mu gihugu cya Canada aho yari amaze iminsi aba, akaba yaguye mu gihugu cya Malawi.
Abarokokeye kuri Kiliziya ya Mukarange mu Karere ka Kayonza bavuga ko tariki ya 12 Mata 1994 itazasibangana mu mitima yabo kuko aribwo biciwe abavandimwe, ababyeyi, inshuti na bo barababazwa bikomeye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, Kanyarukato Augustin ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Muhoza, aho akurikiranyweho icyaha cyo gufunga umuturage mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) cyatangaje ko gahunda cyashyizeho yo kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga (e-learning) yashyizweho mu rwego rwo gufasha abanyeshuri bari mu rugo gusubiramo amasomo yabo, yitabiriwe ku rwego rushimishije.
Igikorwa cyo kugenzura abagomba gufungurwa by’agateganyo, cyakozwe n’Ubushanjacyaha(NPPA),Polisi ndetse n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), cyarangiye ku wa gatatu tariki 08 Mata 2020 cyemeje ko abantu 1.182 bari bafungiye mu za sitasiyo za polisi hirya no hino mu gihugu bagomba kurekurwa by’agateganyo.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Gatsibo, Sibomana Jean Nepomuscene, avuga ko mu cyahoze ari komini Murambi yayoborwaga na Gatete Jean Baptiste, Jenoside yateguwe kera ndetse iranageragezwa mu 1990 ubwo bamwe mu Batutsi bajyanwaga i Byumba bakicirwayo batwitswe mu gihe cy’ibyitso.
Ubuyobozi bwa IBUKA mu karere ka Kayonza butangaza ko kugeza ku wa gatanu tariki 10 Mata 2020, hamaze kuboneka imibiri y’abantu 75 bishwe muri Jenoside, kuva batangira igikorwa cyo kuyishakisha muri icyo cyuzi mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Mata 2020 hagaragaye abandi bantu babiri barwaye Coronavirus mu bipimo 842 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abarwaye Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 120 (muri aba 18 barakize, hakaba harimo 11 bakize mu masaha 24 ashize).
Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Kabgayi Musenyeri Smaragde Mbonyintege aratangaza ko kwizihiza umunsi mukuru wa Pasika mu bihe bidasanzwe bya ‘Guma mu rugo’ n’Icyunamo, icy’ibanze ari ukwirinda no kurinda abandi.
Umuhanzi Rugamba Sipiriyani ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda batazibagirana kubera inganzo ye idasobanya igeza ubutumwa bwiza ku Banyarwanda, burimo gukunda Imana n’abantu.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko Polisi nk’urwego rufite inshingano zo kugenzura uko amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yubahirizwa, hari ibyo babonye mu minsi ishize abantu bakora nyamara bidakwiye.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko kuba umuntu apimwe bikagaragara ko yanduye Coronavirus ariko bamubaza abo bahuye cyangwa basangiye mbere akanga kubavuga kiba ari icyaha.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri uyu wa gatandatu tariki 11 Mata 2020 abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa, bakaza kuba biyongereye ku bandi barindwi basezerewe mu minsi ishize, bose hamwe bakaba 18.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Juru, tariki ya 09 Mata 2020 saa yine za mugitondo yafashe uwitwa Bwokobwimana Gad w’imyaka 30 na Karasira Egide w’imyaka 38, bahamagaye umuturage bamubwira ko ari abapolisi n’Abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB). Umuturage bamusabye (…)
Umuhanzikazi Nyiranyamibwa Suzanne ni umwe mu baririmba cyane ku ndirimbo zifasha Abanyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Avuga ko kuririmba izi ndirimbo bihura neza n’inkuru y’ubuzima yabayemo n’ibyo yabonye ubwo Jenoside yari ikirangira akagera mu Rwanda avuye mu Bubiligi aho yari yarahungiye.
Uturere twari twarateguye ibikorwa byo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yabonetse, kimwe no kwimurira imibiri mu zindi nzibutso, bizakorwa nyuma ya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Mata 2020 hagaragaye abandi bantu batanu barwaye Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abarwaye Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 118 (muri aba 7 barakize).
Ubuyobozi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bwatangaje ko habonetse umurwayi wa Ebola.
Muri iki gihe hakunze kugaragara abantu batandukanye banywa icyayi gifite ibara ry’icyatsi kibisi, akenshi kitanashyirwamo isukari. Ushobora kuba wibaza icyo kimaze ku buzima bw’abakinywa.
Mu Midugudu y’Agahenerezo na Nyanza mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, guhera kuwa gatanu tariki 3/4/2020 amazi yarakamye mu marobine, none ababyeyi bohereza abana mu kabande bahangayikishijwe n’uko bashobora kuhandurira Coronavirus.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko kuva tariki 06 Mata 2020 abakora isuku mu mihanda inyuranye ya kaburimbo mu Ntara y’Amajyaruguru bagarutse mu kazi kabo, ariko bagakora bubahiriza amabwiriza ya Leta ajyanye no kwirinda kwandura icyorezo cya Coronavirus.
Impanga ebyiri, umwe witwa Eileen na Eleanor Andrews bapfuye bakurikiranye nyuma yo kwandura icyorezo cya Coronavirus (COVID-19).