Mu rwego rwo kwirinda ko icyorezo cya coronavirus gihangayikishije isi n’u Rwanda rurimo gikomeza gukwirakwira, hafashwe ingamba z’uko abantu bajya bakorera mu rugo aho bishoboka.
Sallam Sharaff usanzwe ari umu DJ akaba ari na we ushinzwe inyungu z’umuhanzi Diamond Platnumz, yamaze gupimwamo Indwara ya COVID-19 abaganga bayimusangamo, bitera ubwoba cyane uyu muhanzi, avuga ko na we ashobora kuba arwaye kuko ari umuntu baba bari kumwe kenshi basangira ubuzima hafi ya bwose.
Mu gihe Skol na Rayon Sports bari bamaze imyaka irenga irindwi bafatanya, Rayon Sports irasaba Skol kongera amafaranga kugirango bakomeze imikoranire.
Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports Eric Rutanga arasaba abafana ba Rayon Sports kubaba hafi, bakazasubukura shampiyona bakosora ibitaragenze neza mu mikino 24 bamaze gukina
Umuhanda Muhanga-Ngororero wari wafunzwe kubera umwuzure wari wahagaritse ingendo z’imodoka ku wa 18 Werurwe 2020 wari ubu wongeye kuba nyabagendwa kuko uwo mwuzure wamaze kuvamo.
Nyuma y’ijambo rya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo (RDC) Felix Tshisekedi, rishyiraho ingamba zo gukumira icyorezo cya Coronavirus kibasiye isi yose muri rusange, ubuyobozi bw’imipaka ya Kongo bwahagaritse abakoresha jeto mu kwambukiranya imipaka, hemererwa gusa kwambuka abafite ‘laisser passe ‘na ‘passport’.
Imiryango yashyinguye abayo mu irimbi rya Munyinya mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, iravuga ko amazi menshi y’imvura aturuka mu ngo zirituriye yatangiye gusenya imva nyuma y’amezi abiri gusa rimaze rifunze.
Bamwe mu bacuruzi bakomeje kugira urwitwazo icyorezo cya Coronavirus, bakazamura ibiciro uko bishakiye, barenga ku mabwiriza yashyizweho na Leta arimo iryo kutazamura ibiciro ku bicuruzwa byabo.
Mu bice bitandukanye by’igihugu cyane cyane mu mijyi, hari kugaragara abantu bambaye udupfukamunwa (Masks) n’uturindantoki (gants), aho bavuga ko bari kubikora mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus gitera indwara ya Covid-19, ihangayikishije ibihugu by’isi n’u Rwanda rurimo.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kabare ya mbere, Akagari ka Kabare, mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko bamaze amezi atanu batabona amazi meza.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kwemerera amabanki kongerera igihe cyo kwishyura inguzanyo mu gihe abayabereyemo inguzanyo bagizweho ingaruka na Coronavirus, ndetse inakuraho ikiguzi cyo guhererakanya amafaranga.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu avuga ko isuku mbere yo gukama, irinda indwara nyinshi zirimo n’icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije isi muri rusange, n’u Rwanda by’umwihariko.
Amakuru aturuka mu gihugu cya Burkina Faso avuga ko Hon. Marie Rose Compaoré, abaye umuntu wa mbere muri icyo gihugu witabye Imana azize icyorezo cya Coronavirus.
Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr Ngamije Daniel, yatangaje ko ingendo zo mu kirere zigiye guhagarikwa mu gihe cy’iminsi 30 mu rwego rwo kugabanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19. Uyu mwanzuro uzatangira gushyirwa mu bikorwa mu ijoro ryo ku itariki ya 20 werurwe 2020.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko abarwayi ba COVID-19 babaye 11. Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Gatatu habonetse abandi batatu biyongera ku munani babonetse mu minsi itandukanye ishize, bose hamwe baba 11.
Ku wa kabiri tariki 17 Werurwe 2020 nibwo urwego rw’igihugu rushinzwe imiyoborere (RGB) rwatanze icyemezo cy’ubuzima gatozi bw’agateganyo kuri Twin Lakes Cycling Club ikorera mu Karere ka Burera.
Mu gihe isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19, ibikorwa byinshi by’imikino haba mu Rwanda no ku isi byarahagaze. Abari basanzwe bakina n’abacuruza ibyerekeranye n’imikino y’amahirwe cyangwa ibyo bita kubetinga bari mu bihe bitaboroheye.
Umuvuzi gakondo witwa Ndamyabera Revelien wo mu Kagari ka Kampanga mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB), aho akurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza ibihuha no kwiha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Hashingiwe ku mabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima agamije kwirinda icyorezo cya COVID-19, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kwihutisha Iterambere (RDB), rwasabye amahoteli, n’andi macumbi, amaresitora, utubari n’utubyiniro gushyira ibikoresho by’isuku (kandagira ukarabe n’amavuta yica za mikorobe (hand sanitizers) aho ababagana (…)
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) iramenyesha abantu bose baba Abanyarwanda cyangwa abanyamahanga basuraga inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi bari mu matsinda y’abantu benshi, ko bihagaritswe mu gihe cy’ibyumweru bibiri.
Niringiyimana Emmanuel wo mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Murambi, wamenyekanye cyane ubwo byavugwaga ko yakoze umuhanda ureshya n’ibirometero birindwi wenyine, aravuga ko akomeje guhohoterwa n’abaturanyi be bangiza ibikorwa by’amajyambere ahafite.
Umugabo wo mu Bwongereza ahagaritse umutima nyuma y’uko yanduye Coronavirus mu rugendo rw’ibanga yari yagiyemo mu Butaliyani n’inshoreke ye.
Mu gihe mu Rwanda hafashwe ingamba zo kugabanya kwifashisha impapuro mu kazi, ahubwo hakifashishwa ikoranabuhanga mu guhererekanya amakuru, icyorezo cya Coronavirus cyamaze kugaragara no mu Rwanda cyatumye ubu buryo bwo kwifashisha ikoranabuhanga mu kazi bwitabwaho cyane.
Ange Kagame, abinyujije kuri Twitter, na we yagaragaje ko ashyigikiye ubukangurambaga bumaze iminsi butangijwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO).
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Emmanuel Gasana, aratangaza ko abanyeshuri bose bigaga bacumbikirwa mu bigo by’amashuri yisumbuye muri iyo Ntara, baraye basubijwe mu miryango yabo usibye abanyamahanga batarabona uko bataha.
Ubuyobozi bw’umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwakajije ingamba zo kwirinda COVID-19 bitera umubyigano ku ruhande rw’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa kabiri tariki 17 Werurwe 2020 habonetse undi muntu umwe urwaye Coronavirus, bituma umubare w’abagaragayeho icyo cyorezo ugera ku munani.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko ku wa 16 Werurwe 2020 rwafashe umugore witwa Mukanzamuye Apronaria ukekwaho gusambanya abana babiri b’abahungu mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba.
Igikombe cya Afurika "CHAN" cyagombaga kubera muri Cameroun mu kwezi gutaha cyamaze gusubikwa kubera Coronavirus
Icyorezo cya coronavirus gikomeje gusakara ku isi gitumyei rushanwarya Euro n’irya Copa America yagombaga gukinwa mu mpeshyi yimurirwa umwaka utaha.
Hakizimana Jean Bosco wahoze mu mashyamba ya Kongo mu mutwe wa FDLR avuga ko nyuma y’imyaka umunani atashye yakoze akiteza imbere ku buryo ari kubaka inzu mu mujyi wa Rubavu igiye kuzura itwaye Miliyoni 30frw.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, na we yinjiye mu bukangurambaga bwo gusukura neza intoki, mu rwego rwo kwirinda ndetse no gukumira icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19.
Umukinnyi wa Filme Idris Elba yasanganywe indwara ya COVID-19, agira abantu gukaza ingamba zo kwirinda zirimo gukaraba intoki kenshi no kutajya ahantu hateraniye abantu benshi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA) kirakangurira abagura imiti yo gusukura intoki hirindwa icyorezo cya Coronavirus, gushishoza kugira ngo batagura iyitujuje ubuziranenge itabasha kwica udukoko dutera iyo ndwara.
Nishimwe Naomie uherutse kwegukana ikamba rya Miss Rwanda 2020, yahisemo kuvana inyungu ze mu maboko y’abategura irushanwa rya Miss Rwanda, avuga ko ubwe ari we uzagenzura inyungu ze mu gihe acyambaye iri kamba, bihabanye cyane n’ibyari bimaze imyaka 4 bikorwa.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge aho aba bakobwa baburaniraga, ni rwo rwemeje ko abakobwa batandatu ari bo, Nkamiro Zaina, Umulisa Gisèle, Umuhoza Konny, Umuhoza Rosine, Umutoni Hadidja, Uwimana Zainabu, n’umuhungu umwe bareganwa witwa Kamanzi Cyiza Cardinal bakatiwe igifungo cy’imyaka 25 nk’uko byari byasabwe (…)
Abahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare bavuga ko igiciro bahabwa ku kilo kidahuye n’imvune n’igishoro bashyiramo kugira ngo were neza. Umuceri nubwo ari ikiribwa gikundwa na benshi ariko abawuhinga ngo urabavuna cyane kandi bagahabwa amafaranga make ugereranyije n’igishoro.
Jack Ma, umuherwe uyobora ikigo gikora ubucuruzi gikorera kuri murandasi kitwa ‘Alibaba’, yatanze ibikoresho byo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus ku mugabane wa Afurika
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burizeza ababyeyi ko bwashyize imbaraga mu gucyura abanyeshuri, ku buryo n’abaraye badatashye kuwa Mbere tariki 16 Werurwe, bataha kuri uyu wa Kabiri, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yasohoye itangazo kuwa mbere tariki 16 Werurwe 2020, riburira abacuruzi batangiye kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa cyane cyane ibyo kurya, bitwaje icyorezo cya Coronavirus, ko abazabifatirwamo bazahanwa hakurikijwe itegeko.
Mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ajyanye no kwirinda icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasabye abamotari gukuraho ikirahure ku ngofero (casque) gitwikira ku maso h’umugenzi.
Mu basifuzi babiri bari bararezwe muri Ferwafa, umwe yagizwe umwere, undi ahanishwa kumara ukwezi adasifura mu marushanwa yo mu Rwanda
Amakuru mashya ya Minisiteri y’Ubuzima aravuga ko mu Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 16 Werurwe 2020, hagaragaye abandi bantu babiri barwaye Coronavirus, nk’uko itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ribivuga.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa mbere tariki 16 Werurwe 2020, yakiriye mugenzi we wa Ethiopia, Sahle-Work Zewde, bagirana ibiganiro byabereye muri Village Urugwiro, byibanda ku mubano w’ibihugu byombi.
Umujyi wa Gisenyi uturanye n’umujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wafashe ingamba mu kongera isuku mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19.
Nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize mu Rwanda hagaragaye abantu batanu bafite uburwayi bwa Coronavirus, Leta y’u Rwanda yakajije ingamba zo kurwanya ikwirakwizwa ry’iki cyorezo, ndetse inatanga inama ku baturage zo kwirinda uko bashoboye kose kugira ngo babashe guhagarika iki cyorezo.
Leta ya Tanzania yemeje ko muri iki gihugu hagaragaye umuntu wa mbere wanduye Coronavirus (CIVID-19), akaba ari umugore waturutse mu Bubiligi.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Turere twa Huye, Gisagara na Nyanza, bagaya abarimu bakosora nabi ibizamini bitegurwa n’umuryango ‘Carrefour’ bibumbiyemo, biba bitegura abana kuzakora ibizamini bya Leta.