Michael Jordan yatanze Miliyoni 100 z’Amadolari mu kurwanya ivanguraruhu
Michael Jordan wamamaye mu mukino wa Basketball, yagaragaje ko yashenguwe n’urupfu rwa George Floyd, yiyemeza kugira uruhare mu kurandura ivanguraruhu avuga ko rimaze gushinga imizi muri Amerika.
Michael Jordan yavuze ko agiye gutanga Miliyoni 100 z’Amadolari afatanyije n’ikigo cye cy’ubucuruzi "Jordan Brand", ni ukuvuga asaga miliyari 93 na miliyoni 750 z’amafaranga y’u Rwanda mu gihe kingana n’imyaka 10.
Aya mafaranga azayaha ikigo giharanira ubutabera n’uburinganire bw’abaturage kikita no ku burezi buboneye kuri bose muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Michael Jordan yagize ati: "Turi mu mwaka wa 2020, umuryango wa Jordan wita ku bantu bose batuma ubaho neza. Nubwo ibintu byiza byinshi byagezweho, hari imyitwarire y’ubunyamaswa ikiri mu bantu".
Jordan abaye uwa mbere utanze inkunga nini mu ruhando rw’abakinnyi batandukanye ku isi, akayiha umuryango ufasha abaturage kandi udaharanira inyungu.
Inkuru zijyanye na: George Floyd
- USA: Joe Biden yishimiye ko umupolisi wishe George Floyd yahamwe n’icyaha
- Urukiko rwahamije Derek Chauvin icyaha cyo kwica umwirabura Georges Floyd
- USA: Umupolisi wishe George Floyd yarekuwe atanze ingwate
- Umupolisi ukekwaho kwica wa George Floyd yatahuweho no kunyereza imisoro
- Rayshard Brooks, undi mwirabura wishwe n’umupolisi nyuma ya George Floyd
- Premier League: Ijambo ‘Black Lives Matter’ rizasimbura amazina y’abakinnyi ku myenda
- Umukobwa wa George Floyd w’imyaka 6 yemerewe kuziga kaminuza ku buntu
- Mu gushyingura George Floyd, Trump yanenzwe uko yitwaye muri iki kibazo
- Umupolisi wishe George Floyd agomba gutanga miliyoni y’amadolari kugira ngo aburane adafunze
- Amafoto: Imyigaragambyo yo kwamagana iyicarubozo n’ihohoterwa bikorerwa abirabura ku isi irakomeje
- Ibihumbi by’abantu bategerejwe mu muhango wo gusezera bwa nyuma George Floyd
- Umuhanda werekeza ku biro bya Trump wiswe ‘Black Lives Matter’
- Kanye West agiye kwishyurira kaminuza umukobwa wa George Floyd wishwe
- Minneapolis: Bacecetse iminota 8 n’amasegonda 46, igihe Chauvin yamaze atsikamiye George Floyd
- Abigaragambya muri Amerika bahawe ubutabera basabye kuri George Floyd
- USA: Pentagon yavuze ko nta basirikare izohereza kurwanya abigaragambya
- Papa Francis yamaganye iyicwa rya George Floyd
- Amakipe n’abakinnyi ku isi hose bahurije mu kwamagana urupfu rwa George Floyd (AMAFOTO)
- Niba ba Guverineri bananiwe kugarura amahoro ndohereza abasirikare bakemure ikibazo - Donald Trump
- Imyigaragambyo yo kwamagana urupfu rwa George Floyd yageze i Burayi
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Ariko niyo yatanga amafaranga yose yo mu isi,ntabwo byakuraho "ironda-bwoko" ku isi.Amaherezo azaba ayahe?Umuti nta wundi,ni Ubwami bw’Imana dutegereje buzaza bukayobora isi.Nkuko Daniel 2:44 havuga,ku munsi w’imperuka,imana izakuraho ubutegetsi bw’abantu,ibuhe Yesu nkuko Ibyahishuwe 11:15 havuga.Kuli uwo munsi kandi,imana izakuraho abantu bose bakora ibyo itubuza,isigaze abayumvira gusa nkuko Imigani 2:21,22 havuga. Hanyuma ibibazo byose biveho:Urupfu,indwara,ubusaza,ubukene,akarengane,ubusumbane,intambara,ubushomeli,ruswa,etc...Uwo niwo muti wonyine w’ibibazo dufite.Niyo mpamvu Yesu yasize adusabye gusenga Imana tuyisaba ngo izane ubwo butegetsi bwayo.Buli munsi turavuga ngo:"Ubwami bwawe nibuze" (Let your kingdom come/Que ton royaume vienne).