Umuhanda werekeza ku biro bya Trump wiswe ‘Black Lives Matter’

Umuyobozi w’Umujyi wa Washington, Muriel Bowser, yifashishije abanyabugeni banyuranye, yanditse ijambo ‘Black Lives Matter’ bivuze ngo “Ubuzima bw’Abirabura bufite agaciro” mu muhanda werekeza ku nyubako ‘White House’ Perezida wa Amerika akoreramo.

Mu nyuguti nini z’umuhondo, zanditse ku burebure bwa metero 200 z’umuhanda, iri jambo ryanditswe mu rwego rwo guha agaciro abantu bose bahohotewe n’Abapolisi muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA).

Umuyobozi w’uyu mujyi Madamu Muriel Bowser, yavuze ko ibi yabikoze agira ngo yumvikanishe neza ko uyu muhanda ari uw’umujyi ayobora, kandi ko ibi ari icyubahiro yahaye abigaragambirije imbere y’inzu umukuru w’igihugu akoreramo kuwa 01 Kamena 2020, kuko ngo babikoze mu buryo bw’amahoro.

Iyi nyandiko, yanditswe muri uyu muhanda mu gihe imyigaragambyo ikomeje mu gihugu hose, nyuma y’uko umupolisi yishe umwirabura George Floyd mu mujyi wa Minneapolis, amutsikamiye ku ijosi kugeza aheze umwuka.

Umuyobozi wa Washington DC, Muriel Bowser, ni we wasabye ko uyu muhanda wandikwamo aya magambo
Umuyobozi wa Washington DC, Muriel Bowser, ni we wasabye ko uyu muhanda wandikwamo aya magambo

Inkuru zijyanye na: George Floyd

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka