Abigaragambya muri Amerika bahawe ubutabera basabye kuri George Floyd
Umucamanza mukuru muri Minnesota yafashe icyemezo cyo kongera uburemere bw’icyaha ku mupolisi wishe umwirabura George Floyd muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Kuri ubu umucamanza yemeje ko Dereck Chauvin, akurikiranwaho icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake.
Akimara gufatwa, Dereck Chauvin wishe umwirabura yabanje gukurikiranwaho icyaha cyo kwica atabigambiriye, ibintu byarakaje abaturage benshi, bigatuma bajya mu muhanda, basaba ubutabera nyabwo kuri Floyd.
Amategeko mpanabyaha agenderwaho muri Amerika, ateganya ko icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake gihanishwa igihano cy’imyaka 40 y’igifungo, naho icyaha cyo kwica utabigambiriye kigahanishwa imyaka 25 y’igifungo.
Abapolisi batatu bari kumwe mu kazi na Dereck Chauvin, ubwo yatsikamiraga George Floyd ku ijosi akarinda ahera umwuka, bahanishijwe kwirukanwa burundu mu kazi, ariko na bo ngo bagiye gufatwa bakurikiranweho icyaha cy’ubufatanyacyaha mu bwicanyi.
Ibi bikaba ari byo abigaragambyaga bahoraga basaba mu by’ibanze byakorwa, kugira ngo Floyd ahabwe ubutabera. Abo mu muryango wa Floyd, bakaba batangaje ko iyi ari intambwe nziza itewe ku butabera, nk’uko byatangajwe na Ben Crump uhagarariye uyu muryango mu mategeko.
Yagize ati “Dushimishijwe no kumva iyi nkuru, mbere y’uko dushyingura George Floyd”.
Biteganyijwe ko Floyd azashyingurwa mu cyumweru gitaha, umuhango uzabera mu Mujyi wa Houston muri Leta ya Texas, aho yavukiye.
Inkuru zijyanye na: George Floyd
- USA: Joe Biden yishimiye ko umupolisi wishe George Floyd yahamwe n’icyaha
- Urukiko rwahamije Derek Chauvin icyaha cyo kwica umwirabura Georges Floyd
- USA: Umupolisi wishe George Floyd yarekuwe atanze ingwate
- Umupolisi ukekwaho kwica wa George Floyd yatahuweho no kunyereza imisoro
- Rayshard Brooks, undi mwirabura wishwe n’umupolisi nyuma ya George Floyd
- Premier League: Ijambo ‘Black Lives Matter’ rizasimbura amazina y’abakinnyi ku myenda
- Umukobwa wa George Floyd w’imyaka 6 yemerewe kuziga kaminuza ku buntu
- Mu gushyingura George Floyd, Trump yanenzwe uko yitwaye muri iki kibazo
- Umupolisi wishe George Floyd agomba gutanga miliyoni y’amadolari kugira ngo aburane adafunze
- Amafoto: Imyigaragambyo yo kwamagana iyicarubozo n’ihohoterwa bikorerwa abirabura ku isi irakomeje
- Ibihumbi by’abantu bategerejwe mu muhango wo gusezera bwa nyuma George Floyd
- Michael Jordan yatanze Miliyoni 100 z’Amadolari mu kurwanya ivanguraruhu
- Umuhanda werekeza ku biro bya Trump wiswe ‘Black Lives Matter’
- Kanye West agiye kwishyurira kaminuza umukobwa wa George Floyd wishwe
- Minneapolis: Bacecetse iminota 8 n’amasegonda 46, igihe Chauvin yamaze atsikamiye George Floyd
- USA: Pentagon yavuze ko nta basirikare izohereza kurwanya abigaragambya
- Papa Francis yamaganye iyicwa rya George Floyd
- Amakipe n’abakinnyi ku isi hose bahurije mu kwamagana urupfu rwa George Floyd (AMAFOTO)
- Niba ba Guverineri bananiwe kugarura amahoro ndohereza abasirikare bakemure ikibazo - Donald Trump
- Imyigaragambyo yo kwamagana urupfu rwa George Floyd yageze i Burayi
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
ABIRABURA BAGOMBA GUHABWA UBUTABERA HATABAYEHO KUBAGAMA"TUNEJEJWE N’ICYEMEZO CYAFASHWE N’URUKIKO CYO GUHINDURA ICYAHA UYU MU POLICE YAKOZE AKABA AGIYE GUHANWA N’ITEGEKO"
MWAKOZE KUTUGEZAHO AYAMAKURU!
Birababaje ku gihugu nka America umuntu kwica undi agahanishwa igihano cyo kwirukanwa ku kazi gus!