Amafoto+Video: Nyuma y’umunsi umwe abanyeshuri basubukuye amasomo, kwirinda Covid-19 birubahirizwa gute?

Nyuma y’amezi arindwi amashuri afunze kubera icyorezo cya Covid-19, kuva ku wa Mbere tariki 02 Ugushyingo 2020, amashuri yarafunguye kuri bamwe mu banyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye, ariko akaba agomba kwigisha hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo.

Mbere y'uko umunyeshuri yinjira mu ishuri abanza gupimwa umuriro
Mbere y’uko umunyeshuri yinjira mu ishuri abanza gupimwa umuriro

Nyuma y’umunsi umwe gusa ayo mashuri afunguye, kuri uyu wa Kabiri Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Velentine, ari kumwe n’abandi bayobozi basuye amwe mu mashuri yo mu Mujyi wa Kigali, bareba uko yubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

Bimwe mu byitabwaho cyane, ni ukwambara udupfukamunwa ku banyeshuri n’abarimu, gupimwa umuriro, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune cyangwa se imiti yabugenewe, hamwe no guhana intera hagati y’abanyeshuri.

Reba mu mafoto uko amashuri yubahiriza ingamba zo kwirinda icyo cyorezo:

Guhana intera ni ngombwa mu ishuri
Guhana intera ni ngombwa mu ishuri
Minisitiri Uwamariya mu rimwe mu mashuri, agenzura ko amabwiriza yubahirizwa
Minisitiri Uwamariya mu rimwe mu mashuri, agenzura ko amabwiriza yubahirizwa
Amashuri asabwa kugira aho abanyeshuri bakarabira
Amashuri asabwa kugira aho abanyeshuri bakarabira
Mu gikoni aho bategurira amafunguro y'abanyeshuri, na ho ingamba zirubahirizwa
Mu gikoni aho bategurira amafunguro y’abanyeshuri, na ho ingamba zirubahirizwa
Abarimu bagomba kwigisha bambaye udupfukamunwa
Abarimu bagomba kwigisha bambaye udupfukamunwa

Kureba andi mafoto, kanda HANO

Reba video igaragaza uruzinduko rwa Minisitiri Uwamariya muri amwe mu mashuri

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka