Imfungwa n’abagororwa 603 bafungiye muri Gereza eshanu zo mu gihugu bahawe impamyabushobozi z’icyiciro cya mbere (Level 1), mu bijyanye n’imyuga n’ubumenyingiro (TVET).
Perezida Paul Kagame uri i Davos mu Busuwisi aho yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ngarukamwaka ku bukungu, ku munsi wa Gatatu waryo afatanyije n’abakuru b’Ibihugu bya Afurika bitabiriye iri huriro batanze ikiganiro ku gusuzuma uruhare rwa Afurika mu guhindura isi.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi CSP Dr. Tuganeyezu Ernest, avuga ko bagifite ibibazo mu kuvura indwara zitandura ku bakoresha ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé), aho ababukoresha hari serivisi badahabwa cyangwa imiti batemerewe, Abasenateri basuye ibyo bitaro bakaba bariyemeje gukora ubuvugizi kuri icyo kibazo.
Mu ijoro ryo ku wa 25 Gicurasi 2022 nibwo habaye umukino wa nyuma wa UEFA European Conference League aho ikipe ya AS Roma ari yo yatwaye igikombe itsinze Feynood igitego 1-0 umutoza Jose Mourinho akomeza kwandika amateka adasanzwe mu mwuga wo gutoza ruhago.
Bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa batewe inda zitateguwe bifuza ko imbaraga zishyirwa mu bana b’abakobwa mu kubigisha ubuzima bw’imyororokere zanashyirwa mu bana b’abahungu kuko ari bo batera inda.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga (PSF), bibutse ku nshuro ya 28 Abatutsi bari abacuruzi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza kunga ubumwe, kuko abikorera ari bo bafite uruhare runini mu iterambere ry’Igihugu muri rusange.
Akarere ka Kicukiro kashyize mu barinzi b’Igihango uwitwa Mukancogoza Esperence, wari ufite imyaka 24 y’ubukure mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko yabashije kurokora umuryango w’abantu 10 bari bamuhungiyeho i Masaka muri Kicukiro, baturutse i Muyumbu mu Karere ka Rwamagana.
Muri tombola igaragaza uko amakipe azahura mu gushaka itike ya CHAN 2023 izabera muri Algeria, u Rwanda ruzagiramo mu ijonjora rya kabiri.
Mu gihe habura iminsi micye kugira ngo ikipe y’igihugu y’abagore mu mupira w’amaguru, yitabire CECAFA izabera muri Uganda kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 11 Kamena 2022, kapiteni w’iyo kipe, Nibagwire Sifa Grolia, arizeza Abanyarwanda ko bazakora ibishoboka byose bagatahana intsinzi.
Urwego rw’ Ubwiteganyirize mu Rwanda(RSSB) rwakiriye inkunga y’Amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 133 n’ibihumbi 866 yatanzwe n’umuryango AHF Rwanda (AIDS Healthcare Foundation) wibanda cyane cyane ku byerekeranye n’ubuzima, iyo nkunga ikazafasha mu kwishyurira umusanzu wa Mituweli abatishoboye.
Ikipe y’igihugu ya Zambia na JKT yo muri Tanzania bizitabira irushanwa ryo Kwibuka Abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994
Abantu benshi mu Rwanda ntibazi cyangwa babyirengagiza nkana, ko umuntu ukekwaho icyaha ashobora gutegekwa kuguma iwe mu rugo ahubwo bazi ko buri gihe agombba gufungirwa muri kasho z’ubugenzacyaha mu gihe agikorwaho iperereza, nyamara ngo ubu buryo Umugenzacyaha cyangwa Umushinjacyaha afite uburenganzira bwo kubutegeka.
Urukiko rwongeye kwemeza ko urubanza ruregwamo umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back up, Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid, rukomeza kubera mu muhezo, kabone n’ubwo we n’umwunganira mu mategeko basabaga ko rwabera mu ruhame.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu, barakangurirwa kwimakaza ubutabera bwunga, bugakorerwa mu miryango, kuko biri mu bizagira uruhare mu kugabanya umubare w’abagana inkiko, abafungirwa muri za kasho n’amagereza, ndetse bigaca n’amakimbirane mu miryango, bityo n’abantu bakabona umwanya wo gukora ibibafitiye inyungu.
Abakinnyi bakina mu Rwanda biyongereyeho Djihad Bizimana, batangiye imyitozo yo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika kizaba umwaka utaha
Nk’uko benshi bari babyiteze, ikipe ya Petro de Luanda ni yo yatangiye neza agace ka mbere ndetse yanayoboye kuva kagitangira. Abasore nka DUNDAO na Goncalves ni bo batangiye neza kuko habura umunota umwe gusa ngo agace ka mbere karangire, ni bo bari bamaze gutsinda amanota menshi 8 na 7 kuri buri umwe nk’uko bakurikiranye. (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya batatu, bakaba babonetse mu bipimo 3,877.
Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, ku wa Mbere tariki ya 23 Gicurasi 2022, yafashe abantu 12 bahinduraga nimero ziranga amatelefone yibwe zizwi nka IMEI cyangwa Serial number zigizwe n’imibare 15, ari na yo yifashishwa mu kuzikurikirana iyo zibwe kugira ngo zifatwe.
Abaturiye ikiyaga cya Nyirakigugu giherereye mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, batewe impungenge n’amazi y’icyo kiyaga akomeje kubasanga mu ngo zabo, bagasaba ubuyobozi bw’akarere gukora umuyoboro wayo, cyangwa bakabafasha kwimuka kuko babona ko ubuzima bwabo buri kaga.
Mu nama y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF) irimo kubera i Davos, kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022, ni bwo Ikigo cy’Abanyamerika Pfizer cyatangaje iyo gahunda izafasha ibihugu 45 bikennye, ndetse n’ibikiri mu nzira y’Amajyambere kujya bibona iyo miti ku giciro gihendutse.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Miss Iradukunda Elsa, wari umaze iminsi afunzwe, arekurwa by’agateganyo agakurikiranwa ari hanze.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, avuga ko amacakubiri yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, yateguwe n’abakoroni agashyirwa mu bikorwa n’Abanyarwanda kuva mu 1959.
Abatuye mu Kagari ka Nyabisagara mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batangiye kwiyumvamo iterambere babikesha gahunda zibafasha guhindura imyumvire.
Perezida Paul Kagame, ku munsi wa kabiri w’inama mpuzamahanga ngarukamwaka ku bukungu, ari kumwe n’abandi bayobozi ku rwego rw’ubuzima, yatanze ikiganiro cyagarutse ku buryo bwo kwitegura guhangana n’ibindi byorezo byavuka bikibasira isi, agaruka ku masomo icyorezo cya Covid-19 cyasigiye Isi na Afurika.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame uri i Davos mu Busuwisi mu ihuriro mpuzamahanga ngarukamwaka ku Bukungu, yagiranye ibiganiro na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente uri i Accra muri Ghana, aho yahagariye Perezida Kagame mu nama ya 57 ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, yatangiye tariki 23 ikazageza tariki 27 Gicurasi 2022, yagaragaje akamaro k’Ikigega nzahurabukungu.
Intambara ikomeje guhuza abarwanyi ba M23 n’ingabo za FARDC, mu rukerera tariki 24 Gicurasi yabereye muri groupement ya Buhumba, abasirikare ba FARDC bata ibirindiro byabo barahunga.
Ishuri mpuzamahanga ryitwa ‘Isoko/La Source’ rikorera mu Karere ka Rubavu ryatangije ubukangurambaga bwo kuvana imyanda mu mazi y’ikiyaga cya Kivu, imyanda iterwa n’isuri ivuye imusozi hamwe n’itabwamo n’abantu.
Abantu 735 bahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo, bazanwe mu Rwanda nyuma yo gufatwa n’Ingabo z’icyo gihugu (FARDC), basoje amahugurwa y’icyiciro cya 67 bamazemo imyaka irenga ibiri, bakaba bishimiye gusubira mu miryango yabo.
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Alfred Gasana, yahereye ku bisasu biheruka kugwa ku butaka bw’u Rwanda, bigakomeretsa bamwe mu baturage ndetse bikanangiza ibyabo, abizeza ko ibyo bitazongera kubaho, kandi ko bakwiriye gukomeza ibikorwa byabo bumva batuje kandi batekanye, kuko ingamba zashyizweho mu kubungabunga (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 24 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 11, bakaba babonetse mu bipimo 4,863. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ukomeje uruzinduko arimo i Davos mu Busuwisi, aho yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ngarukamwaka ku Bukungu, yagiranye ibiganiro mu bihe bitandukanye na Perezida wa Malawi Lazarus Chakwela na Emmarson Mnagagwa wa Zimbabwe.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda abahamagawe mu kwitegura imikino ya Mozambique na Senegal, bamaze kugera mu mwiherero kuri uyu wa Kabiri
Inyubako igezweho y’imikino yari imenyerewe ku izina rya Kigali Arena, yamaze guhindurirwa izina yitwa ‘BK Arena’.
Umuryango uharanira kurwanya ubukene n’akarengane byibasira abagore n’abakobwa, ActionAid Rwanda, uratangaza ko ugiye guhugura abasaga 1,500 ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bityo ribe ryacogora kuko ridatuma imiryango itera imbere.
Umunyeshuri wigaga mu ishuri rya Nyanza TVET School (ETO Gitarama) riri mu Kagari ka Butansinda, mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, yitabye Imana arimo gukora siporo.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Kigali Ishami rya Musanze, bahamya ko bashishikajwe no gushyira imbaraga mu gukumira ko ibihe by’icuraburindi ryabaye mu Rwanda, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bitazasubira ukundi.
Perezida Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gicurasi 2022, i Davos mu Busuwisi, yayoboye inama yahuje abayobozi muri Afurika ndetse n’inshuti zayo, yavugaga ku Isoko rusange rya Afurika n’uruhare rwaryo mu kwihutisha iterambere ry’uwo mugabane.
Iminsi itanu irihiritse imirwano idasiba hagati y’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), n’inyeshyamba za M23 yongeye kubura, ikaba yongereye ubukana.
Umugabo Rudasingwa utuye i Gikonko mu Karere ka Gisagara, avuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yigize ufite uburwayi bwo mu mutwe kugira ngo abashe gutambuka atihishe, no kubaho ntawe umwakura bimufasha kurokoka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gicurasi 2022, Nyampinga w’u Rwanda wa 2017, Iradukunda Elsa, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho agiye kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, bikaba byemejwe ko urubanza rubera mu muhezo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye abaturiye imihanda imwe n’imwe yo mu turere tuwugize, kwitabira ibarura ry’imitungo yabo ryatangiye ku wa Mbere tariki 23 Gicurasi 2022, kugira ngo bazimurwe ku bw’inyungu rusange aho iyo mihanda igomba kwagukira.
Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu ya Basketball Wilson Kenneth Gasana umaze imyaka irenga icumi akinira u Rwanda, yahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika “CAF” yafatiye ibihano igihugu cya Kenya na Zimbabwe bazira kuba inzego za Politiki zarivanze mu mupira w’amaguru
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 23 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya icumi, bakaba babonetse mu bipimo 4,292.
Mu mpera z’icyumweru gishize mu Karere ka Kiciro, hatangijwe irushanwa ry’umupira w’amaguru riswe ‘Kicukiro Youth Patriotism Cup 2022’, rikaba ryasubukuwe nyuma y’imyaka ibiri ritaba kubera icyorezo cya Covid-19, iyi ikaba ari inshuro ya 4 yaryo.
Mu Murenge wa Kamegeri wo mu Karere ka Nyamagabe, hari umuryango washatse umubiri w’uwabo wishwe mu gihe cya Jenoside, ugira ngo uwimurire mu rwibutso urawubura.
Mu mikino y’umunsi wa 28 ya shampiyona yabaye kuri uyu wa Mbere, APR FC yatsinze Gorilla naho Kiyovu Sports inganya na Etoile de l’Est igitego 1-1.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko bwasabye Itsinda ry’Abasirikare rihuriweho rishinzwe kugenzura uko imbibi z’imipaka zubahirizwa, EJVM, gukora iperereza ku bisasu byarashwe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bikagwa ku butaka bw’u Rwanda.
Muri iki gihe imvura ikomeje kugwa ari nyinshi mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu, imihanga ikomeje kwangirika cyane cyane muri Gakenke, nk’akarere k’imisozi miremire kugeza ubu imihahiranire hagati yako, Muhanga na Nyabihu idashoboka kubera ibiza.