#AmavubiU23 akomeje kwitegura Mali, Dlyan Maes ukina muri Chypre yageze mu mwiherero

Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ikomeje imyitozo yitegura ikipe y’igihugu ya Mali bazakina kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Huye

Mu karere ka Huye hakomeje kubera imyitozo y’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23, aho ir gutegura umukino uzayihuza na Mali kuri Stade Huye ku wa Gatandatu tariki 22/10/2022, mu gihe uwo kwishyura uzabera i Bamako ku wa 29 Ukwakira 2022.

Dylan Maes yakoranye imyitozo n'abandi
Dylan Maes yakoranye imyitozo n’abandi

Myugariro Dlyan Maes ukina mu ikipe ya Alki Oroklini yo mu cyiciro cya kabiri muri Chypre yaraye akoze imyitozo ya mbere mu ikipe y’igihugu, ni nyuma yo kugera mu mwiherero mu karere ka Huye mu gitondo cyo ku wa mbere tariki 17 Ukwakira 2022.

Undi mukinnyi ukina hanze wahamagawe utarahagera ni Habimana Glen ukina muri FC Victoria Rosport yo muri Luxembourg, uyu mu mukino ikipe ye iheruka gukina mu mpera z’iki cyumweru yatsinze igitego kimwe muri 3-1 ikipe ye yatsinze.

Andi mafoto y’Amavubi mu myitozo

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka