Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu iherutse guterana yemera ko isoko rya Gisenyi rimaze imyaka 10 ryaradindiye ryahabwa urwego rw’abikorera bakarangiza kuryubaka.
Abagize urwego rwa Dasso mu Karere ka Rubavu bakoze umuganda wo gutera ibiti mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe abantu 21 bari mu bikorwa byo kwiyakira nyuma y’uko bari bavuye mu muhango wo gusezerana mu Murenge.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagize icyo avuga kuri Paul Rusesabagina n’abandi bagize uruhare mu bitero byahungabanyije umutekano w’Abanyarwanda mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko ababikoze bagomba kubibazwa n’ubutabera.
Abaturage bibumbiye muri Koperative ya COCOBEGI mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu baravuga ko bahawe inguzanyo na BDF yo kugura imashini zo kudoda imyenda ikorewe mu Rwanda (Made in Rwanda) ariko bakaba batazi kuzikoresha.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof Shyaka Anastase avuga ko abafite ubukwe muri iyi minsi bagomba kuba babuhagaritse mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 gikomeje kwiyongera mu Rwanda.
Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, yagaragaje ko hari ingamba ziri gutegurwa zigamije gufasha amakipe gukomeza shampiyona y’umupira w’amaguru yahagaritswe kubera kutubahiriza ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Soraya Hakuziyaremye, avuga ko hari resitora zemerewe gukorera ahabera imurikagurisha mpuzamahanga i Kigali zitwaye nk’utubari zirafungwa zizira kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Abanyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka mu Karere ka Rubavu bavuga ko abafite umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi bashobora kuwucuruza mu gihugu cya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo batavuye aho bari, ahubwo bakoranye n’amashyirahamwe n’abakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bakabafasha.
Guverineri Munyantwali Alphonse avuga ko icyorezo cya COVID-19 n’ibiza byibasiye iyi Ntara mu mwaka wa 2020 byagize uruhare mu kutesa imihigo uko bikwiye mu Ntara ayobora.
Abaturage baturiye umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharaanira Demokarasi ya Congo mu Karere ka Rubavu basaba ko mu ngengo y’imari ya 2021/2022 bakorerwa imihanda ibafasha mu buhahirane butuma bageza imyaka ku isoko.
Abarinzi b’imipaka mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu bazwi nk’abarinzi b’amahoro, bashimirwa uruhare bagira mu kurinda umutekano w’igihugu bakumira abashaka kwinjira mu Rwanda bavuye mu gihugu cya Kongo binyuranyije n’amategeko.
Abaturage bakoresha umuhanda wa Rubavu-Karongi bavuga ko bahura n’akarengane mu kwishyuzwa amafaranga atandukanye n’ingendo bakora, ibyo bakabishinja ibigo bitwara abagenzi.
Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba bwahuye n’abayobozi mu turere n’abafatanyabikorwa batwo mu guteza imbere abaturage, baganira ku bibangamiye ubuzima bw’abaturage.
Ubuyobozi bwa Polisi n’ubw’Umurenge wa Gisenyi muri Rubavu bafashe abantu 52 bari mu bikorwa byo kwidagadura mu masaha abujijwe.
Abongerera agaciro ibikomoka ku nkoko n’ibikomoka ku ngurube bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko bafite icyizere cyo gukora ibicuruzwa byinshi kandi byiza bakohereza mu gihugu cya DR Congo n’ahandi igihe batsinda amarushanwa y’Ikigo gishinzwe ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda (NIRDA).
Ishami rishinzwe uburezi mu Karere ka Rubavu ritangaza ko hari umubare munini w’abana batagarutse mu ishuri nyuma yo gufungura amashuri.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe ubuzima mu Rwanda (RBC) butangaza ko n’ubwo imibare y’abarwayi ba COVID-19 yagabanutse ugereranyije n’iminsi ishize ngo icyorezo kiracyahari kandi kugitsinda ni ugukomeza kubahiriza amabwiriza.
Ikigo cy’imari cyitwa Zigama CSS gihurirwaho n’abakora mu nzego z’umutekano mu Rwanda, cyagabanyije inyungu ku bashaka inguzanyo zo kubaka inzu ya mbere yo guturamo.
Ikigo ‘Enviroserve Rwanda’ gishinzwe gukusanya ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ubutabire bishaje, cyashyize mu Karere ka Rubavu ikusanyirizo ry’ibikoresho bishaje byari bisanzwe bivangwa n’indi myanda bikaba byagira ingaruka ku bidukikije n’ubuzima bwa muntu.
Umuryango nyarwanda uteza imbere umugore binyuze muri siporo (AKWOS) watangiye igikorwa cy’amahoro gifite intego nyamukuru yo kugeza ku bantu benshi ubutumwa bwo gukemura amakimbirane mu miryango, kubaka amahoro arambye no kwimakaza ihame ry’uburinganire kuko byagaragaye ko amakimbirane abera mu ngo agira ingaruka zikomeye (...)
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Twagirayezu Gaspard, yongeye gusaba ababyeyi kohereza abana ku mashuri kuko hari abataragera ku ishuri.
Abanyarwanda bari basanzwe bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bajyana ibicuruzwa mu Mujyi wa Goma, bafite amahirwe yo gukomeza ubucuruzi mu gihe bubahirije amabwiriza mashya yashyizweho mu kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri yigenga mu Karere ka Rubavu buravuga ko ibyo bigo byatangiranye ingamba zibirinda kugwa mu bihombo nk’ibyo byaguyemo ubwo icyorezo cya COVID-19 cyageraga mu Rwanda muri Werurwe 2020.
Ibiganiro byahuje Intara y’Uburengerazuba mu Rwanda n’ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu kurwanya icyorezo cya Covid-19, byanzuye korohereza abakozi, abarwayi n’abanyeshuri kwambuka umupaka mu gihe imipaka ihuza ibihugu byombi igifunze.
Ubuyobozi bw’ishuri rya Nyundo ryigisha ubugeni, buratangaza ko abanyeshuri baryigamo bari baragiye mu miryango mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19 bagarutse bagasanga ibikoresho basize byarangijwe n’umugezi wa Sebeya winjiye mu mashuri ukangiza ibyo usanzemo mu kwezi kwa Gicurasi 2020.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko abakozi barindwi bahagaritswe n’inzego z’ubutabera kubera uburangare no kunyereza ibikoresho mu bikorwa byo kubaka amashuri azigirwamo n’abanyeshuri mu mwaka wa 2020-2021.
Abayobozi ba Diaspora Nyarwanda mu bihugu bigize Ubumwe bw’Abarabu (UAE), basabye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda kubakorera ubuvugizi bagakurirwaho ikiguzi kuri visa nk’uko Qatar ibikora ku Banyarwanda.
Abaturage batuye mu Mirenge yegereye Pariki y’Ibirunga mu Turere twa Rubavu na Nyabihu, bavuga ko babangamiwe no kutagira amazi meza, ndetse bamwe bakavuga ko amazi meza ari umugani cyangwa inkuru bumva batizeye ko azabageraho.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Nyabihu rwegereje abaturage bo mu Murenge wa Karago amazi meza, batandukana no kuvoma umugezi wa Nyamukongoro bamwe banenga ko ushyirwamo umwanda.