Guillaume Mandjolo wari Minisitiri w’ubutwererane mpuzamahanga, kuva ku itariki 10 Gicurasi 2021 yahagaritswe na Polisi ya Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo (RDC), akurikiranyweho ibihumbi 100 by’Amadolari ya Amerika yaburiwe irengero muri Minisiteri yari ayoboye.
Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerezuba mu Rwanda n’iya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demikarasi ya Congo (RDC) bemeje ko amahuriro yabikorera agiye gukorera hamwe mu gushaka ibibazo bibangamira abikorera.
Lt Gen Ndima Kongba Constant washyizweho na Perezida Félix Tshisekedi ngo ayobore Kivu y’Amajyaruguru no kuyobora ibikorwa birwanya imitwe yitwaza intwaro igahungabanya umutekano w’abaturage, yakiriwe mu mujyi wa Goma, atangaza ko agiye kurangiza intamabara zibera mu gice yahawe kuyobora.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu mu Rwanda (NIDA) buvuga ko nta mafaranga y’amande acibwa abatinze kwandikisha abana bavutse, bityo bugasaba abantu bose kugenzura ko banditse mu bitabo by’irangamimerere.
Amabwiriza yashyizweho umukono na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, agaragaza ko ubuyobozi bwa Gym buzajya bwuzuza ibisabwa na Ministeri ya Siporo buzajya bugeza ubusabe bwanditse muri Minisiteri ya Siporo n’umuyobozi wa RDB, hakorwe igenzura rizajya rishingirwaho hatangwa igisubizo.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarubande mu Kagari ka Mbugangari mu mujyi wa Gisenyi, batangaza ko ‘poste de santé’ bahawe yatumye batandukana no kujya kugura imiti ya magendu mu mujyi wa Goma, rimwe na rimwe bakagura idahuye n’uburwayi bwabo.
Umwarimu wigisha kuri Groupe Scolaire Byimana byemejwe n’urukiko rw’ibanze rwa Ruhango ko afungwa by’agateganyo iminsi 30 kubera gukekwaho icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi abinyujije mu biganiro yakoreye kuri YouTube.
Abatawe muri yombi ni Ndayisenga Jean Claude, Nshimiyimana Faustin, Tuyishime Dieudonné, Nikuze Emerithe na Bihoyiki bakurikiranyweho icyaha cy’ubwambuzi bushukana.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze abakozi babiri bakora mu rwego rw’ubutabera bacyekwaho icyaha cya ruswa.
Tariki ya 4 Gicurasi 2021 ku masaha y’ijoro nibwo Perezida Félix Tshisekedi yagize Liyetona Jenerali Luboya Nkashama Johnny Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, anagena komiseri Alonga Boni Benjamin kuba Visi-Guverineri w’iyi Ntara.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu zataye muri yombi umubyeyi ucyekwaho gushyira ku ngoyi umwana yibyariye ndetse akamutwika ibirenge.
Umukambwe Béchir Ben Yahmed w’imyaka 93 washinze ikinyamakuru Jeune Afrique cyamenyekanye cyane mu gutangaza amakuru ku mugabane wa Afurika no kuganira n’abayobozi b’uyu mugabane yitabye Imana kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Gicurasi 2021 azize icyorezo cya Covid-19.
Mu nama ya mbere y’Abaminisitiri bagize Guverinoma nshya yabaye tariki ya 30 Mata 2021, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, yatangarije abagize ubuyobozi bw’igihugu, icyemezo cye cyo guhagurukira umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Congo.
Abafashwe bazira kurenza isaha ya saa tatu z’ijoro, kutambara udupfukamunwa hamwe no gufatirwa mu tubari.
Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, na Madamu Jeannette Kagame, bitabiriye inama ya komite nyobozi yaguye ya FPR Inkotanyi, yabereye ku cyicaro cy’Umuryango i Rusororo.
Imiryango 10 y’abaturage bo mu Kagari ka Nganzo Umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, babangamiwe no kuba batuye mu kigo cy’amashuri ku mpamvu zitabaturutseho, gusa ubuyobozi bukabizeza ko mu byumweru bibiri bazaba bahawe ingurane, ikibazo cyabo kigakemuka.
Umuhanzikazi Marina wari usigaye mu nzu ifasha abahanzi The Mane Music Label na we yasezeye muri iyi nzu. Asezeye akurikira abandi bahanzi barimo Queen Cha, Aristide Gahunzire wari umujyanama w’abahanzi muri yo, Jay Polly na Safi Madiba baserukiye abandi kugenda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) kiri mu bikorwa byo guhugura abaturage ku ngamba zo kurwanya Malariya, cyane cyane gusiba ibyobo bibika amazi bishobora kuba indiri y’imibu itera iyo ndwara izahaza benshi ku isi.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu batangaza ko bahangayikishijwe n’imicungire y’urwibutso rushyinguyemo imibiri y’ababo, kuko hari bimwe mu byo bashyizwemo biburirwa irengero.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gicumbi, Mpayimana Epimaque, yanditse asezera ku mirimo ye akavuga ko abikoze mu nyungu z’akazi.
Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Gasarabwe Jean Damascène, yatangaje ko yamaze kwakira ibaruwa y’ubwegure y’uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, Ndizeye Emmanuel, weguye ku mirimo nyuma y’amezi atatu asabwe kwegura ntabikore yitwaza ko bitubahirije amategeko.
Mu ruzinduko rwa Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo (DRC) ku wa 21 Mata 2021, yavuze ku masezerano ahuriweho n’ibihugu byombi, Kenya na DRC, mu kurwanya imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa Congo.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), ufatanyije na Imbuto Foundation na Mastercard Foundation bateguye ubukangurambaga ku buzima bwo mu mutwe kugira ngo burusheho kwitabwaho.
Uwahoze ari Minisitiri w’Uburezi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC), Willy Bakonga, ku wa 20 Mata 2021 yafatiwe i Brazzaville ashaka uburyo bwo guhunga ubutabera bumukurikiyeho kunyereza amafaranga yari yagenewe kubaka ibyumba by’amashuri.
Bamwe mu bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 bagiye bihisha mu bihugu bitandukanye, hari bamwe bahinduza amazina kugira ngo bashobore guhisha ibimenyetso, abandi bahinduye amasura kugira ngo batazamenyekana.
Perezida Kagame yagize Dr. Aimé Muyoboke Kalimunda Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, François Régis Rukundakuvuga, Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire na Clotilde Mukamurera Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi.
Abantu 62 bavuye mu Karere ka Rubavu na Nyabihu bafatiwe mu Murenge wa Bigogwe basengera ku rutare mu bwihisho. Abafashwe bari bayobowe na Pasiteri Samvura Claude w’imyaka 34, uturuka mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) gitangaza ko ubukungu bw’ibihugu bya Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara n’u Rwanda rurimo, bufite amahirwe yo kuzahuka muri 2021 n’ubwo bukomeje gukomwa mu nkokora n’icyorezo cya COVID-19, icyo kigega kigatanga inama yo gushakira iki gice cy’umugabane w’Afurika inkingo za Covid-19 (…)
Padiri Marcel Hitayezu uba mu Bufaransa yatawe muri yombi acyekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyaha byibasiye inyoko muntu mu Rwanda muri Mata 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere n’ubw’inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu bwasabye abaturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe baturiye umupaka, kwirinda kunyura mu nzira zitemewe zambukiranya umupaka, cyane cyane mu masaha y’ijoro kugira ngo batazitiranywa n’umwanzi.