Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’inzego z’umutekano bwatwitse bunamena ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga zitemewe, bikaba bifite agaciro ka miliyoni 200 n’ibihumbi 100 y’Amafaranga y’u Rwanda.
Abakecuru n’abasaza b’Intwaza barengeje imyaka 65 baba mu ngo z’Impinganzima mu turere twa Bugesera, Nyanza na Rusizi bakingiwe Covid-19, nk’uko byari birimo bikorwa mu gihugu hose.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr Tuganeyezu Oreste, asaba abaturage kudatinya urukingo rwa Covid-19 kuko rubafasha guhangana n’icyo cyorezo kandi ntacyo rwangiza mu mubiri.
Akarere ka Rutsiro kazwi kuba ari ko kabonekamo inkuba kurusha ahandi mu Rwanda zigahitana abantu n’ibintu, inzobere kuri icyo kibazo zikavuga ko bishobora kuba biterwa n’uko ako gace kagizwe n’uruhererekane rw’imisozi miremire y’isunzu rya Congo Nile.
Ubuyobozi bwa AERG-GAERG bwatangije ukwezi kw’ibikorwa bifasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu gihe bitegura kwinjira mu gihe cyo kwibuka.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri cya Gisenyi Adventist Secondary School (GASS) bacumbikirwa hanze yacyo, mu masaha y’ijoro batunguwe n’inkongi y’umuriro yafashe amacumbi bararamo, by’amahirwe ntawe wagize icyo aba.
Ubuyobozi bwa ‘Gasmeth’, sosiyete izacukura gaze méthane ikayibyazamo iyo gutekesha, buratangaza ko hari ikizere ko umwaka wa 2022 uzasiga Abanyarwanda batangiye kuyitekesha, uwo mushinga ngo wagombye kuba waratangiye ariko udindizwa n’icyorezo cya Covid-19.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwagiranye ibiganiro n’abaturage batuye mu mirenge ikora ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), babasaba kuba maso kubera urugomo rwa FDLR.
Itsinda ryoherejwe n’Umuryango w’ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ ritangaza ko ryatunguwe n’uburyo u Rwanda rwiteguye kwakira inama z’uwo muryango zitezwe mu kwezi kwa Kamena 2021.
Kuva tariki ya 22 Gashyantare 2021, ibinyamakuru bitandukanye ku isi biravuga urupfu rwa Ambasaderi Luca Attanasio, umurinzi we Iacovacci, n’umushoferi wari ubatwaye witwa Mustapha Milambo. Bishwe mu masaha ya saa yine n’iminota 15 mu gace ka Nyiragongo ahazwi nka 3 Antennes.
Ambasaderi w’u Butaliyani muri Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo, Luca Attanasio, yarasiwe hafi y’Umujyi wa Goma mu gace ka Nyiragongo aza kwitaba Imana nyuma.
Bamwe mu barimu bakorera mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Musanze batangarije Kigali Today ko ingwa bakoresha mu kwigisha zirimo kubatera indwara kubera kutuzuza ubuziranenge, ku buryo hari n’abakoresha izo biguriye.
Akanama k’abakemurampaka mu marushanwa ya Nyampinga 2021 kamuritse abakobwa 37 bashoboye gutsindira guhagararira Intara n’Umujyi wa Kigali muri ayo marushanwa.
Insengero zahawe uburenganzira bwo gukora nyuma y’ukwezi kurenga zifunze ariko zisabwa kuzuza ibisabwa mu kwirinda COVID-19, harimo kwakira 30% y’abo zisanzwe zakira.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe ingufu mu Rwanda (REG) butangaza ko bugiye gusezerera ibura ry’umuriro w’amashanayarazi mu Karere ka Rubavu, kuko ugiye gutangwa n’uruganda rwa Shema Power Lake Kivu rwitezweho Megawatt 56.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 19 Gashyantare 2021 yagarutse kuri gahunda nyinshi z’uburezi ndetse yongeramo amaraso mashya hagamijwe kugera ku ireme ry’uburezi.
Ubuyobozi bwa ‘Rwanda Inspiration Back Up’ butangaza ko ku wa Gatandatu tariki 20 Gashyantare 2021, ari bwo hazatangazwa abakobwa ba Nyampinga bazahagararira Intara zose mu marushanwa ya Miss Rwanda 2021.
Ubuyobozi bw’Ikigo Zipline Rwanda gifite utudege tutagira abapilote, butangaza ko bwatangiye gukora ingendo z’ijoro mu bikorwa byo gutwara imiti n’amaraso, bikaba bigiye gukorwa nyuma yo kubona icyangombwa kibemerera gukora nijoro.
Inyandiko y’u Bufaransa igaragaza uburyo icyo gihugu cyahisemo gukingira ikibaba Guverinoma y’abatabazi n’abandi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho kugira ngo bafatwe mu gihe Ingabo za FPR inkotanyi zari zimaze kubakura ku buyobozi.
Ubuyobozi bwa Shema Lake Kivu Ltd butangaza ko mu mezi abiri, u Rwanda rutangira gucana ingufu zikomoka kuri Gaz methane yo mu kiyaga cya Kivu mu Karere ka Rubavu.
Ubuyobozi bw’ Umurenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi butangaza ko kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa 16 Gashyantare 2021 nka saa kumi za mugitondo, umuhanda uhuza Akarere ka Karongi n’aka Rusizi utakiri nyabagendwa kubera inkangu yongeye kuwufunga.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya ari we Sama Lukonde, usimbuye Sylvestre Ilunga weguye ku mirimo ye muri Mutarama 2021, nk’uko byifujwe n’Abadepite bibumbiye mu itsinda ry’Ubumwe bwera bw’igihugu.
Abayobozi bakuru bashinzwe umutekano baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bari mu biganiro bahuriyemo n’ab’u Rwanda kuva tariki 13 Gashyantare 2021, aho basuzumira hamwe ibibazo by’umutekano ndetse banashyireho inzira yo gukemura ibihungabanya umutekano w’Ibihugu byombi, n’umutekano w’Akarere muri (...)
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) na Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), batangaza ko umukecuru w’imyaka 60 yapfuye ku wa 10 Gashyantare 2021 mu gace ka Beni mu Burasirazuba bwa Congo, akaba yari afite ibimenyetso bya Ebola.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), gitangaza ko ishoramari ryinjije miliyari imwe na miliyoni 300 z’Amadolari ya Amerika muri 2020, rikaba ryaragabanutseho 47.1% ugereranyije n’umwaka wa 2019, aho ryari ryinjije miliyari 2.46 z’Amadolari ya Amerika.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bufite umusaruro ungana na toni 3,850 z’ibitunguru byeze bikeneye kujyanwa ku isoko, ukaba uri mu mirenge itandatu muri 12 igize ako karere.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu zafatiye abantu 103 mu makosa yo kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 harimo 80 bafatiwe mu kabari kazwi nka Saga Bay barimo kunywa inzoga.
Ni inkuru yamenyekanye mu rukerera kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Gashyantare 2021 nyuma y’imvura nyinshi yaraye iguye mu turere twa Rubavu, Nyabihu, Rutsiro na Ngororero. Iyo mvura yatumye umugezi wa Sebeya wuzura ufungirana abantu mu mazu.
Mu ntangiriro z’umwaka wa 2021 inkingo za Covid-19 zatangiye gusohoka, zemezwa nk’izifite ubushobozi bwo guhangana n’icyo cyorezo cyakwiriye isi.
Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 2 Gashyantare 2021 ivuga ko gahunda ya Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali izarangira tariki 8 Gashyantare, ariko ingendo zihuza umujyi wa Kigali n’Intara ndetse n’izihuza utundi turere zikaguma gufungwa.