Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’umushinga RDDP wo guteza imbere umukamo mu Rwanda batangije ibikorwa byo gutera ubwatsi bw’amatungo hagamijwe gukemura ikibazo cy’ibiryo byayo no kongera umukamo ndetse no kugabanya ibibazo hagati y’aborozi n’abahinzi.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 15 Werurwe 2021 yemeje gahunda yo kuvugurura ibibazo by’imari n’imicungire mu Murenge SACCO hagamijwe guteza imbere imikorere yayo no korohereza abayikoresha.
Prof Shyaka Anastase wari umaze imyaka itatu ayobora Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashimiye Perezida Kagame wamuhaye amahirwe yo gukorera igihugu. Itangazo ryasohowe na Minisitiri w’Intebe tariki 15 Werurwe 2021 rivuga ko Gatabazi Jean Marie Vianney wari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yagizwe Minisitiri (…)
Habitegeko François wari usanzwe ari Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru yashimiye abaturage b’Akarere ka Nyaruguru avuga ko bamworohereje akazi, akavuga ko yizeye gukorana n’abo mu Ntara y’Iburengerazuba bagafatanya kuyiteza imbere.
Umwana w’umuhungu witwa Nzayisenga Gyslain yaburiwe irengero tariki 11 Werurwe 2021, ababyeyi bamushaka bazi ko yagiye gusura abandi bana aho batuye mu Kagari ka Kivumu, Umurenge wa Gisenyi ariko bakomeza kumubura kugeza basanze umurambo we mu mazi y’ikiyaga cya Kivu.
Abakora ubworozi bw’amafi ya Kareremba mu kiyaga cya Kivu mu Karere ka Rutsiro bavuga ko batewe igihombo n’udusimba twitwa inzibyi twangiza imitego tukabarira amafi.
Umunyamakuru Gerard Mbabazi wamenyekanye mu bitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, yahamije urukundo rwe na Uwase Alice imbere y’amategeko, ubwo basezeranaga kubana nk’umugabo n’umugore, umuhango ukaba wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Mujyi wa Kigali tariki ya 12 Werurwe 2021.
Imiryango 43 ituye mu Mirenge ya Bugeshi na Mudende yasenyewe n’umuyaga udasanzwe ku mugoroba wok u ya 10 Werurwe 2021.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rwatangije amashuri atanu yigisha imyuga n’ubumenyingiro (TVET), yubatswe mu magereza atanu yo mu gihugu kugira ngo abagororwa bahabwe ubumenyi buzazamura imibereho yabo nyuma yo kurangiza igihano.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’inzego z’umutekano bwatwitse bunamena ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga zitemewe, bikaba bifite agaciro ka miliyoni 200 n’ibihumbi 100 y’Amafaranga y’u Rwanda.
Abakecuru n’abasaza b’Intwaza barengeje imyaka 65 baba mu ngo z’Impinganzima mu turere twa Bugesera, Nyanza na Rusizi bakingiwe Covid-19, nk’uko byari birimo bikorwa mu gihugu hose.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr Tuganeyezu Oreste, asaba abaturage kudatinya urukingo rwa Covid-19 kuko rubafasha guhangana n’icyo cyorezo kandi ntacyo rwangiza mu mubiri.
Akarere ka Rutsiro kazwi kuba ari ko kabonekamo inkuba kurusha ahandi mu Rwanda zigahitana abantu n’ibintu, inzobere kuri icyo kibazo zikavuga ko bishobora kuba biterwa n’uko ako gace kagizwe n’uruhererekane rw’imisozi miremire y’isunzu rya Congo Nile.
Ubuyobozi bwa AERG-GAERG bwatangije ukwezi kw’ibikorwa bifasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu gihe bitegura kwinjira mu gihe cyo kwibuka.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri cya Gisenyi Adventist Secondary School (GASS) bacumbikirwa hanze yacyo, mu masaha y’ijoro batunguwe n’inkongi y’umuriro yafashe amacumbi bararamo, by’amahirwe ntawe wagize icyo aba.
Ubuyobozi bwa ‘Gasmeth’, sosiyete izacukura gaze méthane ikayibyazamo iyo gutekesha, buratangaza ko hari ikizere ko umwaka wa 2022 uzasiga Abanyarwanda batangiye kuyitekesha, uwo mushinga ngo wagombye kuba waratangiye ariko udindizwa n’icyorezo cya Covid-19.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwagiranye ibiganiro n’abaturage batuye mu mirenge ikora ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), babasaba kuba maso kubera urugomo rwa FDLR.
Itsinda ryoherejwe n’Umuryango w’ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ ritangaza ko ryatunguwe n’uburyo u Rwanda rwiteguye kwakira inama z’uwo muryango zitezwe mu kwezi kwa Kamena 2021.
Kuva tariki ya 22 Gashyantare 2021, ibinyamakuru bitandukanye ku isi biravuga urupfu rwa Ambasaderi Luca Attanasio, umurinzi we Iacovacci, n’umushoferi wari ubatwaye witwa Mustapha Milambo. Bishwe mu masaha ya saa yine n’iminota 15 mu gace ka Nyiragongo ahazwi nka 3 Antennes.
Ambasaderi w’u Butaliyani muri Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo, Luca Attanasio, yarasiwe hafi y’Umujyi wa Goma mu gace ka Nyiragongo aza kwitaba Imana nyuma.
Bamwe mu barimu bakorera mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Musanze batangarije Kigali Today ko ingwa bakoresha mu kwigisha zirimo kubatera indwara kubera kutuzuza ubuziranenge, ku buryo hari n’abakoresha izo biguriye.
Akanama k’abakemurampaka mu marushanwa ya Nyampinga 2021 kamuritse abakobwa 37 bashoboye gutsindira guhagararira Intara n’Umujyi wa Kigali muri ayo marushanwa.
Insengero zahawe uburenganzira bwo gukora nyuma y’ukwezi kurenga zifunze ariko zisabwa kuzuza ibisabwa mu kwirinda COVID-19, harimo kwakira 30% y’abo zisanzwe zakira.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe ingufu mu Rwanda (REG) butangaza ko bugiye gusezerera ibura ry’umuriro w’amashanayarazi mu Karere ka Rubavu, kuko ugiye gutangwa n’uruganda rwa Shema Power Lake Kivu rwitezweho Megawatt 56.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 19 Gashyantare 2021 yagarutse kuri gahunda nyinshi z’uburezi ndetse yongeramo amaraso mashya hagamijwe kugera ku ireme ry’uburezi.
Ubuyobozi bwa ‘Rwanda Inspiration Back Up’ butangaza ko ku wa Gatandatu tariki 20 Gashyantare 2021, ari bwo hazatangazwa abakobwa ba Nyampinga bazahagararira Intara zose mu marushanwa ya Miss Rwanda 2021.
Ubuyobozi bw’Ikigo Zipline Rwanda gifite utudege tutagira abapilote, butangaza ko bwatangiye gukora ingendo z’ijoro mu bikorwa byo gutwara imiti n’amaraso, bikaba bigiye gukorwa nyuma yo kubona icyangombwa kibemerera gukora nijoro.
Inyandiko y’u Bufaransa igaragaza uburyo icyo gihugu cyahisemo gukingira ikibaba Guverinoma y’abatabazi n’abandi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho kugira ngo bafatwe mu gihe Ingabo za FPR inkotanyi zari zimaze kubakura ku buyobozi.
Ubuyobozi bwa Shema Lake Kivu Ltd butangaza ko mu mezi abiri, u Rwanda rutangira gucana ingufu zikomoka kuri Gaz methane yo mu kiyaga cya Kivu mu Karere ka Rubavu.
Ubuyobozi bw’ Umurenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi butangaza ko kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa 16 Gashyantare 2021 nka saa kumi za mugitondo, umuhanda uhuza Akarere ka Karongi n’aka Rusizi utakiri nyabagendwa kubera inkangu yongeye kuwufunga.