Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasobanuriye abatuye Akarere ka Rubavu, uburyo bukoreshwa mu gushuka abantu kugira ngo bajye kubacuruza.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu iherutse kwemeza ko Akarere kazatanga Miliyoni 600 z’Amafaranga y’u Rwanda yo kubaka isoko rya Gisenyi mu ntangiriro z’umwaka wa 2024 kugira ngo rishobore kuzura bitarenze ukwezi kwa Gicurasi 2024.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuye mu mirenge itandukanye banenze uburyo ubuyobozi bwo mu mirenge bwabatse amafaranga ya Ejo Heza, n’ay’ubwisungane mu kwivuza (mituweli) bizezwa telefone z’ubuntu, nyamara bajya kuzifata bagacibwa ibihumbi 20 Frw.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yatangaje ko u Rwanda rutiteguye gusubiza ku mugambo ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Antoine Félix Tshisekedi, ushinja u Rwanda gutera Igihugu cye, agatuka Perezida w’u Rwanda, ndetse akagambirira gushora intambara ku Rwanda.
Ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DGM) bwasabye urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri iki gihugu gufunga imipaka mu gihe kiba kiri mu matora.
Ubuyobozi bwa Croix Rouge y’u Rwanda butangaza ko mu myaka itatu bwafashije impunzi ziri mu nkambi ya Kiziba mu Karere ka Karongi na Nyabiheke mu Karere ka Gatsibo kugira imibereho myiza, binyuze mu bikorwa byo kububakira ubwiherero, imodoka y’imbangukiragutabara n’imirima yo guhinga.
Ubuyobozi bw’ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) bwatangaje ko nubwo Leta ya Congo Kinshasa itashimye ko izi ngabo zikomeza akazi ko kubungabunga amahoro mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, bishimira ko mu gihe bari bahamaze bagerageje guhagarara hagati bigatuma imirwano itagira (...)
Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 uhanganye n’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa mu Burasirazuba bwa Congo, bwashinje ingabo za Leta kutubahiriza agahenge k’amasaha 72 katanzwe.
Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, avuga ko SACCO 182 zimaze kugerwaho n’ikoranabuhanga, mu gihe mu mwaka wa 2024, zose 416 zizaba zimaze kugerwaho n’ikoranabuhanga, byorohereze abazikoresha bajyane n’ikoranabuhanga mu kubitsa no kubikuza.
Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburengerazuba butangaza ko bwateguye imurikagurisha (Expo) izabera ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu muri uku kwezi k’Ukuboza 2023.
Abagize Umuryango RPF-Inkotanyi mu Karere ka Rubavu, batangiye ibikorwa byo kwitegura ubukwe bafite mu 2024, mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Abadepite bazahagararira uyu muryango mu Nteko Ishinga Amategeko.
Ubuyobozi bw’ingabo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bwatangaje ko ingabo za Sudani y’Epfo na Kenya batangiye gukura Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe u Burundi na Uganda biteganyijwe ko bazaba bamaze gukurayo ingabo zabo mu ntangiriro za Mutarama 2024.
Deogratias Nzabonimpa wari Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rubavu yamurikiye umuyobozi mushya w’Akarere ka Rubavu bimwe mu bimutegereje mu nshingano ze. Birimo ibibazo bituruka ku mihindagurikire y’ikirere bigomba kwitabwaho, ibibazo by’abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza, hamwe n’abaturage bakeneye gufashwa n’Akarere.
Mulindwa Prosper wayoboraga Akarere ka Rutsiro mu buryo bw’agateganyo, ni we watorewe kuyobora Akarere ka Rubavu. Mulindwa ubwo yiyamamarizaga kujya mu Nama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, yatangaje ko amaze imyaka 17 mu nzego z’ibanze, kandi ko Akarere ka Rubavu akazi neza kuko ari ko yatangiriye gukoreramo.
Uturere tune mu Ntara y’Iburengerazuba hamwe na dutatu mu Ntara y’Amajyaruguru, ndetse n’Akarere ka Rwamagana, turara tubonye abayobozi bashya nyuma y’amatora yo kuzuza Inama Njyanama z’Uturere.
Ikigo gishinzwe uburezi mu Rwanda (REB) cyamurikiwe ibikoresho byahawe ibigo by’amashuri yisumbuye 200 mu guteza imbere amasomo y’imibare na siyansi. Ni ibikoresho byaguzwe n’Ikigo Nyafurika giteza imbere Imibare na Siyansi (African Institute Mathematical Sciences) AIMS ku bufatanye na Mastercard Foundation mu guteza (...)
Abarwanyi ba M23 ngo baba bafashe agace ka Mushaki, basatira umujyi wa Sake uri mu birometero 15, abandi barwanyi bakomeza icyerekezo kibaganisha mu Burengerazuba bwa Sake.
Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwatangaje ko bugiye gusubirana ibice abarwanyi bawo bari baravuyemo kugira ngo bigenzurwe n’ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) zari mu butumwa bwo guhagarika intambara.
Colonel Protogène Ruvugayimikore, wari uzwi ku mazina y’amahimbano nka Ruhinda, Gatokarakura na Zolo, yapfuye mu ijoro tariki ya 2 Ukuboza 2023 aguye mu bitaro mu mujyi wa Goma nyuma yo guturikanwa n’igisasu cyari mu cyumba cye.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwamaze guta muri yombi Nkurunziza Ismael w’imyaka 37 umaze iminsi ashakishwa akekwaho gucukura umwobo mu rugo rwe ndetse agashaka kuwutamo umumotari mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke.
Abagabo batanu batuye mu Murenge wa Cyanzarwe, mu Karere ka Rubavu batawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo kwica umukecuru bamuteye amabuye bamushinja kuroga.
Tariki 20 Ukuboza 2023 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hategerejwe amatora y’Umukuru w’Igihugu, amatora y’intumwa z’abaturage ku rwego rw’igihugu, intumwa z’abaturage ku rwego rw’Intara n’abo ku rwego rwa Komini.
Nkurunziza Ismael utuye mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke arashakishwa nyuma yo gukekwaho gushaka guta umumotari mu cyobo yacukuye mu nzu.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abikorera mu Karere ka Rubavu butangaza ko hari icyuho mu gutunga inyemeza bwishyu (Facture) kuko benshi mu bakora ubucuruzi bagomba kuba bafiteEBM imashini ikoreshwa mu gutanga inyemezabwishyu yemewe batazitunze.
Ubuyobozi bwa Kiliziya katolika muri DRC bwagaragaje impungenge bufite ku matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe tariki ya 20 Ukuboza 2023 bitewe n’uburyo imyiteguro ihagaze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwagaragaje ibirango bizajya bigaragaza aka Karere kazwiho kuba irembo ry’ubucuruzi n’ubukerarugendo.
Nyiramariza Emerance avuga ko yari mu bukene bukabije atagira n’icyo gutunga umuryango ariko ashobora kubuvamo abifashijwemo n’umuryango wa World Vision ku bufatanye na KOICA. Nyiramariza Emerance hamwe n’abandi bagore 298 bari mu bukene bukabije mu mirenge ya Gihango na Mushubati mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bashoboye (...)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, buherutse kwandikira ibigo by’amashuri muri aka Karere bubisaba guhagarika guha ibiryo by’abanyeshuri abarimu babigisha.
Abarwanyi ba M23 bakomeje gusatira umujyi wa Sake nyuma yo gufata agace ka Karenga kari ku birometero 8 uvuye mu mujyi wa Sake uri mu Burengerazuba bw’umujyi wa Goma ufatwa nk’umujyi mukuru y’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ku mugezi wa Sebeya hagiye kubakwa inkuta n’ibiraro bizafasha amazi kugenda adasenyeye abaturage.