Rutahizamu Héritier Nzinga Luvumbu wakiniraga ikipe ya Rayon Sports, yamaze gusohoka mu Rwanda, yerekeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, anyuze mu mujyi wa Goma.
Intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Bintou Keita, yamaganye imyigaragambyo yibasira ibikorwa by’Umuryango w’Abibumbye mu mujyi wa Kinshasa.
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zongereye ibitero ku nyeshyamba z’umutwe wa M23 mu bice bya Kibumba, Mweso na Sake.
Abaturage bo mu mujyi wa Sake uherereye ku birometero 27 mu burengerazuba bw’umujyi wa Goma muri RDC, batangiye guhungira i Goma nyuma yo kubona abasirikare bari bahanganye na M23 bataye ibirindiro bagahunga.
Yubahe Beatrice w’imyaka 15 wo mu Murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu, arasabirwa ubutabazi bwihuse bw’amafaranga agera kuri Miliyoni eshanu yo kumufasha kuyungurura amaraso (dialyse), mu gihe hategerejwe ko hakorwa ibizami byo gupima uwamwemereye impyiko no kuyimushyiramo.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu Rwanda Dr Vincet Biruta yamurikiye abitabiriye Rwanda day umusaruro ukomeje kuva mu bikorwa by’ububanyi n’amahanga aho u Rwanda rumaze kugira abaruhagarariye mu bihugu bitandukanye 47 naho abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda bakaba 45.
Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 butangaza ko bwongeye gufata ibice bitandukanye muri Teritwari ya Masisi, uduce twegereye ibirombe by’amabuye y’agaciro i Rubaya.
Abatuye imijyi ya Goma na Gisenyi batangaza ko nubwo mu nkengero z’umujyi wa Goma, humvikana intambara ikomeye, bitabuza abatuye imijyi yombi guhahirana.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), butangaza ko gukoresha ifumbire yo mu bwiherero bigira ingaruka ku buzima bw’abantu, bitewe n’uburyo ikwirakwiza inzoka zo mu nda.
Imirwano hagati ya M23 n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC), yongeye kubura ku mugoroba tariki 21 Mutarama 2024, muri Teritwari ya Nyiragongo ahitwa i Kibumba.
Marie Jeanne Noppen yagizwe Umurinzi w’igihango tariki 29 Ukwakira 2023, mu Ihuriro rya 16 ry’abagize Unity Club Intwararumuri, mu muhango wahuriranye n’umwiherero wa kane w’abagize Unity Club-Intwararumuri, kubera ibikorwa yakoze by’indashyikirwa mu guteza imbere uburezi bw’abana b’abakobwa ashinga Lycée Notre Dame (…)
Urugaga rw’ababaruramari b’umwuga mu Rwanda (ICPAR), rwahuje abakora umwuga w’ibaruramari ry’umwuga n’ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), kugira ngo basobanurirwe impinduka zabaye mu misoro, birinda kuba bagusha ibigo bakore mu mihano.
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zikomeje kwifashisha indege zidatwarwa n’abapilote zizwi nka ‘drone’ mu mirwano ikomeye ibahuje n’inyeshyamba za M23 by’umwihariko muri Teritwari ya Masisi.
Abayobozi b’Uturere n’Umujyi wa Kigali biyemeje gukuraho imbogamizi urubyiruko ruhura na zo mu buzima rubayeho zigatuma rujya mu buzererezi. Abayobozi b’uturere baherutse kubiganiraho ubwo bari mu bikorwa byo gusura urubyiruko ruri mu bigo bya NRS bigororerwamo urubyiruko rwiganjemo urwafatiwe mu buzererezi no mu gukoresha (…)
Ubuyobozi bw’ingabo za Congo, FARDC, bwatangaje ko bwakiriye abasirikare babiri bari bafatiwe mu Rwanda, nyuma yo kuvogera umupaka ku ntera irenga kilometero bagakora ibikorwa byo kwambura abaturage, ndetse umwe akaraswa agapfa ubwo yarimo arwanya inzego z’umutekano.
U Rwanda rwatangiye gutanga ibinini ku babyeyi batwite mu rwego rwo kubafasha kongera amaraso, bigatanga amahirwe yo kugabanya impfu ku bana bavuka no kurwanya igwingira.
Umuturage usanzwe ukora mu kirombe cy’amabuye y’agaciro cy’ikigo cya CEMINYAKI, giherereye mu Kagari ka Burushya mu Murenge wa Nyamyumba azize kubura umwuka.
Abasirikare babiri b’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bafatiwe mu Rwanda, naho undi araraswa ubwo yageragezaga kurwanya inzego z’umutekano.
Abayobozi b’Uturere n’umujyi wa Kigali batangiye ibikorwa byo gusura ibigo bya NRS bigororerwamo urubyiruko 7,225 rwitegura gusubira mu buzima busanzwe.
Moise Katumbi uherutse guhangana na Felix Antoine Tshisekedi watsindiye manda ya kabiri yo kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urugo rwe rwazengurutswe n’abasirikare benshi n’imodoka z’intambara, bamubuza kuva iwe.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Mutarama 2024, umuhanda wa kaburimbo uhuza uturere twa Karongi na Nyamasheke, wongeye kuba nyabagendwa nyuma yo gufungwa n’inkangu mu Murenge wa Gishyita, ahazwi nka Dawe uri mu Ijuru.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’iterambere ry’ubukungu bw’Afurika y’Amajyepfo (SADC), bwatangaje ko Gen Monwabisi Dyakopu ukomoka mu gihugu cy’Afurika y’Epfo, ari we uzayobora ingabo ziri mu butumwa bw’uyu muryango muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Bamwe mu barimu mu Rwanda bagendeye ku iteka rya Perezida no 064/01, ryo ku wa 16/03/2020 rishyiraho sitati yihariye igenga abarimu b’amashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro, bavuga ko badahabwa amafaranga y’igikorwa cyo kwimurwa mu gihe agenwa n’iri tegeko, icyakora ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu (…)
Perezida w’Umutwe w’abarwanyi ba M23, Bertrand Bisiimwa, yatangaje ko ahari ibice uyu mutwe uyobora hatazagendera ku mabwiriza y’Umukuru w’igihugu wa DRC, Antoine Felix Tshisekedi watowe tariki 20 Ukuboza 2023.
Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Ntara y’Iburengerazuba, butangaza ko hari amasomo bwakuye kuri Expo imaze ibyumweru bibiri ibera ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.
Komisiyo y’amatora muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (CENI), yatangaje ko Félix Tshisekedi ari we watsinze amatora aheruka muri icyo gihugu n’amajwi 73, 34 %, mu gihe Moise Katumbi umukurikiye yagize amajwi 18,08%, Martin Fayulu 5,33%, naho Dr Denis Mukwege agira amajwi 0.22%.
Gen Maj Bruno Mpezo Mbele uherutse guhabwa inshingano zo kuyobora ibikorwa by’urugamba mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) muri Kivu y’Amajyaruguru yatawe muri yombi ashinjwa gukorana n’umutwe wa FDLR.
Abatuye mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu basoje umwaka bataramirwa n’abahanzi batandukanye. Barimo Kevin Kade, Bushali, Igisupusupu, Papa Cyangwe, Senderi, Chriss Eazy n’uwitwa Diva.
Raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta mu mwaka wa 2022, yagaragaje ko amashuri mu Rwanda akibonekamo ubucucike bw’abanyeshuri, ku kigero cy’abana 77 mu ishuri rimwe. Ni ikigero kiri hejuru hagendewe kuri gahunda ya Leta, aho biteganywa ko nibura icyumba kimwe cyabamo abana 46.
Komisyo y’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ikomeje kugenda imurika ibyavuye mu matora igendeye ku bice bitandukanye, Félix Antoine Tshisekedi akaba akomeje kugaragaza gutsinda bidasubirwaho.