Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imyubakire (Rwanda Housing Authority - RHA) bwagize icyo buvuga ku mututu wabonetse mu mujyi wa Gisenyi uvuye mu Kirunga cya Nyiragongo muri Gisurasi 2021 watewe n’imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.
Abanyarwanda baturiye ibihugu bikikije u Rwanda bashakana n’abaturage babyo, bakunze kuvuga ko bagorwa no kubona ibyangombwa by’abo bashakanye.
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro, Murindwa Prosper, yijeje abaturiye Pariki ya Gishwati gukurikirana ikibazo cy’inyamaswa ziva muri pariki zikaza kubangiriza ibyo bakora harimo kubicira amatungo hamwe no kubangiriza imyaka.
Abanyarwanda bane bitwaye neza mu marushanwa ya Ironman 70.3 yabereye ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, tariki 5 Kanama 2023, begukanye amahirwe yo kwitabira iryo rushanwa rizabera mu gihugu cya New Zealand.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda (FERWAKA) bwatangaje ko bugiye gushyiraho amarushanwa ya Karate ikinirwa ku mucanga mu gufasha kongera ubumenyi muri Karate ikinirwa mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda, FERWAKA, bwasusurukije abakunzi ba Karate mu Karere ka Rubavu tariki 5 Kanama 2023 ahakiniwe igikombe cyo kwibohora 2023.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwahamagariye Abanyarwanda bose kujya kureba ibyiza bitatse aka Karere gafatwa nk’igicumbi cy’ubukerarugendo n’ubucuruzi, aho kuva tariki ya 3 kugera tariki ya 5 Kanama 2023, habera amarushanwa y’umukino wa Ironman 70.3.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatanze iminsi 14 ku baturiye umugezi wa Sebeya, yo kwimuka byihuse kugira ngo imvura izagwa muri Nzeri 2023 itazabasanga aho batuye bikaba byakongera gutera ibiza bikabagiraho ingaruka, nk’uko byagenze muri Gicurasi uyu mwaka.
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro Murindwa Prosper atangaza ko kimwe mu bibazo byamugoye akigera mu Karere ka Rutsiro ari ikibazo cy’ibiza byangije aka Karere mu ntangiriro ya Gicurasi 2023.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko umuturage yaguye mu kirombe, aho yacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwaburiye abatuye Akarere ka Rutsiro bishora mu byaha byo kwangiza ibidukikije, ko hari amategeko abihanira, basabwa kwirinda kugwa muri ayo makosa, cyane ko bazi ko ibidukikije bibafitiye akamaro.
Bamwe mu baturage batuye mu mirenge ihana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batangaza ko umutekano umeze neza nubwo hamaze iminsi havugwa abarwanyi ba FDLR n’ingabo za Congo (FARDC) zegerejwe umupaka w’u Rwanda.
Ubuyoobzi bwa Kaminuza ya UTB butangaza ko abanyeshuri bagiye mu gihugu cya Qatar, kwimenyereza akazi byarangiye bahawe akazi kubera imyitwarire myiza n’ubushobozi bagaragaje, bituma hategurwa amahirwe yo kohereza abandi.
Ubuyobozi bw’Umuryango mpuzamahanga (STEM Power) ufatanyije na Ambasade ya Israel mu Rwanda, batangije ikigo kizajya gifasha abanyeshuri n’abantu bakuru kwihugura muri Siyansi, ikoranabuhanga n’imibare.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Habitegeko Francois yabwiye Kigali Today ko ubuyobozi butarangaranye abaturiye uruganda rwa Cimerwa bakomeje kwangirizwa n’uru ruganda, ahubwo hari byinshi birimo gukorwa harimo no kubarura abaturage n’imitungo yabo.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), buhamagarira abashoramari bakorera mu Ntara gutinyuka bagashora amafaranga mu mishinga yo kubaka n’inganda, kuko hari amahirwe arimo gutangwa.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Alfred Gasana, avuga ko hari abahora bakubita urutoki ku rundi bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ariko bidashoboka mu gihe Abanyarwanda bashyize hamwe mu kuwurinda.
Abaturage batuye mu Murenge wa Rubavu Akagari ka Gikombe mu Mudugudu wa Gafuku, bavuga ko mu ijoro ryakeye tariki 10 Nyakanga 2023, harasiwe umujura wari umaze kwambura abaturage no kubakomeretsa.
Minisitiri w’Intebe Dr Eduard Ngirente yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’abayobozi b’ikigo cya Tamira kirimo kwita ku nkoko zahawe abatuye umudugudu wa Rugerero guha amagi abatujwe mu mudugudu, ibikorwa byo kugurisha bikazaza nyuma.
Minisitiri w’Intebe Dr Eduard Ngirente, yabwiye Abanyarwanda ko intego yo kwibohora, ari ukugira igihugu gikize, kandi ko bitagerwaho Abanyarwanda badakoze, asaba buri wese gukora neza icyo ashinze, umuyobozi akegera abo ashinze akababera ijisho n’umwarimu mwiza, naho umuturage akaba umunyeshuri mwiza.
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard, yatashye Umudugudu w’icyitegererezo wa Muhira wubatswe mu Murenge Rugerero Karere ka Rubavu, bikaba biri mu rwego rwo kwifatanya n’abanyarwanda kwizihiza umunsi wo Kwibohora.
Tariki ya Nyakanga buri mwaka bimaze kuba umuco ko mu Rwanda hatahwa ibikorwa byagezweho mu kwizihiza umunsi wo kwibohora.
Umuryango Nyarwanda w’abagore bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (Rwanda National Association Deaf Women/RNADW), washyizeho ikigo gifasha abagore n’abakobwa bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, kwiga ururimi rw’amarenga no kurwanya ihohoterwa bakorerwa mu Karere ka Nyamasheke.
Murekatete Triphose wari umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro wirukanywe na Perezida wa Repubulika, hamwe n’Inama Njyanama bakorana, yahererekanyije ubushobozi na Mulindwa Prosper umusimbuye, ashimira abaturage bamutoye.
Ubuyobozi bwa sosiyete ya RICO yahawe isoko rya Gisenyi, butangaza ko bwishimiye kwakira icyangombwa cyo kuryubaka, rikarangira mu gihe gito.
Imvura yaguye mu ijoro tariki 23 Kamena 2023, yasenyeye imiryango itanu mu mujyi wa Gisenyi, ubuyobozi bw’Umurenge wa Gisenyi buvuga ko byatewe n’abakoze umuhanda bagafunga inzira z’amazi, bigatuma ayobera mu nzu z’abaturage.
Ubuyobozi bwa sosiyete RICO (Rubavu Investment Company) yeguriwe kubaka isoko rya Gisenyi bwatangaje ko buzishimira umwanzuro watanzwe na Minisitiri w’ibikorwaremezo Dr Nsabimana Ernest nibwakira icyangombwa cyo kubaka kuko bahagaritswe biteguye kuzuza isoko.
Ni umwanzuro wafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023 nyuma y’uko Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest, hamwe n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority) n’abandi bayobozi batandukanye, basuye isoko rya Gisenyi, hemezwa ko rihabwa icyangombwa cyo kubaka ariko habanje (...)
Urubyiruko 48 rwarangije amasomo yo kugororwa ku kirwa cya Iwawa muri 2022, bahakomereza imirimo, bavuga ko bishimira ko bashoboye gukosorwa bagahabwa imirimo bakazasanga imiryango hari icyo bayishyiriye.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubavu bwemeje ko hari umusore warashwe na Polisi y’u Rwanda mu ijoro rya tariki 14 Kamena 2023, aho yari amaze gutega abantu babiri abambura telefoni n’amafaranga.