MENYA UMWANDITSI

  • Abahinzi b’ibitunguru n’urusenda bagiye gutandukana n’igihombo

    Abahinzi b’urusenda n’ibitunguru mu Turere twa Rubavu, Rulindo, Nyagatare na Bugesera bagiye gutandukana n’igihombo baterwaga no kubura isoko ry’umusaruro bakagurisha umusaruro wabo ku kiguzi gito.



  • Abatuye muri Goma na Nyiragongo bavuga ko babangamiwe n

    I Goma habaye imyigaragambyo yo kwamagana abarwanyi ba Wazalendo

    Abaturage batuye muri Teritwari ya Nyiragongo n’umujyi wa Goma bakoze imyigaragambyo yo kwamagana abarwanyi ba Wazalendo kubera ibikorwa by’ubwicanyi n’ihohoterwa barimo gukorera abaturage, abagize imiryango ya sosiyete sivile bakaba basaba Leta kubakiza ababahungabanyiriza umutekano.



  • Abaturage bishimiye Nkunganire yashyizwe ku mashyiga ya Rondereza

    Abaturage bishimiye Nkunganire yashyizwe ku mashyiga ya Rondereza

    Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe guteza imbere ingufu (EDCL), butangaza ko Leta y’u Rwanda yashyizeho nkunganire ku bantu bagura amashyiga arondereza ibicanwa, mu gukumira iyangizwa ry’ibidukikije no kurinda Abanyarwanda imyotsi itera indwara z’amaso n’iz’ubuhumekero, benshi bakaba barabyishimiye.



  • Icyangombwa cyo kwambuka umupaka cyagabanyirijwe igiciro byongera ubucuruzi hagati ya Gisenyi na Goma

    Rubavu: Bishimiye ko icyangombwa cyo kwambuka umupaka cyagabanyirijwe igiciro

    Abatuye mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu batangaza ko bashima Leta y’u Rwanda, yaborohereje kubona icyangombwa cyambukiranya umupaka bitabagoye, kuko igiciro cyacyo cygabanyijwe cyane.



  • Imirimo yo kubaka icyambu iragana ku musozo

    Rubavu : Huzuye icyambu kizateza imbere ingendo zo mu mazi

    U Rwanda ruritegura kwakira icyambu cya Rubavu kirimo kubakwa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, icyambu kizateza imbere ubuhahirane bw’uturere dutanu tugize Intara y’Iburengerazuba na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane ikirwa cy’Ijwi n’umujyi wa Goma.



  • Amahoteli y

    Amahoteli y’i Rubavu yagizweho ingaruka n’intambara ibera muri Congo

    Abikorera mu Karere ka Rubavu bafite amahoteli n’ibikorwa byakira ba mukerarugendo, batangaza ko umutekano mucye ubarizwa mu Burasirazuba bwa Congo wagize ingaruka ku bikorwa byabo, harimo kugabanuka kw’ababagenderera no kongera ibirarane muri Banki bafitemo inguzanyo.



  • Abanyarwanda barasabwa kutangiza ibyanya bikomye bibumbatiye urusobe rw’ibinyabuzima

    Mu Rwanda hari ibyanya bitandukanye bibonekamo urusobe rw’ibinyabuzima bisigaye hakeya ku isi. Hari ibyanya bimaze kwemerwa ku rwego rw’Isi, nka Pariki y’Ibirunga na Pariki ya Gishwati-Mukura.



  • Abasirikare b

    Ingabo z’u Burundi zari i Masisi zahunze M23

    Ingabo z’igihugu cy’u Burundi zagiye mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri Kivu y’Amajyaruguru muri Teritwari ya Masisi zavuye mu bice zarimo nyuma y’uko abarwanyi ba M23 bashushubikanyije ingabo za Leta ya Congo (FARDC) zari muri Masisi.



  • Abatuye mu mujyi wa Goma bakoresha amazi menshi aturuka mu Rwanda

    U Rwanda rwiteguye gufasha abatuye i Goma babuze amazi n’amashanyarazi

    U Rwanda rwiteguye kuba igisubizo cy’amazi n’amashanyarazi ku batuye umujyi wa Goma waraye mu mwijima nyuma y’uko ipoto ijyana umuriro mu mujyi wa Goma yaguyeho igisasu ikangirika bikomeye mu mirwano yahuje ingabo za Congo FARDC hamwe n’umutwe wa M23 muri Teritwari ya Nyiragongo.



  • Umujyi wa Goma wose waraye mu mwijima

    Umujyi wa Goma waraye mu mwijima

    Umujyi wa Goma utuwe na Miliyoni ebyiri z’abaturage, washyizwe mu icuraburindi n’intambara ibera mu nkenero zawo ihuje abarwanyi ba M23 n’ingabo za Congo, FARDC hamwe n’imitwe izitera inkunga.



  • Ingabo za FARDC ku rugamba zihanganye na M23

    RDC: Imirwano ikomeye yongeye kwaduka i Kibumba isatira Goma

    Nyuma imirwano yabereye mu bice bitandukanye bya Masisi tariki 5 Ugushyingo 2023, ndetse igasiga uduce dukomeye dufashwe n’abarwanyi ba M23, imirwano ikomeye yubuye muri Teritwari ya Nyiragongo mu gice cya Kibumba ku musozi wa Nyamishwi ku kirunga cya Nyamuragira ahari gukoreshwa intwaro zikomeye.



  • Abayobozi batandukanye bakanguriye abaturage kwizigamira

    Rubavu: Abaturage bakanguriwe kwitabira kwizigamira

    Abayobozi batandukanye mu Ntara y’Iburengerazuba, bagaragarije abaturage b’Akarere ka Rubavu ibyiza byo guteganyiriza ahazaza bagamije imibereho myiza, babikesha gukorana n’ibigo by’imari mu bikorwa bibyara inyungu. Ibi bikaba byagarutsweho ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwizigamira, igikorwa cyahujwe n’umuganda usoza (...)



  • Abajya muri DRC barasabwa kwigengesera

    Guverineri Dushimimana yasabye Abanyarwanda bajya muri RDC kwigengesera

    Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert, yasabye Abanyarwanda bakorera ingendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), kwigengesera kuko badakunzwe, abasaba kubahiriza amasaha y’ingendo.



  • U Rwanda rukomeje gukumira imbasa iboneka muri DRC

    U Rwanda rukomeje gushishikariza Abanyarwanda gukingiza abana imbasa, birinda ko hagira uyandura ivuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho iheruka kuboneka.



  • Abajyana amata mu mujyi wa Goma babangamiwe no kwishyurwa nabi

    Abanyarwanda bajyana amata mu mujyi wa Goma bavuga ko bahutazwa mu gihe hari umutekano mukeya ndetse bikagorana kubishyura.



  • Isoko rya Rubavu

    Rubavu : Bumvikanye ku buryo bwo kuzuza isoko rimaze imyaka 13 ryubakwa

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’abashoramari biyemeje kubaka isoko rya Rubavu rimaze imyaka 13 rihagaze, bumvikanye uburyo bwo kubaka iri soko, rikazuzura mbere y’amatora y’Umukuru w’Igihugu.



  • Abaturage bahunga imirwano ya Wazalendo

    RDC: Abarwanyi ba Wazalendo basubiranyemo, abaturage barahunga

    Abaturage batuye muri Teritwari ya Nyiragongo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bahunze ibice batuyemo, kubera gukozanyaho kw’abarwanyi ba Wazalendo, imirwano yabereye i Kanyarucinya.



  • Inkoko zitanga umusaruro wa 94%, abaturage bahabwa amagi yo kurya

    Abatujwe mu Mudugudu wa Rugerero barashimira Perezida Kagame

    Abaturage batujwe mu Mudugudu w’icyitegererezo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bashima Perezida Paul Kagame wabahaye inzu nziza n’umushinga urwanya imirire mibi, bakaba batangiye kwiga uko bivana mu bukene.



  • Mukarutesi Vestine

    Karongi: Umuyobozi w’Akarere aregujwe

    Inama Njyanama y’Akarere ka Karongi yateranye mu nama idasanzwe tariki ya 23 Ukwakira 2023 imaze kweguza Umuyobozi w’Akarere Mukarutesi Vestine azira kugirwa inama ntazubahirize.



  • Abarwanyi ba Wazalendo barimo kwigaragambya ku mupaka muto

    Abarwanyi ba Wazalendo bigaragambirije ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi

    Abarwanyi ba Wazalendo n’indi mitwe bafatanyije kurwanya umutwe w’inyeshyamba wa M23, bigaragambirije ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi bashaka kwinjira mu Rwanda.



  • Umuyobozi wa Pariki y

    Amafaranga agenerwa imishinga y’abaturiye Pariki z’Igihugu akomeje kwiyongera

    Uturere duturiye Pariki z’Igihugu twagenewe amafaranga yavuye mu bukerarugendo asaga Miliyari 3.272Frw, azakoreshwa mu bikorwa byateganyijwe mu ngengo y’imari ya 2023-2024, bijyanye no guteza imbere abaturage, akaba yariyongereye ugereranyije n’imyaka ishize.



  • Abafite ubumuga barasaba koroherezwa ahatangirwa serivisi hose

    Abafite ubumuga barasaba koroherezwa ahatangirwa serivisi hose

    Nubwo mu Rwanda iterambere ryihuta mu burezi, ubuzima, ikoranabuhanga n’ahandi, abafite ubumuga butandukanye bavuga ko hari aho batabona serivisi uko bikwiye, bitewe n’imitere yaho cyangwa n’ubumuga umuntu afite, bagasaba koroherezwa.



  • Bamwe mu banyeshuri bahuye n’ibiza bakeneye ubufasha bw’ibikoresho

    Bamwe mu banyeshuri biga ku kigo cya Rambo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu batangaza ko hari bagenzi babo batagarutse ku ishuri kubera kubura ubushobozi, nyuma y’uko ibiza byibasiye Akarere ka Rubavu bibasenyeye, imiryango yabo ikabura ubushobozi.



  • Amato yakoreshwaga mu burobyi yarahagaze

    Abarobyi babaho bate mu gihe ikiyaga cya Kivu gifunze?

    Buri mwaka (Nzeri n’Ukwakira) hafatwa amezi abiri yo guhagarika uburobyi mu Kiyaga cya Kivu kugira ngo amafi n’isambaza bishobore kongera kororoka, nyuma y’amezi 10 abakora akazi ko kuroba bataruhuka.



  • Impande zihanganye zambariye urugamba

    RDC: Kenyatta yasabye ko imirwano ihagarara muri Kivu y’Amajyaruguru

    Uwahoze ari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, akaba umuhuza w’impande zishyamiranye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yasabye ko imirwano ihagarara muri Kivu y’Amajyaruguru, kugira ngo hakorwe ubutabazi n’ibikorwa byo kugarura amahoro.



  • M23 yongeye kwisubiza Kitchanga nyuma yo kwirukana Wazalendo

    Abarwanyi ba M23 bongeye kwisubiza umujyi wa Kitchanga anyuma y’iminsi ibiri uyobowe n’abarwanyi ba Wazalendo, bari bawuhawe n’ingabo z’Abarundi ziri mu bikorwa byo kugarura amahoro, zari zawuhawe n’abarwanyi ba M23, kugira ngo ukoreshwe mu gucunga umutekano w’abaturage mu gihe hategerejwe ibiganiro byo kurangiza intambara.



  • M23 yigaruriye uduce twari twafashwe na FARDC muri Masisi

    Abarwanyi ba M23 bongeye kwisubiza uduce twari twafashwe n’ingabo za Congo, FARDC n’imitwe bakorana yibumbiye muri Wazalendo muri Masisi, nk’uko byemejwe n’umwe mu bayobozi b’ingabo za Congo ziri ku rugamba.



  • Hafunguwe inyubako ikora insimburangingo

    Rubavu: Hafunguwe inyubako ikorerwamo insimburangingo

    Ikigo Ubumwe Community Center cyita ku bafite ubumuga bukomatanyije mu Karere ka Rubavu, cyatangije inyubako izajya ikora insimburangingo mu gufasha abafite ikibazo cyo kuzibona.



  • Muri Kibumba habaye imirwano ikomeye hagati ya FARDC na M23

    Imirwano ishyamiranyije ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), n’abarwanyi ba M23 ikomeje kugera mu bice bitandukanye uyu mutwe uherereyemo.



  • Senateri Mureshyantwano yemeza ko mu Rwanda hari amabuye y

    Senateri Mureshyankwano ahamya ko u Rwanda rukize ku mabuye y’agaciro

    Senateri Mureshyantwano Marie Rose yemeza ko mu Rwanda hari amabuye menshi y’agaciro, ko abavuga ko rwaba ruyiba mu gihugu cy’abaturage ari ukwirengagiza ukuri, cyangwa kutagira amakuru.



Izindi nkuru: