Tariki 30 Mata 1994 nibwo mu mujyi wa Gisenyi hishwe Abatutsi benshi, nyuma y’ikinyoma cy’ituze Interahamwe zakwirakwije mu mujyi, abari bihishe bakigaragaza, ariko bajyanwa kwicirwa ahitwa kuri Komine Rouge.
Umuntu wa mbere wimwe ubuhungiro mu Gihugu cy’u Bwongereza yoherejwe mu Rwanda ku bushake, mu gihe hari benshi bagiye barwanya koherezwa mu Rwanda hagendewe ku musezerano u Rwanda rwagiranye n’Igihugu cy’u Bwongereza.
Ubuyobozi bw’ubwato ‘Mantis Kivu Queen uBuranga’ bukaba na Hoteli igenda mu kiyaga cya Kivu, bwasobanuye ibyerekeranye n’impanuka y’ubwo bwato bwagonze ibuye rinini riri mu Kivu, ababutwaye bakaba batari babashije kuribona.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye abafite hoteli n’inzu zakira abantu ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, gushyiraho ingamba zikumira impanuka zibera mu mazi harimo gushyiraho, abafasha abantu koga mu kiyaga, kwambara umwenda ukumira impanuka mu mazi hamwe no gushyiraho amato akomeye, ashaje bakayareka.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n’isukura (WASAC) mu Karere ka Rubavu, bwasabye abaturage kubika amazi mu kwirinda ko bayabura mu gihe imvura iguye ari nyinshi ikangiza ibikorwa remezo biyabagezaho.
Ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba bishobora kwibasirwa n’ibiza, bitewe n’amazi y’imvura ishobora kugwa mu kwezi kwa Kane n’ukwa gatanu, ndetse benshi bagakurwa mu byabo bitewe n’imiyaga iva mu nyanja y’Abahinde.
Itorere Angilikani mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, ryatangiye ibikorwa byo kurwanya igwingira bahereye ku mugore utwite, kuko basanga kumukurikirana bizarinda umwana kugira imirire mibi, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’iryo torero, Ndagijimana Céléstin.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bugiye kugenzura imikorere ya gahunda ya Girinka, kugira ngo harebwe uko itanga umusaruro n’aho yagiye igira ibibazo, cyane cyane nk’aho hari abaturage bahabwaga inka nyuma bakazinyagwa, kandi ubundi ngo inka yageze mu rugo igoma kurugumamo.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe imiturire mu Rwanda (Rwanda Housing authority - RHA) bwandikiye inzego zitandukanye buzimenyesha ko atari byiza gukoresha amakaro yo mu bwogero mu gutaka ubwiza bw’inzu z’ubucuruzi mu mijyi itandukanye mu Rwanda.
Abaturage bo mu Mirenge ya Rubavu, Cyanzarwe, Bugeshi na Busasamana yegeranye n’umupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabwe gukumira ibihungabanya umutekano w’u Rwanda.
Abayisilamu bo mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bangiwe gusengera muri stade Ubumwe kubera impungenge z’umutekano muke, baza gusengera mu Rwanda, mu mujyi wa Gisenyi.
Yubahe Beatrice w’imyaka 15 wo mu Murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu, wasabiwe ubutabazi bwihuse bw’amafaranga agera kuri Miliyoni eshanu yo kumufasha kuyungurura amaraso (Dialyse), arashimira ababigizemo uruhare kuko ubufasha yabonye bwatumye ashobora kubyimbuka akaba ategereje ko ahindirirwa impyiko agasubira mu ishuri.
Ubuyobozi bw’umuryango Cyber Rwanda, butangaza ko bwashyizeho urubuga rukubiyemo amakuru ajyanye n’ibyo ingimbi n’abangavu bibaza ku mihindagurikire y’umubiri wabo, ariko bikajyana n’icyerekezo bifuza kuganamo.
Abatuye mu mujyi wa Kamembe batangaza ko bamaze ibyumweru bibiri badafite amazi meza, kubera ibiza byaciye umuyoboro wari usanzwe ubagemurira amazi.
Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Rubavu byabereye mu murenge wa Nyamyumba ahiciwe Abatutsi benshi barimo n’abashoferi batwaraga amakamyo mu ruganda rwa Bralirwa.
Abanyarwanda n’Ingabo z’ u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro Sudani y’Epfo n’inshuti z’u Rwanda tariki ya 7 Mata 2024 bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Imiryango 69 ituye mu Karere ka Rubavu, yashyikirijwe inzu zo kubamo nyuma y’uko basenyewe n’ibiza byabaye muri Gicurasi 2023.
Imihanda y’u Rwanda niyo irimo gukoreshwa mu guhuza urujya n’urujya n’uruza hagati y’imijyi ya Goma, Bukavu na Bujumbura nyuma y’uko u Burundi bufunze imipaka iruhuza n’u Rwanda ndetse abarwanyi ba M23 bagafunga umuhanda uhuza umujyi wa Goma na Bukavu.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu yemeje ko abaturage batuye ku butaka bwa Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) bagomba kubwimurwaho bagahabwa ingurane bagashaka ahandi batura.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu n’abandi bajyanama bane barimo viisi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi, beguye ku nshingano mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Mata 2024.
Nyuma y’amezi ane atorewe kongera kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Félix Antoine Tshisekedi yashyizeho Minisitiri w’Intebe w’umugore witwa Judith Suminwa Tuluka, wari usanzwe muri Guverinoma ya Sama Lukonde wamaze gusezera ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.
Urubyiruko rw’umuryango wa Lotary mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, rwo mu ihuriro ryitwa Rotaract, rwakusanyije inkunga y’ibikoresho byo kwiga imyuga byagenewe abangavu batewe inda mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko hari amadini n’amatorero afunga ubwiherero bw’abayoboke babo bigatuma bagatera umwanda, maze asabwa kwisubiraho.
Abatuye umujyi wa Gisenyi batangaza ko bakomeje kubangamirwa n’amazi y’imvura amanuka aturuka mu mirenge y’icyaro, akaboneza mu mujyi rwagati akabasenyera,kubera kubura inzira.
Amadini n’amatorero akorera mu Karere ka Rubavu, yasabwe kugabanya urusaku nk’uko biteganywa n’itegeko rya Minisitiri w’ibidukikije ryashyizweho mu 2023.
U Rwanda rurahamagarira buri wese kugira uruhare mu guhashya indwara y’igituntu ibarirwa mu ndwara 10 zihitana abantu benshi ku Isi, abafite ibyago byinshi byo guhitanwa n’iyo ndwara bakaba ari abafite ubwandu bwa virusi itera SIDA.
Abagore 300 bakora ubucuruzi buciriritse n’ibindi bikorwa bibateza imbere, bashyikirijwe igishoro cya Miliyoni 50 n’ibihumbi 700Frw azabafasha mu mirimo bakora.
Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwategetse ko Harelimana Joseph uzwi ku mazina ya Apôtre Yongwe ahamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ahanishwa igihano cy’igifungo gisubitse cy’umwaka umwe, acibwa n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 750 Frw.
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu bwasanze abaturage mu nsengero kugira ngo bibutswe gahunda ya Gerayo Amahoro ifasha abantu kwirinda impanuka zo mu muhanda.
Uwumukiza Beatrice wari Perezida w‘Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi, yandikiye Inama Njyanama yari asanzwe ayobora ayigezaho ubwegure bwe.