Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), butangaza ko kubera gutera imiti ya Malaria n’amahugurwa ku ibarura, gusura imfungwa n’abagororwa bisubitswe.
Umuryango w’abaganga batagira umupaka (MSF) ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo utangaza ko umaze kwakira imiryango 635 bahunga intambara ikomeje guca ibintu muri teritwari ya Rutshuru.
Ubuyobozi bw’abinjira n’abasohoka ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashyizeho amasaha mashya yo gufunga umupaka, nyuma y’uko umusirikare wa FARDC ufite ipeti rya Lieutenant arasiwe mu Rwanda amaze gukomeretsa abapolisi babiri bari kuvurirwa mu bitaro bya Gisenyi.
Umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) utaramenyekana umwirondoro, mu masaha ya saa mbiri yinjiye ku mupaka muto uhuza Umujyi wa Goma na Gisenyi, arasa ku bapolisi b’u Rwanda, nyuma na we araraswa ahita apfa.
Imodoka y’Ikigo gitwara abagenzi cya Ritco, mu masaha ya saa kumi n’ebyiri kuri uyu wa Kane tariki 16 Kamena 2022, yahiriye i Karongi irakongoka, ubwo yavaga i Kigali igana i Karongi, yahiriye mu Murenge wa Rubengera.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yasabye Abayobozi b’uturere tw’Intara y’Iburengerazuba kubera urugero rwiza abo bayobora mu mpinduramatwara.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe rigizwe n’ibigo bitwara abagenzi mu Rwanda (ATPR), butangaza ko bwagejejweho amakosa akorwa n’ibigo bitwara abagenzi, ahanini ibitubahiriza amasaha.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yasabye Abanyarwanda bajya guhahira mu mujyi wa Goma kwigengesera, kubera ibikorwa byo guhohotera abavuga Ikinyarwanda birimo kuhakorerwa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwatangije ubukangurambaga bw’isuku, umutekano no gutanga serivisi inoze, igikorwa cyatangiye ku wa tariki 12 kikazagera ku ya 30 Kamena 2022.
Umushinga ArtRwanda-Ubuhanzi, ikiciro cya kabiri watangirijwe mu Karere ka Rubavu ku wa Gatanu tariki 10 Kamena 2022, aho ugomba kuzenguruka uturere twose tw’u Rwanda hashakishwa urubyiruko rufite impano kurusha abandi.
Abaturage bo mu mujyi wa Gisenyi baturiye umupaka wa Petite Barrière, bavuga ko bashyizwe mu kaga n’ibikorwa byo gusenya umuhanda wa kaburimbo wajyaga ku ibagiro rya Gisenyi.
Akarere ka Rubavu kibutse ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, hazirikanwa abagore n’abana bahasize ubuzima.
Ubuyobozi bw’ikigo OVG gishinzwe gukurikirana imihindugurikire y’ibirunga, cyatangaje ko amafi yabonetse hejuru y’amazi mu kiyaga cya Kivu yapfuye ntaho ahuriye na gazi iboneka mu kiyaga cya Kivu nk’uko benshi babiketse, ahubwo ngo ashobora kuba yarishwe n’ibindi bintu bitahise bimenyekana.
Aminadabu Birara, Intwari y’Abasesero yapfuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaba yarabaga mu Bisesero mu Karere ka Karongi, bivugwa ko yishwe tariki 23 Kamena 1994, agwa mu bitero Interahamwe zifatanyije n’abasirikare zagabye ku Batutsi bari ku musozi wa Muyira.
Ubuyobozi bw’Agace ka Minova muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko tariki ya 3 Kamena 2022 batunguwe no kubona amafi n’isambaza mu kiyaga cya Kivu byapfuye bikareremba hejuru y’amazi, bakeka ko byishwe na Gaz iri mu Kiyaga cya Kivu.
Ubuyobozi n’abakozi b’ikigo gishinzwe igororamuco mu Rwanda (NRS), basuye urwibutso rwa Bisesero rushyinguyemo imibiri ibihumbi 48 by’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, bworoza imiryango ibiri y’abarokotse badafite inka.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet, avuga ko ubwato bahawe na Perezida Paul Kagame bwatinze gukoreshwa, kubera igerageza no kugenzura ubuziranenge bwabwo.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yemeye ko abasirikare babiri b’u Rwanda bashimuswe n’Ingabo za RDC barekurwa bagasubizwa u Rwanda.
Imiryango 13 ifite abana bafite ubumuga mu Karere ka Rubavu yasenyewe n’imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, ni yo yashyikirijwe inzu n’Ihuriro nyarwanda ry’abantu bafite ubumuga (NUDOR), ku bufatanye na Caritas Rwanda, inzu zatwaye Miliyoni 48Frw.
Perezida wa Senegal uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yashimiye Perezida Paul Kagame na Perezida Félix Antoine Tshisekedi kubera ubushake bafite mu gukemura ibibazo binyuze mu bwumvikane.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, RDF, bubinyujije mu itangazo bwagaragaje ko ubwo ingabo za FARDC zifatanyije n’abarwanyi ba FDLR, tariki ya 23 Gicurasi 2022 barashe mu Rwanda mu Karere ka Musanze ahitwa mu Kinigi hakomereka Abaturage ndetse hasenyuka inzu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’inzego z’umutekano bamennye ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga bibarirwa mu mafaranga miliyoni 302, hakaba n’amavuta ya mukorogo abarirwa mu mafaranga angana na miliyoni 495.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi CSP Dr. Tuganeyezu Ernest, avuga ko bagifite ibibazo mu kuvura indwara zitandura ku bakoresha ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé), aho ababukoresha hari serivisi badahabwa cyangwa imiti batemerewe, Abasenateri basuye ibyo bitaro bakaba bariyemeje gukora ubuvugizi kuri icyo kibazo.
Intambara ikomeje guhuza abarwanyi ba M23 n’ingabo za FARDC, mu rukerera tariki 24 Gicurasi yabereye muri groupement ya Buhumba, abasirikare ba FARDC bata ibirindiro byabo barahunga.
Ishuri mpuzamahanga ryitwa ‘Isoko/La Source’ rikorera mu Karere ka Rubavu ryatangije ubukangurambaga bwo kuvana imyanda mu mazi y’ikiyaga cya Kivu, imyanda iterwa n’isuri ivuye imusozi hamwe n’itabwamo n’abantu.
Iminsi itanu irihiritse imirwano idasiba hagati y’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), n’inyeshyamba za M23 yongeye kubura, ikaba yongereye ubukana.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi buvuga ko u Rwanda rwa mbere ya Jenoside rwari rwarangiritse, abantu bata indangagaciro z’Umunyarwanda kugera naho abaganga bica abo bagombaga kuvura.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rubavu rusaba ko abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside ku mbuga nkoranyambaga bajya bakurikiranwa, kuko ngo bigira ingaruka mu ku bumwe bw’Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwagaragaje ko imyumvire, ubukene n’amakimbirane ari byo nyirabayazana mu gutera igwingira riruta irindi mu turere mu myaka itanu ishize.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Kikundiro Mabule, yatangarije Kigali Today ko abanyeshuri b’abakobwa bane bari babuze ku ishuri bigaho mu murenge ayobora babonetse nyuma yo gushakishwa.